Tuesday, November 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo

radiotv10by radiotv10
11/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kenya, William Ruto yahakanye uruhare iki Gihugu gishinjwa kugira mu bibazo by’umutekano biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no muri Sudani, avuga ko bimwe mu byo bashingiraho bashinja iki Gihugu, ari uko abantu bose bakibonamo.

Perezida William Kipchirchir Samoei Arap Ruto yabitangaje mu kiganiro yagiranye na televiziyo yo muri Qatar yitwa Al Jazeera. Kenya ishinjwa guha icyanzu abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse no kongera umutekano muke muri Sudani, ndetse hakaba havugwa ko mu kwezi kwa kabiri k’uyu mwaka, abayoboke b’umutwe wa RSF bahuriye muri Kenya.

Hari amakuru avuga ko Perezida Ruto yigeze kwakira umuyobozi w’aba barwanyi, Gen. Mohamed Hamdan Dagalo, bakaganira ku buryo Kenya yamuha intwaro akazishyura zahabu.

Perezida Ruto yahakanye uruhare rushinwa Igihugu cye muri ibyo bikorwa, avuga ko ahubwo ibyo bigaragaza ko Kenya ari Igihugu buri wese yisangamo.

Yagize ati “Kenya ni Igihugu cy’intangarugero muri Demokarasi. Turi Igihugu kimwe rukumbi muri Afurika y’Uburasirazuba no hagati aho abantu bose bateranira bisanzuye. Inama yabereye muri Kenya yari ihuje imiryango itari iya Leta, baganiraga ku kibazo kiri mu Gihugu cyabo ari cyo Sudani.”

Yabajijwe n’umunyamakuru ati “Unashinjwa ko ugemurira intwaro umutwe wa RSF. Ingabo za Sudani zivuga ko ufatanya na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ukazanira RSF intwaro.”

Perezida Ruto yasubije ati “Ibyo ni ibinyoma. Nakubwira ko kubera ko turi igihugu kigendera kuri demokarasi, buri muntu araturega. Na Repubulika ya Demokarasi ya Kongo idushinja ko hari ababayirwanya bateranira i Nairobi. Ni byo, hari abateranira i Nairobi, sinabimenye, ariko ni ukubera ko turi igihugu kigendera kuri demokarasi. Ntabwo twabuza abantu kuza hano. Twe duhangana n’abanyabyaha gusa, ariko ntabwo twakwirukana abantu bari guharanira uburenganzira bwabo. Hano ni ho honyine abantu baganirira ku bibazo byabo bisanzuye.”

Ku bijyanye n’ikibazo cya Sudani, Perezida Ruto yagize ati “Nakubwira ko njye mbona ko abarwanyi ba RSF n’igisirikare cya Sudani ntaho bataniye. Aba bombi bafatanyije guhirika guverinoma. Ntabwo ushobora gutandukanya izo mpande zombi. Icyo nemera ni uko aba bajenerali bombi badafite igisubizo cya Sudani, kuko bose bashaka gukemura ikibazo bakoresheje imbunda. Iki si ikibazo cy’umutekano, ahubwo gishingiye ku miyoborere.”

Muri icyo kiganiro na Al Jazeera, Perezida Ruto yanavuze ko aticuza itegeko yahaye igipolisi ryo kurasa amaguru y’abigaragambya, avuga ko iki cyemezo cyubahirije amategeko agenga uru rwego rushinzwe umutekano, Ariko yongeyeho ko itegeko ritamwemerera gutegeka igipolisi uburyo gikoresha mu kuzuza inshingano zacyo.

Ati “Simbyicuza na gato, kubera ko itegeko ryemerera igipolisi cya Kenya gukoresha imbaraga mu gihe ubuzima bw’abandi baturage buri mu kaga.”

Umunyamakuru yamubajije ati “Ariko hari ubundi buryo byakorwamo udakoresheje amasasu yica?”, Perezida Ruto yasubije agira ati “Ibyo ni ibyawe, ariko nzi ko polisi izi icyo igomba gukora, kandi bazi ko ari inshingano zabo. Ni yo mpamvu mu myaka itatu maze ku butegetsi nakoze ibishoboka byose kugira ngo polisi ibe urwego rwigenga.”

Umunyamakuru yongeye ati “Ariko wategetse polisi kurasa amaguru!”, Perezida Ruto yasubije “Nta tegeko rimpa uburenganzira bwo gutegeka igipolisi.”

Iryo bwiriza Perezida Ruto yaritangarije mu ruhame ku itariki 09 Nyakanga 2025, asaba igipolisi kurasa amaguru y’abigaragambyaga icyo gihe, avuga ko byari bigamije kurinda imitungo y’abaturage yangizwaga.

Ikinyamakuru The Citizen cyanditse ko iyo myigaragambyo yasize abantu 65 bahasize ubuzima, icyakora, nta gihamya cyerekana ko itegeko rya Perezida Ruto ari ryo ryatumye abo baturage bahasiga ubuzima.

Perezida Ruto aherutse kwizeza abaturage be ko abantu bose baburiye ababo muri iyo myigaragambyo bazahabwa indishyi, gusa abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakavuga ko ibyo bidakwiye, kuko ngo nta kiguzi cyasimbura ubuzima bw’umuntu wiciwe muri ibyo bikorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 1 =

Previous Post

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

Next Post

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

Related Posts

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

by radiotv10
11/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rwagabye ibitero bikomeye by’indege...

Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

by radiotv10
11/11/2025
0

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yavuze ko nta Munya-Uganda ushobora kuzana imikino yo kujya mu muhanda ngo agiye kwigaragambya...

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

by radiotv10
10/11/2025
0

Pariki yo mu Kibaya cya N’Sele izwi cyane i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, isanzwe ari iya Joseph...

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

by radiotv10
10/11/2025
0

Leta ya Tanzania yagejeje mu nkiko abantu amagana ibarega icyaha cya gucura umugambi wo kugambanira Igihugu, nyuma y’imyigaragambyo yabaye mu...

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

by radiotv10
10/11/2025
0

Colonel Fureko usanzwe akomoka mu Banyamulenge ukorana n’Umutwe wa Wazalendo na FARDC guhangana na AFC/M23, yatawe muri yombi anakorerwa iyicarubozo...

IZIHERUKA

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

by radiotv10
11/11/2025
0

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

11/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

11/11/2025
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

11/11/2025
Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo

Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo

11/11/2025
Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

11/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by'amatora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.