Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

radiotv10by radiotv10
16/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ibiganiro byayobowe na Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byabereye i Nairobi mu minsi ibiri, havutse umuryango wiswe ‘Sauvons la RDC’ ushyigikiye ibitekerezo bye, wemeje ko ugiye guhita unatangiza ibikorwa bikomeye bya dipolomasi.

Uyu muryango wavutse nyuma y’ibiganiro byabaye hirya y’ejo hashize ku wa Gatatu tariki 14 ndetse n’ejo ku wa Kane tariki 15 Ukwakira 2025, uvuga kandi ko unashyigikiye inzira y’amahoro y’Ihuriro ry’Imiryango ishingiye ku myemerere y’Inama y’Abepisikopi Gatulika n’amadini ya Gikristu CENCO-ECC.

Uyu muryango ugizwe n’abanyapolitiki b’ibanze, ari bo Franck Diongo, Augustin Matata, Seth, Jean-Claude MVuemba, Théophile Mbemba ndete n’abandi bemeye gushyigikira ibyifuzo 12 bya Joseph Kabila Kabange bigamije gusohora Igihugu cya Congo mu bibazo kirimo.

Aba banyapolitiki bahamagariye indi miryango n’imitwe ya politiki ndetse n’indi ya gisivile kwiyunga kuri uyu muryango wabo, mu rwego rwo kurandura ubutegetsi bw’igitugu buriho muri DRC.

Mu itangazo bashyize hanze, bagize bati “Twiyemeje gushyigikira intego zihutirwa zigamije gutabara Congo, zatanzwemo inama na Nyakubahwa Joseph Kabila mu ijambo yagejeje ku Banyagihugu tariki 23 Gicurasi 2025, byumwihariko kandi zifitanye isano n’umurongo wo kurandura igitugu.”

Mu itangazo ry’uyu muryango, wavuze kandi ko ushyigikiye ibiganiro byatanzwemo igitekerezi n’Inama y’Abepisikopi Gatulika muri Congo ndetse n’amadini ya Gikirisitu.

Uyu muryango kandi watangaje ko ugiye gutangiza “ibikorwa bikomeye” bya dipolomasi bigamije gusobanurira amahanga intego yawo mu rwego rwo kurandura ibibazo uruhuri byugarije Igihugu cyabo cya DRC.

Uyu muryango wavutse mu gihe Joseph Kabila wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akomeje kugaragaza imbaraga n’ubushake bigamije guhindura imiyoborere ya kiriya Gihugu, ashinja ubutegetsi buriho kureka Igihugu no kukiganisha mu kangaratete.

Kabila avuga ko afite ubunararibonye buhagije bwatuma atanga umusanzu we mu mpinduramatwara zatuma iki Gihugu cya Congo gisubira ku murongo kuko ubutegetsi burangajwe imbere na Tshesekedi wamusimbuye, bwakiroshye mu manga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + seventeen =

Previous Post

Abazitabira ‘Graduation’ ya Kaminuza y’u Rwanda bashyiriweho uburyo buzaborohereza

Next Post

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Related Posts

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

IZIHERUKA

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw'abafatiwe ibihano n'u Rwanda n'ibyo wabamenyaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.