Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri

radiotv10by radiotv10
27/10/2025
in MU RWANDA
0
Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragara abana barengeje imyaka 13 batarakandagira mu ishuri birirwa bazerera bakanishora mu ngeso mbi, aho ababyeyi babo bavuga biterwa n’ubukene bwabo butuma batabona amikoro yo gushyira mu ishuri abana babo.

Aba bana bakunze kugaragara mu Kagari ka Gitwa mu Murenge wa Tumba, banishora mu ngeso mbi zo gukorakora, ndetse bamwe bakirirwa ku muhanda basabiriza.

Ababyeyi babo bavuga ko ubukene ari bwo butuma batarabashije kubajyana ku ishuri. Nyiraneza Claudine avuga ko afite abana babiri batigeze bajya ku ishuri.

Ati “Si uko ntashaka ko abana bajya ku ishuri, ahubwo nta bushobozi. Kubona ibikoresho by’ishuri n’imyenda birancanga. Iyo ndangije imirimo yo mu rugo mba ntazi aho nakura amafaranga yo kubajyana ku ishuri.”

Kankindi Anita  na we yagize ati “Umwana wanjye afite imyaka 13, ariko ntabwo yigeze ajya ku ishuri. Iyo umwana akubwiye ngo ndashaka kwiga ukabona nta kintu ufite mu ntoki birababaza cyane, tubura uko tubigenza ngo bajye kwiga.”

Bamwe muri aba bana batiga bavuga ko bakunda kwiga ariko bakaba barabuze ubushobozi bwo kujya ku ishuri.

Umwe muri bo w’imyaka 13 yagize ati “Njye nifuza kwiga nk’abandi bana, ariko mama ambwira ko nta bushobozi afite. Niba mbona abandi bajya ku ishuri jye ntajyayo kandi twarabyirukanye birambabaza.”

Undi we w’imyaka 12 yagize ati “Ntabwo nigeze njya ku ishuri. Ubu ndara nzenguruka mu gasantere, rimwe na rimwe nkajya gufasha abantu mu mirimo yo mu rugo kugira ngo mbone icyo ndya.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, avuga ko nta rwitwazo na rumwe rukwiye gutuma umwana atajyanwa ku ishuri, kuko Leta ifasha ababyeyi batishoboye.

Ati “Nta mpamvu n’imwe yakabaye ituma umwana atajya kwiga kuko n’ubundi abana badafite ubushobozi barafashwa nk’abatishoboye. Turasaba ababyeyi kujyana abana ku ishuri abadafite ubushobozi bagafashwa.”

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Eng.-Arrest of another notorious FDLR combatant known for extreme cruelty: What message does it send?

Next Post

How musicians are using streaming platforms to make money

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
How musicians are using streaming platforms to make money

How musicians are using streaming platforms to make money

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.