• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

radiotv10by radiotv10
17/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yakiriye mugenzi we w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, banayobora isinywa ry’amasezerano hagati y’Ibihugu byabo, mu bijyanye n’ubuhinzi.

Ni uruzinduko rwabaye kuri iki Cyumweru tariki 16 Ugushyingo 2025, aho Perezida Félix Tshisekedi yakiriye Ndayishimiye mu biro bye nyuma y’Inteko ya 9 y’Umuryango w’Ibiyaga Bigari.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya DRC, bivuga ko uku guhura kw’abakuru b’Ibihugu “babanje kugirana ibiganiro mu gihe cy’igice cy’isaha baganira” bigakurikirwa no kugirana ibiganiro byagutse ku mikoranire.

Perezidansi ya DRC ivuga ko “Binyuze muri ibi biganiro, Abakuru b’Ibihugu b’Ibihugu byombi baangiye ibitekerezo ku bibazo by’Ibihugu byombi n’iby’akarere.”

Ibi Biro by’Umukuru w’Igihugu cya Congo Kinshasa kandi bikomeza bivuga ko “impande zombi zemeranyijwe guteza imbere imikoranire mu rwego rw’Ubuhinzi.”

Nanone kandi Abakuru b’Ibihugu byombi, bayoboye isinywa ry’amasezerano y’ubu bufatanye mu rwego rw’Ubuhinzi, ryashyizweho umukono na bamwe mu bagize Guverinoma z’Ibihugu byombi bafite mu nshingano uru rwego.

Aya masezerano akubiyemo ibijyanye n’ubushakashatsi mu by’ubuhinzi, amahugurwa ndetse no guhanahana inzobere muri uru rwego, ibijyanye no gukumira no guhangana n’indwara zibasira ibihingwa, ndetse n’ibijyanye n’inganda zitunganya ibikomoka ku buhinzi.

Uretse ibijyanye n’Ubuhinzi, abakuru b’Ibihugu kandi banaganiriye ku mishinga ihuriweho irimo ubucuruzi bwambukiranya imipaka y’ibi Bihugu.

Aya masezerano yo mu rwego rw’Ubuhinzi, abaye nyuma y’imyaka ibiri, aba Bakuru b’Ibihugu byombi, banasinyanye andi masezerano y’imikoranire mu bya gisirikare, yashyizweho umukono muri 2023.

Aya masezerano, yatumye Igihugu cy’u Burundi cyohereza abasirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gufatanya na FARDC mu rugamba rwo guhangana n’Ihuriro AFC/M23 rigizwe n’Abanyekongo baharanira uburenganzira bwabo byumwihariko ubw’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi bakunze kubwamburwa kuva cyera.

Amakuru avuga ko kugeza ubu u Burundi bufite abasirikare barenga ibihumbi icumi muri DRC, biganje mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, banavugwaho gufatanya na FARDC ndetse n’indi mitwe nka FDLR na Wazalendo, gukomeza guhohotera Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, aho byumwihariko ubu abugarijwe ari abo mu muryango w’Abanyamulenge.

Perezida Tshisekedi yakiriye Ndayishimiye bagirana ibiganiro
Bayoboye isinywa ry’amasezerano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

Next Post

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy'amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.