Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

radiotv10by radiotv10
11/11/2025
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Igihigu Ishinzwe Ingufu-REG yasobanuye ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ryabaye ku Cyumweru mu bice hafi ya byose by’Igihugu, ryaturutse ku kibazo cyabaye ku muyoboro uhuza u Rwanda na bimwe mu Bihugu byo mu karere, aho Igihugu gifatira igice cy’Ingufu z’amashanyarazi.

Umuyobozi ushinzwe guhuza REG n’Abafatanyabikorwa, Geoffrey Zawadi yavuze ko ikibazo cy’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ryabaye ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 09 Ugushyingo, ryageze mu bice hafi ya byose by’Igihugu.

Avuga ko ubusanzwe ibura ry’umuriro rituruka ku bibazo bya tekiniki, ku buryo hari igihe biba bidashoboka kubikumira ijana ku ijana, akaba ari na ko byagenze kuri iriya nshuro.

Avuga ko u Rwanda rusanzwe rufite imiyoboro y’umuriro w’amashanyarazi ruhuriraho n’Ibihugu byo mu karere, akaba ari na yo yari yagize ikibazo ubwo habagaho kiriya kibazo.

Ati “Ikibazo cyabaye cyatewe na bimwe muri ibyo bikorwa duhuriyeho n’Ibihugu by’ibituranyi, kikaba cyaratugizeho ingaruka, ariko kigira n’ingaruka ku bandi bo muri ibi Bihugu duturanye.”

Avuga ko ubwo icyo kibazo cyabaga, hakoreshejwe imbaraga zishoboka kugira ngo umuriro w’amashanyarazi ugaruke vuba, kandi hakaba hari no gutekerezwa uburyo ibibazo nka biriya byagabanuka.

Ati “Nubwo twashyiramo imbaraga zingana gute ariko hari igihe biba, ari nkwa kwa kundi umuntu yiyitaho akirinda impanuka ariko bikaba bishobora ko umunsi ku wundi impanuka ishobora kuba. No mu migendekere y’amashanyarazi rero, hari igihe ushyiraho ingamba zihagije kugira ngo amashanyarazi atabura ariko hakaba haba impanuka nk’iyabaye nijoro.”

Yavuze ko nyuma yuko habaye kiriya kibazo, hahise hanatangira gukorwa iperereza ryimbitse rigamije kureba icyagiteye bityo n’imbaraga ziri gushyirwa mu kwirinda ko kitazongera, zibone aho zihera.

Ati “Ese ko haba hariho ingamba, zituma bitaba, ni ukubera iki byarenzeho bikaba? Iperereza ririmo rirakorwa, iyo rero ikibazo cyabiteye kimenyekanye neza, ni ukuvuga ngo wongera ugakaza ingamba zituma kitazongera kuba cyangwa se cyaba gacye kurenza uko byashobokaga, ni bya bindi bavuga ngo ‘Ibuye ryagaragaye ntiriba rikishe isuka’, iyo tumenye icyabiteye hashyirwaho ingamba zo kubikumira kandi izo ngamba n’ubundi zihoraho, ni yo mpamvu atari ibintu tubona kenshi.”

Uretse iri bura ry’umuriro w’Amashanyarazi ryabaye mu bice byinshi by’Igihugu, hamaze iminsi hanumvikana irigenda ribaho mu bice bya hato na hato.

Geoffrey Zawadi avuga ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi rishobora kubaho mu buryo bubiri, burimo nka buriya bw’impanuka bushobora gutuma umuriro ubura mu gace runaka.

Ati “Wenda nk’ipoto iraguye, yatwaraga umuriro muri quartier runaka, icyo gihe abantu babura umuriro tutabiteguye tutanabateguje. Icyo gihe icyo dukora ni ukwihutira kujya gusubizaho umuriro kugira ngo ingaruka z’icyo gikorwa cyabaye zigabanuke.”

Avuga ko hari n’impamvu ishobora kuba yateguwe ijyanye no kubungabunga ibikorwa remezo by’amashanyarazi, nk’igihe cyo gusana cyangwa kongera ibikoresho bishya mu miyoboro y’amashanyarazi, hirindwa ko ibisanzwemo byazateza ibibazo.

Avuga ko iyo hateganyijwe igikorwa nk’iki, Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu REG, ishyira hanze amatangazo, imenyeshya abatuye mu gace runaka ko baza kugira ikibazo cy’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi kubera imirimo iba iteganyijwe gukorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − eight =

Previous Post

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

Next Post

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.