Tuesday, November 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

radiotv10by radiotv10
11/11/2025
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Igihigu Ishinzwe Ingufu-REG yasobanuye ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ryabaye ku Cyumweru mu bice hafi ya byose by’Igihugu, ryaturutse ku kibazo cyabaye ku muyoboro uhuza u Rwanda na bimwe mu Bihugu byo mu karere, aho Igihugu gifatira igice cy’Ingufu z’amashanyarazi.

Umuyobozi ushinzwe guhuza REG n’Abafatanyabikorwa, Geoffrey Zawadi yavuze ko ikibazo cy’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ryabaye ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 09 Ugushyingo, ryageze mu bice hafi ya byose by’Igihugu.

Avuga ko ubusanzwe ibura ry’umuriro rituruka ku bibazo bya tekiniki, ku buryo hari igihe biba bidashoboka kubikumira ijana ku ijana, akaba ari na ko byagenze kuri iriya nshuro.

Avuga ko u Rwanda rusanzwe rufite imiyoboro y’umuriro w’amashanyarazi ruhuriraho n’Ibihugu byo mu karere, akaba ari na yo yari yagize ikibazo ubwo habagaho kiriya kibazo.

Ati “Ikibazo cyabaye cyatewe na bimwe muri ibyo bikorwa duhuriyeho n’Ibihugu by’ibituranyi, kikaba cyaratugizeho ingaruka, ariko kigira n’ingaruka ku bandi bo muri ibi Bihugu duturanye.”

Avuga ko ubwo icyo kibazo cyabaga, hakoreshejwe imbaraga zishoboka kugira ngo umuriro w’amashanyarazi ugaruke vuba, kandi hakaba hari no gutekerezwa uburyo ibibazo nka biriya byagabanuka.

Ati “Nubwo twashyiramo imbaraga zingana gute ariko hari igihe biba, ari nkwa kwa kundi umuntu yiyitaho akirinda impanuka ariko bikaba bishobora ko umunsi ku wundi impanuka ishobora kuba. No mu migendekere y’amashanyarazi rero, hari igihe ushyiraho ingamba zihagije kugira ngo amashanyarazi atabura ariko hakaba haba impanuka nk’iyabaye nijoro.”

Yavuze ko nyuma yuko habaye kiriya kibazo, hahise hanatangira gukorwa iperereza ryimbitse rigamije kureba icyagiteye bityo n’imbaraga ziri gushyirwa mu kwirinda ko kitazongera, zibone aho zihera.

Ati “Ese ko haba hariho ingamba, zituma bitaba, ni ukubera iki byarenzeho bikaba? Iperereza ririmo rirakorwa, iyo rero ikibazo cyabiteye kimenyekanye neza, ni ukuvuga ngo wongera ugakaza ingamba zituma kitazongera kuba cyangwa se cyaba gacye kurenza uko byashobokaga, ni bya bindi bavuga ngo ‘Ibuye ryagaragaye ntiriba rikishe isuka’, iyo tumenye icyabiteye hashyirwaho ingamba zo kubikumira kandi izo ngamba n’ubundi zihoraho, ni yo mpamvu atari ibintu tubona kenshi.”

Uretse iri bura ry’umuriro w’Amashanyarazi ryabaye mu bice byinshi by’Igihugu, hamaze iminsi hanumvikana irigenda ribaho mu bice bya hato na hato.

Geoffrey Zawadi avuga ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi rishobora kubaho mu buryo bubiri, burimo nka buriya bw’impanuka bushobora gutuma umuriro ubura mu gace runaka.

Ati “Wenda nk’ipoto iraguye, yatwaraga umuriro muri quartier runaka, icyo gihe abantu babura umuriro tutabiteguye tutanabateguje. Icyo gihe icyo dukora ni ukwihutira kujya gusubizaho umuriro kugira ngo ingaruka z’icyo gikorwa cyabaye zigabanuke.”

Avuga ko hari n’impamvu ishobora kuba yateguwe ijyanye no kubungabunga ibikorwa remezo by’amashanyarazi, nk’igihe cyo gusana cyangwa kongera ibikoresho bishya mu miyoboro y’amashanyarazi, hirindwa ko ibisanzwemo byazateza ibibazo.

Avuga ko iyo hateganyijwe igikorwa nk’iki, Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu REG, ishyira hanze amatangazo, imenyeshya abatuye mu gace runaka ko baza kugira ikibazo cy’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi kubera imirimo iba iteganyijwe gukorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 10 =

Previous Post

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

Related Posts

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusaza w’imyaka 72 wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, wakoraga akazi ko gucukura imva, bamusanze ku nzira...

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

by radiotv10
10/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bahawe amatara akoresha imirasire y’izuba, nyuma...

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

Ikigo gisuzuma ubuziranenge bw'Ibinyabiziga by’umwihariko ibirimo moto zidakoresha amashanyarazi zizajya zipimwa imyuka zisohora, kigiye gutangira gukora, kikaba giherereye mu Murenge...

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

In today’s fast-changing world, having a degree alone isn’t enough. Many opportunities require practical skills that schools don’t always teach....

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

IZIHERUKA

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose
MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

by radiotv10
11/11/2025
0

Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

11/11/2025
Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

10/11/2025
Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

10/11/2025
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

10/11/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

10/11/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.