Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Turere dutatu two mu Ntara y’Amajyepfo bahereweho mu gukosoza imyirondoro yabo kugira ngo bizabafashe kuzahabwa indangamuntu koranabuhanga, baravuga ko bayitegerezanyije amatsiko, kandi ko bayitezeho kuzakemura bimwe mu bibazo bahuraga na byo.

Iki gikorwa cyatangiriye mu Turere twa Huye, Gisagara na Nyanza; two mu Ntara y’Amajyepfo, aho abaturage bari kujya gukosoza imyirondo yabo isanzwe iri muri sisitemi y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu NIDA.

Enok Mugisha, umwe mu baturage bitabiriye iki gikorwa, avuga ko iyi ndangamuntu nshya izorohereza abaturage muri serivisi basanzwe baka mu nzego za Leta.

Ati “Hari igihe ujya kwaka serivisi ugasanga indangamuntu yawe ifite amakosa cyangwa itagaragaza amakuru yose. Kuba batuzaniye uburyo bushya bugezweho, bizadufasha cyane kubona serivisi vuba kandi neza.”

Niyonzima Jean Claude na we avuga ko iyi gahunda igaragaza icyerekezo cyiza mu kunoza imitangire ya serivisi, nk’imwe mu ntego za Leta y’u Rwanda.

Ati “Iyi ndangamuntu izafasha Leta kumenya amakuru yacu byihuse, natwe bigatuma tubona serivisi zitandukanye mu buryo bworoshye, nko gufungura konti cyangwa gusaba pasiporo, n’ibindi.”

Nubwo bishimira iyi gahunda, hari bamwe mu baturage bavuga muri iki gikorwa cyo gukosora imyirondoro bahabwe ikarita ndangamuntu bari guhura n’ibibazo bitandukanye nko kubura internet, bigatuma badahita bakorerwa bigasaba ko bataha bakazongera gusubirayo.

Uwimana Chantal wo mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza yagize ati “Twaje mu gitondo dufite ibyangombwa byose, ariko internet yabuze inshuro nyinshi, bamwe barataha batabashije gukosorerwa. Twifuza ko byanozwa kugira ngo twese tubone indangamuntu nshya neza.”

Hategekimana Thaddée avuga ko hari n’abagaragayeho amakuru adahuye n’irangamimerere yabo, bigatuma basabwa ibindi byangombwa by’inyongera.

Ati “Bamwe bagasanga amazina yabo atandukanye n’ayanditse mu bitabo by’irangamimerere, bakoherezwa kuzagaruka bafite ibyangombwa byemeza ayo makuru. Ibyo bitwara igihe n’amafaranga.”

Mutijima Bernard, umukozi ushinzwe gukurikirana iki gikorwa mu Ntara y’Amajyepfo, yavuze ko ibyo bibazo biri gukurikiranwa kandi bigenda bikemuka uko iminsi igenda ishira.

Ati “Ibibazo bigenda biboneka ni ikirere kiba kitameze neza, ndetse n’utundi tubazo tugenda tugaragara tukadukosora, ariko uko igihe kiri kugenda gishira byose bragenda bikemuka ni uko ari mu itangira.”

Uyu mushinga w’indangamuntu koranabuhanga uteganyijwe gutwara arenga miliyari 101 Frw, ukazafasha mu kunoza uburyo amakuru y’umuturage aboneka kandi agakoreshwa mu buryo bwihuse.

Bavuga ko bategerezanyije amatsiko menshi iyi ndangamuntu

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Next Post

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.