Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

radiotv10by radiotv10
19/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Senegal warangije uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda rusize Ibihugu byombi birushijeho guteza imbere umubano n’imikoranire, yashimiye Perezida Paul Kagame n’Abanyarwanda ku bwo kumwakirana urugwiro, anashimangira ko u Rwanda ari Igihugu cy’intangarugero.

Ni uruzinduko rwahumuje kuri iki Cyumweru tariki 19 Ukwakira 2025, aho Perezida Bassirou Diomaye Faye yaherekejwe ku Kibuga cy’Indege na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Perezida Diomaye Faye yashimiye Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame.

Yagize ati “Uruzinduko rwanjye mu Rwanda rusize handitswe amateka y’ubuvandimwe n’imikoranire. Ndashimira Perezida Paul Kagame, Guverinoma ye n’Abanyarwanda ku bwo kutwakirana ubwuzu, no kutwitaho neza.”

Yakomeje kandi agaragaza iki Gihugu yasuye nk’intangarugero gikwiye kubera isomo byinshi, ati “U Rwanda rutanga urugero rushimishije mu kwigira no kuzamura serivisi ziganisha ku iterambere, twishimiranye icyubahiro.”

Yavuze kandi ko Igihugu cye cya Senegal n’u Rwanda, byombi ari Ibihugu bikomezanyije urugendo rw’ubufatanye mu kugeza kuri Afurika yigenga kandi irangwa no guhanga udushya.

Uru ruzinduko Perezida Diomaye Faye yatangiye ku wa Gatanu tariki 17 Ukwakira 2025, rwaranzwe n’ibikorwa binyuranye, birimo gusura bimwe mu bikorwa mu Rwanda ndetse n’ibiganiro yagiranye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Ukwakira 2025, Diomaye Faye yasuye Urwibutso rwa Kigali ku Gisozi ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kuri uyu wa Gatandatu kandi yanahawe ikaze na Perezida Kagame mu Biro bye muri Village Urugwiro bagirana ibiganiro byo mu muheezo byakurikiwe no kuyobora isinywa ry’amasezerano y’imikoranire n’ubufatanye hagati y’Ibihugu byombi.

Diomaye Faye yanasuye kandi ikigo Irembo gifite urubuga rwifashishwa n’Abanyarwanda mu kubona serivisi zinyuranye za Leta hifashishijwe ikoranabuhanga, aho Igihugu cya Senegal cyifuza kukireberaho mu guteza imbere ikoranabuhanga.

Kuri iki Cyumweru, kandi mbere yo guhumuza uruzinduko rwe, Perezida Diomaye Faye yanitabiriye Siporo Rusange ari kumwe na mugenzi we Paul Kagame.

Kuri uyu wa Gatandatu yasuye Urwibutso rwa Gisozi
Nyuma yakiriwe na Perezida Kagame muri Village Urugwiro

Kuri iki Cyumweru bagiye muri Siporo rusange

Yashimiye Perezida Kagame n’Abanyarwanda
Ubwo yahumuzaga uruzinduko rwe yaherekejwe na Minisitiri Nduhungirehe ku Kibuga cy’Indege
Yasezeye bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda
Yishimiye gusura u Rwanda n’iminsi itatu yamaze muri iki Gihugu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Next Post

NAME CHANGE REQUEST

Related Posts

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

by radiotv10
06/11/2025
0

Mu ishyamba riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habonetse umurambo w’umugore bivugwa ko...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

by radiotv10
06/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu bice byanyuzemo umuhanda mushya wa Nyanza-Bugesera barasaba ko basubirizwaho imiyoboro y’amazi yangiritse ubwo wakorwaga, kuko nubwo...

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

by radiotv10
06/11/2025
0

In recent years, entrepreneurship has become one of the most popular dreams among young people. The idea of being your...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.