Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

radiotv10by radiotv10
24/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihano Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Turmp yafatitye kompanyi ebyiri zicuruza ibikomoka kuri petrole zo mu Burusiya, byahise bigira ingaruka ku isoko ry’ibi bicuruzwa bisanzwe bigena n’ishusho y’ibiciro by’ibindi.

Ibyo Perezida Donald trump yabyemeje ubwo yari amaze kwakira Mark Rutt, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ubutabarane uhuriweho n’Ibihugu byo ku Mugabane w’u burayi, Canada na Leta Zunze Ubumwe za America (NATO).

Mark Rutte yari yagiye kuganira na Perezida Trump ku buryo bwose bwo bushobora guhagarika intambara u Burusiya bumazemo imyaka 3 n’igice muri Ukraine.

Ku munsi nk’uyu w’icyumweru gishize ni bwo Perezida Trump yaganiriye na mugenzi we utegeka u Burusiya bemeranya ko bashobora guhurira i Budapest muri Hongiriya.

Ubu Trump yavuze ko yahagaritse iyo nama, anashimangira ko yafatiye ibihano u Burusiya. Yagize ati “Nahagaritse inama ikomeye nagombaga kugirana na Perezida putin. Byatewe n’uko nasanze tudashobora kugera aho nifuza. Nsanga nta mpamvu yo guhura, ariko ubwo tuzahura mu gihe kiri imbere.”

Nyuma yo guhagarika iyi nama yagombaga kumuhuza na Perezida Putin; Trump yahise anavuga ko yafatiye u Burusiya ibihano by’ubukungu, icyakora ngo ntabwo yizeye ko nabyo bizashyira iherezo kuri iyi ntambara.

Yagize ati “Nafashe ibihano kubera ko nabonye igihe cyabyo kigeze. Ntabwo nizeye ko ibi bihano bizahagarika iyi ntambara, ariko nizeye ko bizagira ingaruka ku Burusiya. Ariko kompanyi ebyiri twashyiriyeho ibihano ni zo zikomeye mu Burusiya. Nizeye ko bizatuma u Burusiya na Ukraine bashyira mu gaciro. Birasaba igihe.”

Yakomeje agira ati “Aba bantu bombi barazirana cyane, ndagira ngo murabizi kurusha undi muntu wese. Ni yo mpamvu kumvikana bigoye. Guhagarika yi ntambara byakabe byoroshye cyane ariko urwango ruri hagati ya Perezida Zelensky na Putin rurakabije.”

Nyuma y’aho Leta Zunze Ubumwe za America zifashe ibi bihano; ibiciro by’ibikomoka kuri petrole byahise bizamukaho 4%.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters bigaragaza ko kuri uyu wa Kane ibiciro by’ibikomoka kuri petrole ku masoko byahise bitumbagira. Ubu akagunguru kamwe karagura amadorali ya amerika ari hagati ya 61 na 65.

 

Ibi byatumye Ibihugu nk’u Buhindi bitangira gutekereza uku byaca ukubiri n’isoko ry’u Burusiya. Ingaruka z’ibyo bihano zishobora kurushaho gukomera; kuko n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wafatiye u Burusiya bihano ku nshuro ya 19.

Ibi bihano birimo no guhagarika gutumiza mu Burusiya ibikomoka kuri petrole. Uburusiya nibudahagarika intambara, ibyo Bihugu byose bivuga ko bazakomeza gushyira igitutu kuri Perezida Putin binyuze muri iyo nzira y’ibihano.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 19 =

Previous Post

Ibitekerezo bitangwa nyuma yuko hagaragajwe ko umubare w’imanza zisubirishwamo mu Rwanda wiyongera

Next Post

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.