Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibitekerezo bitangwa nyuma yuko hagaragajwe ko umubare w’imanza zisubirishwamo mu Rwanda wiyongera

radiotv10by radiotv10
24/10/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko raporo y’Urwego rw’Umuvunyi igaragaje ko imanza zisubirishwamo zikomeje kwiyongera, abasesenguzi bavuga ko izindi nzego zishinzwe gusesengura imikirize y’imanza, zari zikwiye kureba urubanza rwaciwe mbere, ku buryo Umucamanza waruciye ashobora no guhanwa igihe bigaragaye ko habayemo amakosa.

Ni nyuma yuko muri raporo y’Urwego rw’Umuvunyi, igiye hanze ikagaragaza ko abaturage bagaragarije uru Rwego ko batanyuzwe n’ibyemezo by’inkiko mu mwaka w’Ubucamanza ushinze wa 2024-2025 ari 655 bavuye ku bakabakaba 400.

Nanone kandi mu mwaka w’ubucamanza wa 2024-2025, imanza zaburanishijwe mu rwego rw’akarengane ni 189, muri zo 40 ni zo zahinduriwe ibyemezo, mu gihe izari zafahinduriwe ibyemezo muri 2023-2024 zari 27, naho muri 2022-2023 zikaba zari 27.

Abadepite bibajije impamvu izi manza zisubirishwa zizamuka n’igishobora gukurikiraho ku Rukiko n’Umucanza bari baraciye urubanza rusubirishwamo ku mpamvu z’akarengane.

Depite Mukandekezi Françoise yagize ati “Ariko iyo urebye imanza zasabwe gusubirishwamo zigenda ziyongera uko umwaka utashye, byaba biterwa n’iki? Hanyuma inkiko zarenganije abaturage zo zibibazwa gute?”

Umuvunyi Mukuru, Madamu Nirere Madaleine avuga ko, gusubirishamo imanza, bikunze guterwa n’imyumvire y’abaturage badakunze kunyurwa n’ibyemezo by’inkiko.

Ati “Hari abumva ko gusubirishamo imanza ku mpamvu z’akarengane ari nk’indi nzira y’ubujurire kandi atari byo. Ubundi ni inzira idasanzwe ikoreshwa ubona ko harimo akarengane, tuzakomeza gukangurira abaturage guhitamo kugana inzira y’ubuhuza.”

 

Umucamanza na we yagakwiye kugenzurwa

Umunyamategeko wigenga, Me Ruhumuliza Gatete Nyiringabo avuga ko hari izindi nzego zigenzura imikirize y’imanza ku buryo basesengura basanga hari amakosa yabayemo, hagafatwa ibyemezo bishingiye ku mategeko.

Ati “Niba uri Umucamanza uca urubanza rwajuririrwa rukavuguruzwa, uba uri umuswa iteka uba uri umuswa. Hari ikigo kigenzura Inkiko gisoma imanza nk’izo iyo kimenye uwo Mucamanza bohereza RIB kumugenza niba atarariye ruswa, uko bigenda kose bakwibazaho, ntabwo bakuzamura mu ntera ku buryo bashobora no kukwirukana.”

Ugereranyije izi manza 40 zabonetsemo akarengane n’izasuzumwe zose uko ari 2 256, bigaragara ko ijanisha ry’imanza zibonekamo akarengane riri ku kigero cya 1.8%.

Umuvugizi w’Inkiko, Mutabazi Harrison avuga ko Umucamanza ari we ugena niba izi manza zasabwe n’Umuvunyi gusubirishanwe mu mpamvu z’akarengane.

Ati “Ugomba gusuzuma ubwihutire ni Perezida w’urukiko hagomba gukurikizwa ibyo itegeko riteganye akaba ari we ugira ubwo bushobozi akandikirwa, akamenya agashishoza ku buryo ari we wemeza urubanza rugomba kuburanishwa mbere.”

Raporo y’Umuvunyi igaragaza ko imanza zasabiwe gusubirishwamo zingana na 7%, Imanza zarangijwe binyuze mu buhuza ni 3%.

Iyi raporo itanga umwanzuro ko hakwiye kunozwa inzira yo gusubirishamo imanza ku mpamvu z’akarengane ku buryo butayigira indi ntera y’ubujurire nk’uko ababuranyi benshi bayikoresha.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Kigali this weekend: 5 must-attend youth events (24–27 October 2025)

Next Post

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.