• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

radiotv10by radiotv10
19/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Senegal warangije uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda rusize Ibihugu byombi birushijeho guteza imbere umubano n’imikoranire, yashimiye Perezida Paul Kagame n’Abanyarwanda ku bwo kumwakirana urugwiro, anashimangira ko u Rwanda ari Igihugu cy’intangarugero.

Ni uruzinduko rwahumuje kuri iki Cyumweru tariki 19 Ukwakira 2025, aho Perezida Bassirou Diomaye Faye yaherekejwe ku Kibuga cy’Indege na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Perezida Diomaye Faye yashimiye Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame.

Yagize ati “Uruzinduko rwanjye mu Rwanda rusize handitswe amateka y’ubuvandimwe n’imikoranire. Ndashimira Perezida Paul Kagame, Guverinoma ye n’Abanyarwanda ku bwo kutwakirana ubwuzu, no kutwitaho neza.”

Yakomeje kandi agaragaza iki Gihugu yasuye nk’intangarugero gikwiye kubera isomo byinshi, ati “U Rwanda rutanga urugero rushimishije mu kwigira no kuzamura serivisi ziganisha ku iterambere, twishimiranye icyubahiro.”

Yavuze kandi ko Igihugu cye cya Senegal n’u Rwanda, byombi ari Ibihugu bikomezanyije urugendo rw’ubufatanye mu kugeza kuri Afurika yigenga kandi irangwa no guhanga udushya.

Uru ruzinduko Perezida Diomaye Faye yatangiye ku wa Gatanu tariki 17 Ukwakira 2025, rwaranzwe n’ibikorwa binyuranye, birimo gusura bimwe mu bikorwa mu Rwanda ndetse n’ibiganiro yagiranye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Ukwakira 2025, Diomaye Faye yasuye Urwibutso rwa Kigali ku Gisozi ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kuri uyu wa Gatandatu kandi yanahawe ikaze na Perezida Kagame mu Biro bye muri Village Urugwiro bagirana ibiganiro byo mu muheezo byakurikiwe no kuyobora isinywa ry’amasezerano y’imikoranire n’ubufatanye hagati y’Ibihugu byombi.

Diomaye Faye yanasuye kandi ikigo Irembo gifite urubuga rwifashishwa n’Abanyarwanda mu kubona serivisi zinyuranye za Leta hifashishijwe ikoranabuhanga, aho Igihugu cya Senegal cyifuza kukireberaho mu guteza imbere ikoranabuhanga.

Kuri iki Cyumweru, kandi mbere yo guhumuza uruzinduko rwe, Perezida Diomaye Faye yanitabiriye Siporo Rusange ari kumwe na mugenzi we Paul Kagame.

Kuri uyu wa Gatandatu yasuye Urwibutso rwa Gisozi
Nyuma yakiriwe na Perezida Kagame muri Village Urugwiro

Kuri iki Cyumweru bagiye muri Siporo rusange

Yashimiye Perezida Kagame n’Abanyarwanda
Ubwo yahumuzaga uruzinduko rwe yaherekejwe na Minisitiri Nduhungirehe ku Kibuga cy’Indege
Yasezeye bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda
Yishimiye gusura u Rwanda n’iminsi itatu yamaze muri iki Gihugu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + five =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Next Post

NAME CHANGE REQUEST

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.