• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

radiotv10by radiotv10
27/10/2025
in MU RWANDA
0
Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yavuze ko ku bufatanye n’izindi nzego zirimo urw’Ubugenzacyaha RIB, bagiye gukurikirana ibyagaragajwe ko hari abacuruzi bashobora gufata utuvido turimo umutobe (Jus/Juice) wa Salama uherutse gucibwa ku isoko ry’u Rwanda, bagashyiraho ibirango by’izikorwa n’izindi nganda kugira ngo birinde guhomba izo baranguye.

Mu cyumweru gishize, tariki 20 Ukwakira 2025, inzego zirimo Polisi y’u Rwanda na RIB bagaragaje bimwe mu bicuruzwa byafatiwe mu gikorwa cyiswe Operation Usalama cyo gutahura ibitujuje ibiziranenge, ibitemewe n’ibyinjijwe mu Gihugu mu buryo bwa Magendu.

Muri ibi bicuruzwa, hagaragajwe umutobe wa Salama ukorwa n’uruganda Joyland Company LTD, utujuje ubuziranenge, aho abawucuruza bahise basabwa kuwumena ugakurwa ku isoko ryo mu Rwanda, ndetse abawunyoye, babishoboye bakaba bajya kwa muganga kwisuzumisha kugira ngo barebe ko nta ngaruka wabateye.

Nyuma yuko Polisi isabye abantu gukura ku isoko uyu mutobe, hazamutse impaka, ndetse bamwe bakavuga ko hari abatangiye gukora amanyanga kugira ngo uwo bafite mu maduka ugurwe dore ko wagurwaga cyane kubera igiciro cyawo kiri hasi.

Uwitwa Jachkson Dushimimana ku rubuga nkoranyambaga rwa X, mu butumwa yanyujijeho, yavuze ko hari abacuruzi bafite mu bubiko umutobe mwinshi wo muri ubu bwoko

Ati “Mu rwego rwo kwirinda ko bahomba, bamwe muri bo batangiye gukuraho ibirango bya SALAMA ku tuvido urimo, bagashyiraho iby’indi mitobe ikorerwa mu Bihugu by’ibituranyi (Kenya, Uganda, or Tanzania).”

Uyu yakomeje abaza polisi y’u Rwanda niba izakomeza ubugenzuzi kugira ngo aya manyanga adatuma uriya mutobe ukomeza kugurishwa, nyamara waraciwe.

Yaboneyeho gutanga igitekereza asaba izi nzego ko zasaba uruganda rukora uriya mutobe, kuba rwasubiza amafaranga abacuruzi bari bafite uyu mutobe, kugira ngo bawurusubize, bityo unabashe kuva ku isoko bityo hanirindwe n’ariya manyanga.

Mu kumusubiza, Polisi y’u Rwanda yavuze ko “Ibi binyuranyije n’amategeko kandi ntabwo byakwihanganirwa, Polisi y’u Rwanda ku bufaranye na Rwanda FDA [Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw’Imiti n’Ibiribwa], RIB ndetse n’izindi nzebo bireba, tuzakurikirana iki kibazo.”

Ubwo herekanwaga biriya bicuruzwa bitujuje ubuziranenge byafashwe, inzego zavuze ahakorerwa uriya mutobe, byagaragaye ko hari umwanda ukabije, ndetse n’uburyo ukorwamo bikaba bitujuje ibipimo by’ubuziranenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Next Post

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.