Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

radiotv10by radiotv10
24/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihano Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Turmp yafatitye kompanyi ebyiri zicuruza ibikomoka kuri petrole zo mu Burusiya, byahise bigira ingaruka ku isoko ry’ibi bicuruzwa bisanzwe bigena n’ishusho y’ibiciro by’ibindi.

Ibyo Perezida Donald trump yabyemeje ubwo yari amaze kwakira Mark Rutt, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ubutabarane uhuriweho n’Ibihugu byo ku Mugabane w’u burayi, Canada na Leta Zunze Ubumwe za America (NATO).

Mark Rutte yari yagiye kuganira na Perezida Trump ku buryo bwose bwo bushobora guhagarika intambara u Burusiya bumazemo imyaka 3 n’igice muri Ukraine.

Ku munsi nk’uyu w’icyumweru gishize ni bwo Perezida Trump yaganiriye na mugenzi we utegeka u Burusiya bemeranya ko bashobora guhurira i Budapest muri Hongiriya.

Ubu Trump yavuze ko yahagaritse iyo nama, anashimangira ko yafatiye ibihano u Burusiya. Yagize ati “Nahagaritse inama ikomeye nagombaga kugirana na Perezida putin. Byatewe n’uko nasanze tudashobora kugera aho nifuza. Nsanga nta mpamvu yo guhura, ariko ubwo tuzahura mu gihe kiri imbere.”

Nyuma yo guhagarika iyi nama yagombaga kumuhuza na Perezida Putin; Trump yahise anavuga ko yafatiye u Burusiya ibihano by’ubukungu, icyakora ngo ntabwo yizeye ko nabyo bizashyira iherezo kuri iyi ntambara.

Yagize ati “Nafashe ibihano kubera ko nabonye igihe cyabyo kigeze. Ntabwo nizeye ko ibi bihano bizahagarika iyi ntambara, ariko nizeye ko bizagira ingaruka ku Burusiya. Ariko kompanyi ebyiri twashyiriyeho ibihano ni zo zikomeye mu Burusiya. Nizeye ko bizatuma u Burusiya na Ukraine bashyira mu gaciro. Birasaba igihe.”

Yakomeje agira ati “Aba bantu bombi barazirana cyane, ndagira ngo murabizi kurusha undi muntu wese. Ni yo mpamvu kumvikana bigoye. Guhagarika yi ntambara byakabe byoroshye cyane ariko urwango ruri hagati ya Perezida Zelensky na Putin rurakabije.”

Nyuma y’aho Leta Zunze Ubumwe za America zifashe ibi bihano; ibiciro by’ibikomoka kuri petrole byahise bizamukaho 4%.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters bigaragaza ko kuri uyu wa Kane ibiciro by’ibikomoka kuri petrole ku masoko byahise bitumbagira. Ubu akagunguru kamwe karagura amadorali ya amerika ari hagati ya 61 na 65.

 

Ibi byatumye Ibihugu nk’u Buhindi bitangira gutekereza uku byaca ukubiri n’isoko ry’u Burusiya. Ingaruka z’ibyo bihano zishobora kurushaho gukomera; kuko n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wafatiye u Burusiya bihano ku nshuro ya 19.

Ibi bihano birimo no guhagarika gutumiza mu Burusiya ibikomoka kuri petrole. Uburusiya nibudahagarika intambara, ibyo Bihugu byose bivuga ko bazakomeza gushyira igitutu kuri Perezida Putin binyuze muri iyo nzira y’ibihano.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + nine =

Previous Post

Ibitekerezo bitangwa nyuma yuko hagaragajwe ko umubare w’imanza zisubirishwamo mu Rwanda wiyongera

Next Post

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.