Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

radiotv10by radiotv10
24/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi, ariko ko igihe cyose hagize ubibatwerera bagomba guhaguruka bagahangana na we bemye kuko kutabikora na byo nta nyungu bivamo.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Ukwakira 2025 ubwo yakiraga indahiro y’Abasenateri batandatu barimo bane aherutse gushyiraho.

Perezida Kagame yibukije akamaro k’Inteko Ishinga Amategeko, byumwihariko Sena ifite uruhare runini mu miyoborere y’Igihiugu, kuko ituma izindi nzego z’Igihugu zibona aho zishyira imbaraga, kandi ikanakora isuzuma riba rikenewe kugira ngo izo nzego zigume ku murongo.

Ati “Rero guhuza intego z’Igihugu z’igihe kirekire n’ubuzima bwa buri munsi bw’Abanyarwanda, no gukora ku buryo ibyemezo bifatwa bijyanya n’ibyo Abanyarwanda bakeneye kandi bigatanga ibisubizo ku bibazo Abanyarwanda bafite.”

Avuga ko ibyo Abanyarwanda bifuza kandi bakeneye ari byinshi ugereranyije n’amikoro aba ahari, akaba ari na yo mpamvu inzego ziba zigomba gukora mu buryo bwihariye.

Ati “Ni byo bitwibutsa ko no mu mikoro macye tugomba kuyakoresha neza kugira ngo agere ku byo dushobora dushingiye kuri ibyo bicye dufite. Izi nshingano rero Sena iba ifite ntizishobora kwirengagizwa ahubwo zikwiye gukoreshwa neza kugira ngo bicye dufite bigere ku Banyarwanda benshi uko bishoboka ndetse tukabikora ku buryo atari ibintu bisanzwe.”

Yavuze ko bisaba Abasenateri gutanga umurongo w’ibyihutirwa bikenewe gukorwa, ndetse bakanagenzura uko bikorwa, no kuba byakorwa mu gihe gikwiye.

Ati “Politiki yacu kenshi iba igaragara neza mu nyandiko, mu mpapuro, ikintu cy’ibanze cya ngombwa ni uko ibyo byiza byanditswe bishyirwa mu bikorwa ntibihere mu mpapuro gusa, ntibihere mu nyandiko.”

Ibi kandi bigaherekezwa no kubazwa inshingano ku baba batashyize mu bikorwa inshingano zabo ibiba bifitiwe ubushobozi n’amikoro. Ati “Abatujuje inshingabo zabo bakwiye kubibazwa, ibisubizo bigatangwa kugira ngo ubutaha amakosa aba yakozwe atasubiramo.”

 

N’iyo umuturanyi yakoze amakosa inkoni zikubitwa u Rwanda

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko aba bashyizwe mu nshingano bazumva neza kandi bazi n’amateka y’aho Igihugu kiva n’aho kigana, ndetse n’ibibazo gifite.

U Rwanda kandi rusanzwe rufite ibibazo bituruka imbere, ariko hari n’ibituruka hanze, birimo ibihora byegekwa kuri iki Gihugu by’abaturanyi

Ati “U Rwanda n’iyo umuturanyi yakoze amakosa, yateye ibibazo, inkoni zikubitwa u Rwanda, ni twe tugomba kubisubiza. Ibyo na byo mukwiye kubimenya mukabishyira ndetse mu mikorere byerekana ko atari ya mikorere isanzwe ya buri munsi y’abantu bose uko bakora abadahuye n’ibyo bibazo.

Twebwe dufite icyo kibazo, dufite icyo kibazo cy’ubwoko bubiri cy’uko tubazwa ibyacu tukabazwa n’iby’abandi, ni ko biteye, aho kugira ngo abantu babe bakwicara baganye,…batabaze, abantu bishakamo imbaraga zo guhangana n’ibyo ngibyo. Injustice ku Rwanda iri mu mateka, ni amateka ntabwo ari ikintu gishya, ntabwo ari twe tubitera, ariko ni twe tugomba guhangana na byo tukarwana na byo, ntibitubuze inzira.”

Yaboneyeho kandi gusezeranya ko ibyo bibazo byose bidashobora kuvana u Rwanda mu nzira yo kwiyubaka, no kugera aho rushaka kugera.

Ati “Ibyo bishaka ubushishozi, bishaka imbaraga nyinshi tudafite, ariko hari imbaraga z’umutima, z’ubushake, ibyo ntizizagire uburyo hari uzitiranya ko zidahari.”

Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko bagomba guhora bazirikana ko uburenganzira bwo kubaho amahitamo yabo, batagomba kugira icyo babugurana, kandi ko igihe cyose bisaba kubiharanira bagomba guhora biteguye.

Ati “Erega nta muntu dusaba kuduha uburenganzira bwo kubaho, kuko dukwiriye kuba turiho, ibyo ni byo Umunyarwanda utabyumva tuvuye mu mateka tuvuyemo, uba urwaye, uba ufite ikibazo. Guhangana biruta gusabiriza, mujye muhangana, urebe umuntu mu maso mumubwire icyo mugomba kuba mumubwira.”

Yavuze ko kutabikora n’ubundi ntacyavamo, kandi ko abo baba bashaka kuzana ibibazo ku Rwanda, na bo ari abantu nk’Abanyarwanda bityo ko badakwiye kubatinya ngo bababwize ukuri.

Ati “Nutabikora se uravanamo iki ubundi? Uvanamo iki? Abo bantu bakora ibyo ni ibiremwa nkamwe, nta kiremwa kibereyeho kurema abandi bantu cyangwa kubabaza uko babayeho.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko iyi ari yo politiki u Rwanda rwahisemo, kandi ko amahanga na yo akwiye kwicara abizirikana, kandi ko igihe hari abatayumva iki Gihugu cyiteguye guhangana na bo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + eleven =

Previous Post

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Next Post

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.