Monday, October 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri

radiotv10by radiotv10
27/10/2025
in MU RWANDA
0
Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragara abana barengeje imyaka 13 batarakandagira mu ishuri birirwa bazerera bakanishora mu ngeso mbi, aho ababyeyi babo bavuga biterwa n’ubukene bwabo butuma batabona amikoro yo gushyira mu ishuri abana babo.

Aba bana bakunze kugaragara mu Kagari ka Gitwa mu Murenge wa Tumba, banishora mu ngeso mbi zo gukorakora, ndetse bamwe bakirirwa ku muhanda basabiriza.

Ababyeyi babo bavuga ko ubukene ari bwo butuma batarabashije kubajyana ku ishuri. Nyiraneza Claudine avuga ko afite abana babiri batigeze bajya ku ishuri.

Ati “Si uko ntashaka ko abana bajya ku ishuri, ahubwo nta bushobozi. Kubona ibikoresho by’ishuri n’imyenda birancanga. Iyo ndangije imirimo yo mu rugo mba ntazi aho nakura amafaranga yo kubajyana ku ishuri.”

Kankindi Anita  na we yagize ati “Umwana wanjye afite imyaka 13, ariko ntabwo yigeze ajya ku ishuri. Iyo umwana akubwiye ngo ndashaka kwiga ukabona nta kintu ufite mu ntoki birababaza cyane, tubura uko tubigenza ngo bajye kwiga.”

Bamwe muri aba bana batiga bavuga ko bakunda kwiga ariko bakaba barabuze ubushobozi bwo kujya ku ishuri.

Umwe muri bo w’imyaka 13 yagize ati “Njye nifuza kwiga nk’abandi bana, ariko mama ambwira ko nta bushobozi afite. Niba mbona abandi bajya ku ishuri jye ntajyayo kandi twarabyirukanye birambabaza.”

Undi we w’imyaka 12 yagize ati “Ntabwo nigeze njya ku ishuri. Ubu ndara nzenguruka mu gasantere, rimwe na rimwe nkajya gufasha abantu mu mirimo yo mu rugo kugira ngo mbone icyo ndya.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, avuga ko nta rwitwazo na rumwe rukwiye gutuma umwana atajyanwa ku ishuri, kuko Leta ifasha ababyeyi batishoboye.

Ati “Nta mpamvu n’imwe yakabaye ituma umwana atajya kwiga kuko n’ubundi abana badafite ubushobozi barafashwa nk’abatishoboye. Turasaba ababyeyi kujyana abana ku ishuri abadafite ubushobozi bagafashwa.”

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − eleven =

Previous Post

Eng.-Arrest of another notorious FDLR combatant known for extreme cruelty: What message does it send?

Next Post

How musicians are using streaming platforms to make money

Related Posts

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

by radiotv10
27/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko ku bufatanye n’izindi nzego zirimo urw’Ubugenzacyaha RIB, bagiye gukurikirana ibyagaragajwe ko hari abacuruzi bashobora gufata...

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

by radiotv10
27/10/2025
0

Mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi buhangayikishijwe no kuba hari abaturage batafite aho kuba ndetse n’abafite ahatameze neza bakeneye gusanirwa,...

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

by radiotv10
27/10/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yakoreye impanuka mu Karere ka Ngororero ubwo yari itwaye abari bagiye mu birori...

Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?

Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?

by radiotv10
27/10/2025
0

Umusesenguzi mu bya politiki, avuga ko ifatwa ry’umurwanyi wa FDLR uzwi nka Tokyo, ari gihamya ko uyu mutwe w’iterabwoba ari...

Umusore ufungiye gukubita fiyanse we bitegura gukorana ubukwe havuzwe icyo yamuhoye

Umusore ufungiye gukubita fiyanse we bitegura gukorana ubukwe havuzwe icyo yamuhoye

by radiotv10
27/10/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi watawe muri yombi nyuma yo gukubita umukunzi we...

IZIHERUKA

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe
MU RWANDA

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

by radiotv10
27/10/2025
0

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

27/10/2025
Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

27/10/2025
Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

27/10/2025
Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?

Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?

27/10/2025
Umusore ufungiye gukubita fiyanse we bitegura gukorana ubukwe havuzwe icyo yamuhoye

Umusore ufungiye gukubita fiyanse we bitegura gukorana ubukwe havuzwe icyo yamuhoye

27/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
How musicians are using streaming platforms to make money

How musicians are using streaming platforms to make money

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.