Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

radiotv10by radiotv10
19/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Senegal warangije uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda rusize Ibihugu byombi birushijeho guteza imbere umubano n’imikoranire, yashimiye Perezida Paul Kagame n’Abanyarwanda ku bwo kumwakirana urugwiro, anashimangira ko u Rwanda ari Igihugu cy’intangarugero.

Ni uruzinduko rwahumuje kuri iki Cyumweru tariki 19 Ukwakira 2025, aho Perezida Bassirou Diomaye Faye yaherekejwe ku Kibuga cy’Indege na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Perezida Diomaye Faye yashimiye Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame.

Yagize ati “Uruzinduko rwanjye mu Rwanda rusize handitswe amateka y’ubuvandimwe n’imikoranire. Ndashimira Perezida Paul Kagame, Guverinoma ye n’Abanyarwanda ku bwo kutwakirana ubwuzu, no kutwitaho neza.”

Yakomeje kandi agaragaza iki Gihugu yasuye nk’intangarugero gikwiye kubera isomo byinshi, ati “U Rwanda rutanga urugero rushimishije mu kwigira no kuzamura serivisi ziganisha ku iterambere, twishimiranye icyubahiro.”

Yavuze kandi ko Igihugu cye cya Senegal n’u Rwanda, byombi ari Ibihugu bikomezanyije urugendo rw’ubufatanye mu kugeza kuri Afurika yigenga kandi irangwa no guhanga udushya.

Uru ruzinduko Perezida Diomaye Faye yatangiye ku wa Gatanu tariki 17 Ukwakira 2025, rwaranzwe n’ibikorwa binyuranye, birimo gusura bimwe mu bikorwa mu Rwanda ndetse n’ibiganiro yagiranye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Ukwakira 2025, Diomaye Faye yasuye Urwibutso rwa Kigali ku Gisozi ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kuri uyu wa Gatandatu kandi yanahawe ikaze na Perezida Kagame mu Biro bye muri Village Urugwiro bagirana ibiganiro byo mu muheezo byakurikiwe no kuyobora isinywa ry’amasezerano y’imikoranire n’ubufatanye hagati y’Ibihugu byombi.

Diomaye Faye yanasuye kandi ikigo Irembo gifite urubuga rwifashishwa n’Abanyarwanda mu kubona serivisi zinyuranye za Leta hifashishijwe ikoranabuhanga, aho Igihugu cya Senegal cyifuza kukireberaho mu guteza imbere ikoranabuhanga.

Kuri iki Cyumweru, kandi mbere yo guhumuza uruzinduko rwe, Perezida Diomaye Faye yanitabiriye Siporo Rusange ari kumwe na mugenzi we Paul Kagame.

Kuri uyu wa Gatandatu yasuye Urwibutso rwa Gisozi
Nyuma yakiriwe na Perezida Kagame muri Village Urugwiro

Kuri iki Cyumweru bagiye muri Siporo rusange

Yashimiye Perezida Kagame n’Abanyarwanda
Ubwo yahumuzaga uruzinduko rwe yaherekejwe na Minisitiri Nduhungirehe ku Kibuga cy’Indege
Yasezeye bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda
Yishimiye gusura u Rwanda n’iminsi itatu yamaze muri iki Gihugu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 18 =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Next Post

NAME CHANGE REQUEST

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.