Monday, November 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

radiotv10by radiotv10
10/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bahawe amatara akoresha imirasire y’izuba, nyuma yo gusabwa amafaranga y’ifatabuguzi n’ay’ukwezi yo gukupurirwa, ariko ntibyateye kabiri, ahita apfa.

Aba baturage batuye byumwihariko mu Tugari tutarageramo umuriro w’amashanyarazi, bavuga ko nyuma yo guhabwa ibi bikoresho, babikoresheje igihe gito.

Mukamugema, utuye mu Kagari ka Karama, yagize ati “Badusabye amafaranga mbere yo guhabwa amatara, bongera batubwira ko buri kwezi tugomba kongeraho andi yo kutukupurira. Barayaduhaye, turayatahana, yaka amezi abiri gusa, nyuma dutanga amafaranga ngo badukupurire ariko twarategereje turaheba.”

Habyarimana Emmanuel avuga ko batewe impungenge n’imikorere y’ayo matara, kuko nubwo bayacomekaho umuriro, ataka.

Ati “Amatara arinjiramo umuriro ariko ntaducane. Birakupye, banze kudukupurira. Tuba dufite ubwoba ko bizadutwika bikatwika inzu, kuko buri munsi umuriro ujya mu matara tudakoresha.”

Mukabutera Florida na we avuga ko ikibazo cyabo kimaze igihe kandi batumva impamvu kidakemuka.

Ati “Twagiye ku Murenge inshuro nyinshi tubibabwira, ntibyakemuka. Ubu umwaka urenga urashize tubivuga ntagikorwa. Niba batadukupurira ngo dukoreshe amatara, nibadusubize amafaranga twatanze.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanika, Ndagijimana Jean Marie Vianney, yemeza ko iki kibazo kizwi, avuga ko urutonde rw’abaturage bahuye na cyo rwakozwe kugira ngo gikemurwe.

Ati “Twakoze urutonde rw’abaturage bahuye n’icyo kibazo, turushyikiriza Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu (REG) kugira ngo gikurikirane iki kibazo kuko ari bo ayo ma-companies yagiranye amasezerano na bo. Mu byo turi busabe, turasaba REG gukurikirana izi companies kugira ngo zikemure ikibazo cy’aba baturage.”

Aba baturage bavuga ko bamaze igihe batabona serivisi bagombaga guhabwa kandi barayishyuriye, bagasaba inzego zibishinzwe kubafasha gukemura iki kibazo, kuko kumara igihe mu mwijima bibangamiye imibereho yabo.

Mukabutera Florida abona ibi ari akarengane
Amatara aramanitse ariko ntiyaka
N’ibyuma bituma babona umuriro w’imirasire y’izuba birahari ariko ngo ntibikora
Basaba ko bikemuka
Ngo nibitabonerwa umuti basubizwe amafaranga yabo

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − four =

Previous Post

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Next Post

Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

Related Posts

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

In today’s fast-changing world, having a degree alone isn’t enough. Many opportunities require practical skills that schools don’t always teach....

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

IZIHERUKA

Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze
IBYAMAMARE

Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

by radiotv10
10/11/2025
0

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

10/11/2025
Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

10/11/2025
Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

09/11/2025
Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

08/11/2025
Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.