• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
21/10/2025
in MU RWANDA
0
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umuntu ujya mu muhanda rwagati mu Mujyi wa Kigali akaryamamo mu bikomeje gukoreshwa na bamwe ku mbuga nkoranyambaga bashaka gususurutsa abantu, Polisi y’u Rwanda yavuze ko bidakwiye kandi ko uwabikoze agomba kubihanirwa.

Ni nyuma yuko umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, ashyize aya mashusho kuri X, abaza Polisi y’u Rwanda niba ibi bikwiye.

Ni amashusho yerekana umuntu w’igitsinagabo ajya mu muhanda rwagati ibinyabiziga biri gutambuka, akicaramo ubundi akaryamamo, aho uyu aba akenyeye mu mutwe umwambaro wo mu ibara ry’ibendera ry’u Rwanda.

Ukoresha Konti yitwa Gapopori (Iratsinze) kuri uru rubuga nkoranyambaga rwa X, yagize ati “Mwaramutse neza Polisi y’u Rwanda. Ese iyi myitwarire nk’iyi mu muhanda iremewe?”

Mu kumusubiza, Polisi y’u Rwanda yavuze ko bidakwiye, kandi ko hari icyo igiye gukora kugira ngo uwakoze ibi abihanirwe hagendewe ku mategeko.

Polisi yasubije igira iti “Ibi bibangamiye ituze ry’abakoresha umuhanda, kandi birashyira mu byago ubikora n’abandi bakoresha umuhanda. Agomba kubihanirwa.”

Aya mashusho bigaragara ko ari amwe mu yashyirwa ku mbuga nkoranyambaga n’ababa bagamije gususurutsa abantu, dore ko amajwi yumvikanamo, haba harimo ijwi rigezweho rigira riti ‘atasa’.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, yaba mu Rwanda no mu bindi Bihugu binyuranye muri iyi minsi, hakomeje kugaragara udukino nk’utu bita ‘prank’, aho bamwe bakora ibintu biba bigaragara ko bidasanzwe mu rwego rwo gushimisha abantu babibona.

Mu Mujyi wa Kigali, hari uwakunze kugaragara ari mu muhanda mu ruhame, ajyenda arya ibiryo, bamwe mu bo bahuye bakamurangarira kuko baba bamubonyeho ibitamenyerewe, mu gihe we aba abikora ntawe yitayeho.

Ukora nk’ibi umaze kwamamara, ni Umunyarwenya Jose Angel Napi Ondo wamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka Napi Official ukomoka muri Guinée Equatoriale, ukunze kugaragara mu mashusho yigize umurwayi wo mu mutwe, aho agendagenda ahantu hanyuranye mu ruhame yambaye imyenda yacikaguritse, rimwe na rimwe agasa nk’usagarira abantu, ariko nyuma akaza kubereka ko yari Prank.

Uyu munyarwenya wanasusurukije abantu mu Rwanda mu bitaramo bizwi nka Gen Z Comedy muri Gicurasi uyu mwaka, akunze kugaragara mu bice binyuranye ku Isi, nk’i Burayi ndetse no mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − five =

Previous Post

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Next Post

Is remote work changing how Kigali residents live?

Related Posts

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Next Post
Is remote work changing how Kigali residents live?

Is remote work changing how Kigali residents live?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.