Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibitekerezo bitangwa nyuma yuko hagaragajwe ko umubare w’imanza zisubirishwamo mu Rwanda wiyongera

radiotv10by radiotv10
24/10/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko raporo y’Urwego rw’Umuvunyi igaragaje ko imanza zisubirishwamo zikomeje kwiyongera, abasesenguzi bavuga ko izindi nzego zishinzwe gusesengura imikirize y’imanza, zari zikwiye kureba urubanza rwaciwe mbere, ku buryo Umucamanza waruciye ashobora no guhanwa igihe bigaragaye ko habayemo amakosa.

Ni nyuma yuko muri raporo y’Urwego rw’Umuvunyi, igiye hanze ikagaragaza ko abaturage bagaragarije uru Rwego ko batanyuzwe n’ibyemezo by’inkiko mu mwaka w’Ubucamanza ushinze wa 2024-2025 ari 655 bavuye ku bakabakaba 400.

Nanone kandi mu mwaka w’ubucamanza wa 2024-2025, imanza zaburanishijwe mu rwego rw’akarengane ni 189, muri zo 40 ni zo zahinduriwe ibyemezo, mu gihe izari zafahinduriwe ibyemezo muri 2023-2024 zari 27, naho muri 2022-2023 zikaba zari 27.

Abadepite bibajije impamvu izi manza zisubirishwa zizamuka n’igishobora gukurikiraho ku Rukiko n’Umucanza bari baraciye urubanza rusubirishwamo ku mpamvu z’akarengane.

Depite Mukandekezi Françoise yagize ati “Ariko iyo urebye imanza zasabwe gusubirishwamo zigenda ziyongera uko umwaka utashye, byaba biterwa n’iki? Hanyuma inkiko zarenganije abaturage zo zibibazwa gute?”

Umuvunyi Mukuru, Madamu Nirere Madaleine avuga ko, gusubirishamo imanza, bikunze guterwa n’imyumvire y’abaturage badakunze kunyurwa n’ibyemezo by’inkiko.

Ati “Hari abumva ko gusubirishamo imanza ku mpamvu z’akarengane ari nk’indi nzira y’ubujurire kandi atari byo. Ubundi ni inzira idasanzwe ikoreshwa ubona ko harimo akarengane, tuzakomeza gukangurira abaturage guhitamo kugana inzira y’ubuhuza.”

 

Umucamanza na we yagakwiye kugenzurwa

Umunyamategeko wigenga, Me Ruhumuliza Gatete Nyiringabo avuga ko hari izindi nzego zigenzura imikirize y’imanza ku buryo basesengura basanga hari amakosa yabayemo, hagafatwa ibyemezo bishingiye ku mategeko.

Ati “Niba uri Umucamanza uca urubanza rwajuririrwa rukavuguruzwa, uba uri umuswa iteka uba uri umuswa. Hari ikigo kigenzura Inkiko gisoma imanza nk’izo iyo kimenye uwo Mucamanza bohereza RIB kumugenza niba atarariye ruswa, uko bigenda kose bakwibazaho, ntabwo bakuzamura mu ntera ku buryo bashobora no kukwirukana.”

Ugereranyije izi manza 40 zabonetsemo akarengane n’izasuzumwe zose uko ari 2 256, bigaragara ko ijanisha ry’imanza zibonekamo akarengane riri ku kigero cya 1.8%.

Umuvugizi w’Inkiko, Mutabazi Harrison avuga ko Umucamanza ari we ugena niba izi manza zasabwe n’Umuvunyi gusubirishanwe mu mpamvu z’akarengane.

Ati “Ugomba gusuzuma ubwihutire ni Perezida w’urukiko hagomba gukurikizwa ibyo itegeko riteganye akaba ari we ugira ubwo bushobozi akandikirwa, akamenya agashishoza ku buryo ari we wemeza urubanza rugomba kuburanishwa mbere.”

Raporo y’Umuvunyi igaragaza ko imanza zasabiwe gusubirishwamo zingana na 7%, Imanza zarangijwe binyuze mu buhuza ni 3%.

Iyi raporo itanga umwanzuro ko hakwiye kunozwa inzira yo gusubirishamo imanza ku mpamvu z’akarengane ku buryo butayigira indi ntera y’ubujurire nk’uko ababuranyi benshi bayikoresha.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Kigali this weekend: 5 must-attend youth events (24–27 October 2025)

Next Post

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

Related Posts

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

by radiotv10
10/12/2025
0

Across Rwanda, a new wave of young people is shaping the future through volunteering, activism, and community engagement. From environmental...

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

by radiotv10
10/12/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bavuga ko umuhanda utagira rigore utuma amazi awuturukamo aruhukira...

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

IZIHERUKA

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye
AMAHANGA

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

10/12/2025
Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

10/12/2025
Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

09/12/2025
Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.