Friday, November 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

radiotv10by radiotv10
14/11/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Musonera Germain wakoze mu biro bya Minisitiri w’Intebe, wanifuzaga kuba Umudepite akaza gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, yakatiwe gufungwa imyaka 20.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kiyumba mu Karere ka Muhanga, rwanamutegetse kwishyura indishyi z’akababaro zingana na miliyoni 50 Frw.

Uyu mugabo wari ku rutonde rw’abifuzaga kuba Abadepite bahagarariye Umuryango FPR-Inkotanyi, yatawe muri yombi muri Kamena 2024 akekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umugabo witwa Kayihura Jean Marie Vianney, wishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu maburanisha, Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Muhanga, bwavuze ko mu bihe bya Jenoside yakorewe Abatutsi, Musonera yari akuriye urubyiruko muri Komini ya Nyabikenke.

Ubushinjacyaha bwavuze kandi uyu mugabo yari afite akabari kacurirwagamo umugambi wa Jenoside, ndetse kazaga no kunyweramo Interahamwe zabaga zivuye gukora Jenoside.

Mu maburanisha, kandi Ubushinjacyaha bwavugaga ko uregwa yanatanze imbunda ebyiri zakoreshejwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bugasaba urukiko kumuhamya ibyaha, rukamukatira gufungwa burundu.

Uregwa we yaburanye ahakana ibyaha ashinjwa, aho yavugaga ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, atari i Nyabikenke, kuko icyo gihe yari yarasubiye kwiga.

Mu gusoma icyemezo cy’Urukiko kuri uyu wa Kane tariki 13 Ugushyingo 2025, Urukiko Rwemeje ko ikirego cy’Ubushinjacyaha gifite ishingiro, runemeza ko uregwa ahamwa n’icyaha cy’ubufatanyacyaha ku cyaha cya Jenoside.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kiyumba mu Karere ka Muhanga rwahanishije igifungo cy’imyaka 20 Musonera, ndetse runategeka ko yishyura Ibuka indishyi y’akababaro ingana na miliyoni 50 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 6 =

Previous Post

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Next Post

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Related Posts

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

by radiotv10
14/11/2025
0

Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu REG, yateguje ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice bimwe byo mu Turere twa Nyarugenge, Nyamasheke na...

Umushoramari Eugene Nyagahene ufite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene ufite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje ko agiye kuhubaka...

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

by radiotv10
14/11/2025
0

Abakoresha Gare ya Nyanza barasaba ko yakongerwa cyangwa igasanwa, kuko yabaye nto cyane ugereranyije n’umubare w’ibinyabiziga n’abagenzi biyongereye muri iyi...

Hanga Pitchfest 2025: Rwanda’s Biggest Tech Event Returns to Spotlight Young Innovators

Hanga Pitchfest 2025: Rwanda’s Biggest Tech Event Returns to Spotlight Young Innovators

by radiotv10
14/11/2025
0

Rwanda is once again opening the stage for young innovators and startups to shine as Hanga Pitchfest 2025 draws closer....

Women Empowerment: Striking a Balance or Creating a Divide?

Women Empowerment: Striking a Balance or Creating a Divide?

by radiotv10
14/11/2025
0

In the past decade, the term “women empowerment” has become one of the most talked-about subjects across the world and...

IZIHERUKA

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose
IMIBEREHO MYIZA

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene ufite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene ufite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

14/11/2025
Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

14/11/2025
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

14/11/2025
Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y'ibyishimo ataha amwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

Umushoramari Eugene Nyagahene ufite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.