• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo

radiotv10by radiotv10
11/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kenya, William Ruto yahakanye uruhare iki Gihugu gishinjwa kugira mu bibazo by’umutekano biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no muri Sudani, avuga ko bimwe mu byo bashingiraho bashinja iki Gihugu, ari uko abantu bose bakibonamo.

Perezida William Kipchirchir Samoei Arap Ruto yabitangaje mu kiganiro yagiranye na televiziyo yo muri Qatar yitwa Al Jazeera. Kenya ishinjwa guha icyanzu abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse no kongera umutekano muke muri Sudani, ndetse hakaba havugwa ko mu kwezi kwa kabiri k’uyu mwaka, abayoboke b’umutwe wa RSF bahuriye muri Kenya.

Hari amakuru avuga ko Perezida Ruto yigeze kwakira umuyobozi w’aba barwanyi, Gen. Mohamed Hamdan Dagalo, bakaganira ku buryo Kenya yamuha intwaro akazishyura zahabu.

Perezida Ruto yahakanye uruhare rushinwa Igihugu cye muri ibyo bikorwa, avuga ko ahubwo ibyo bigaragaza ko Kenya ari Igihugu buri wese yisangamo.

Yagize ati “Kenya ni Igihugu cy’intangarugero muri Demokarasi. Turi Igihugu kimwe rukumbi muri Afurika y’Uburasirazuba no hagati aho abantu bose bateranira bisanzuye. Inama yabereye muri Kenya yari ihuje imiryango itari iya Leta, baganiraga ku kibazo kiri mu Gihugu cyabo ari cyo Sudani.”

Yabajijwe n’umunyamakuru ati “Unashinjwa ko ugemurira intwaro umutwe wa RSF. Ingabo za Sudani zivuga ko ufatanya na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ukazanira RSF intwaro.”

Perezida Ruto yasubije ati “Ibyo ni ibinyoma. Nakubwira ko kubera ko turi igihugu kigendera kuri demokarasi, buri muntu araturega. Na Repubulika ya Demokarasi ya Kongo idushinja ko hari ababayirwanya bateranira i Nairobi. Ni byo, hari abateranira i Nairobi, sinabimenye, ariko ni ukubera ko turi igihugu kigendera kuri demokarasi. Ntabwo twabuza abantu kuza hano. Twe duhangana n’abanyabyaha gusa, ariko ntabwo twakwirukana abantu bari guharanira uburenganzira bwabo. Hano ni ho honyine abantu baganirira ku bibazo byabo bisanzuye.”

Ku bijyanye n’ikibazo cya Sudani, Perezida Ruto yagize ati “Nakubwira ko njye mbona ko abarwanyi ba RSF n’igisirikare cya Sudani ntaho bataniye. Aba bombi bafatanyije guhirika guverinoma. Ntabwo ushobora gutandukanya izo mpande zombi. Icyo nemera ni uko aba bajenerali bombi badafite igisubizo cya Sudani, kuko bose bashaka gukemura ikibazo bakoresheje imbunda. Iki si ikibazo cy’umutekano, ahubwo gishingiye ku miyoborere.”

Muri icyo kiganiro na Al Jazeera, Perezida Ruto yanavuze ko aticuza itegeko yahaye igipolisi ryo kurasa amaguru y’abigaragambya, avuga ko iki cyemezo cyubahirije amategeko agenga uru rwego rushinzwe umutekano, Ariko yongeyeho ko itegeko ritamwemerera gutegeka igipolisi uburyo gikoresha mu kuzuza inshingano zacyo.

Ati “Simbyicuza na gato, kubera ko itegeko ryemerera igipolisi cya Kenya gukoresha imbaraga mu gihe ubuzima bw’abandi baturage buri mu kaga.”

Umunyamakuru yamubajije ati “Ariko hari ubundi buryo byakorwamo udakoresheje amasasu yica?”, Perezida Ruto yasubije agira ati “Ibyo ni ibyawe, ariko nzi ko polisi izi icyo igomba gukora, kandi bazi ko ari inshingano zabo. Ni yo mpamvu mu myaka itatu maze ku butegetsi nakoze ibishoboka byose kugira ngo polisi ibe urwego rwigenga.”

Umunyamakuru yongeye ati “Ariko wategetse polisi kurasa amaguru!”, Perezida Ruto yasubije “Nta tegeko rimpa uburenganzira bwo gutegeka igipolisi.”

Iryo bwiriza Perezida Ruto yaritangarije mu ruhame ku itariki 09 Nyakanga 2025, asaba igipolisi kurasa amaguru y’abigaragambyaga icyo gihe, avuga ko byari bigamije kurinda imitungo y’abaturage yangizwaga.

Ikinyamakuru The Citizen cyanditse ko iyo myigaragambyo yasize abantu 65 bahasize ubuzima, icyakora, nta gihamya cyerekana ko itegeko rya Perezida Ruto ari ryo ryatumye abo baturage bahasiga ubuzima.

Perezida Ruto aherutse kwizeza abaturage be ko abantu bose baburiye ababo muri iyo myigaragambyo bazahabwa indishyi, gusa abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakavuga ko ibyo bidakwiye, kuko ngo nta kiguzi cyasimbura ubuzima bw’umuntu wiciwe muri ibyo bikorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Eng.-Priests and nuns from Rwanda, DR Congo, and Burundi gather for a meeting in Kigali

Next Post

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.