Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

radiotv10by radiotv10
03/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera ibikorwa by’ubutabazi Abanyekongo bo mu burasirazuba bwa DRC, nyuma y’amezi 10 iri huriro rikuye ku ngoyi abo mu mujyi wa Goma na Bukavu, ariko kuva icyo gihe Tshisekedi akabafungira amabanki.

Mu cyumweru gishize, i Paris mu Bufaransa ubwo haberaga inama yiga ku bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, Perezida Emmanuel Macron yavuze ko Igihugu cye cyifuza gukora ibikorwa by’ubutabazi, ariko Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Goma kikabanza gufungurwa kugira ngo ibyo bikorwa bibone uko bikorwa.

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 rigenzura bimwe mu bice byo burasirazuba bwa DRC, yibukije ko mu mpera za Mutarama uyu mwaka, ari bwo bafashe Umujyi wa Goma n’uwa Bukavu.

Yavuze ko nyuma y’ibohozwa ry’iyi Mijyi, Perezida Félix Tshisekedi yatanze itegeko ryo gufunga amabanki ndetse n’ibigo by’imari biciriritse byafashaga abo mu burasirazuba bwa Congo, kandi ko iki cyemezo uretse kuba kinyuranyije n’amategeko, cyari kinagamije gukandamiza Abanyekongo bo mu bwoko bwa Baswahili, bakunze kwitwa abanyamahanga.

Yakomeje avuga ko kugeza icyo gihe aba bantu bari babayeho batagira uwo bategera amaboko, byabinjije mu ihurizo ryo kubaho mu buzima bugoye bakenera uwabagoboka.

Ati “Igitangaje ni uko nyuma y’amezi icumi, ni bwo i Paris (u Bufaransa) n’andi mahanga bibutse gusaba ko batanga ubutabazi bugenewe abo bafungiwe amabanki, abatwariwe amafaranga yabo.”

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Akomeza agira ati “Mbega impuhwe z’abakize bitwaje ubucuruzi bw’ubutabazi. Abifuza gukora ibikorwa by’ubutabazi bihutiye gukoresha umwanya bahimba urwitwazo rushya. Ni uburyarya bwuzuye!”

Yakomeje avuga ati “Ni nk’aho aka kanya ari bwo Tshilombo yibutse ko ababa muri Kivu na bo ari Abanyekongo. Ni nk’aho ababajwe na bo, nyamara mu cyumweru gishize yaraboherereje za Soukhoï na drones ngo zibarimbure nta kurobanura.”

Nangaa kandi yakomeje anibutsa ikibazo cy’Abanyekongo bo muri Minembwe bamaze amezi atandatu basa n’abafungiwe amazi n’umuriro, bakaba bakomeje kwicwa n’inzara, “batabasha kubona umunyu, isabune, imiti ndetse n’ibindi.”

Yakomeje avuga ko iyo Perezida Tshisekedi aza kugirira impuhwe aba Banyekongo ataranzwe no kwimakaza irondobwako, atari gufata icyemezo cyo gufunga amabanki.

Ati “Niba Tshisekesi yaba yisubiyeho ku munota wa nyuma akaba yifuza gufasha abaturage bacu ba Baswahili ngo babeho mu buzima busanzwe, yagakwiye gutangirira ku gufungura amabanki, akareka hakabaho urujya n’uruza rw’abantu n’ibyabo.”

Yavuze ko Abanyekongo bo muri aka gace badafite umuco wo kubaho bategeye abandi amaboko kuko bazi gukora bagatungwa n’ibyo bakuye mu kwiyuha akuya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + nineteen =

Previous Post

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

Next Post

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Related Posts

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.