Wednesday, August 5, 2026
RW|EN
AMAHANGA

Amakuru agezweho mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC

Amakuru agezweho mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’impande zigifasha, rukomeje kurenga ku gahenge kemejwe, rukarasa rukoresheje intwaro zikomeye zirimo indege z’intambara, aho rwarashe mu bice binyuranye byo muri Masisi na Walikare.

Ibi byatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Ukwakira 2025, avuga ko uruhande bahanganye rukomeje umugambi mubisha warwo.

Kanyuka yatangaje “Ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje umugambi wabwo mubisha wo kurasa buhumyi rukoresheje indege z’intambara mu bice bituwemo n’abaturage benshi muri za Lokarite za Nyarushyamba (Masisi), Kashebere (Walikale) no mu bice bihakikije.”

Umuvugizi wa AFC/M23 akomeza avuga ko ibi bitero bikomeye, byatangiye kugabwa kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 21 ndetse bigakomeza no kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Ukwakira 2025, kandi ko bihabanye n’agahenge kemejwe ko guhagarika imirwano.

Lawrence Kanyuka akomeza avuga ko kandi ubu bushotoranyi buri gukorwa n’uruhande bahanganye, bunanyuranyije n’ibiganiro by’amahoro biri kubera i Doha muri Qatar.

Yavuze kandi ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kugaragaza ko budafite ubushake bwo gushaka umuti binyuze mu nzira z’amahoro, kuko ari rwo rukomeje kurangwa n’imyitwarire yo kunyuranya n’ibyemeranyijweho.

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka kandi yakomeje avuga ko iri Huriro bitewe n’uko ibintu byifashe, ryiyemeje kuburizamo ubu bushotoranyi, kandi “rigomba kwirwanaho no kuburizamo ibiribangamiye byose ribisanze ku isoko y’aho bitegurirwa, mu rwego rwo kurinda abaturage b’abasivile.”

Ubu bushotoranyi bukomeje kubaho, mu gihe muri uku kwezi Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iri Huriro AFC/M23 bashyize umukono ku masezerano ashyiraho urwego rushinzwe kugenzura no gukurikirana iyubahirizwa ry’agahenge.

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =