• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

radiotv10by radiotv10
21/11/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane
Share on FacebookShare on Twitter

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe mu gushyira mu bikorwa ibyemeranyijweho, birimo kurandura umutwe wa FDLR.

Ni ibiganiro byabereye i Washington D.C tariki ya 19 n’iya 20 Ugushyingo 2025, byitabiriwe n’intumwa zihagarariye u Rwanda, DRC, Leta Zunze Ubumwe za America, Qatar, Togo nk’umuhuza washyizweho n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ndetse n’izihagarariye Komisiyo y’uyu Muryango.

Iyi nama ya kane y’Urwego rw’Umutekano ruhuriweho JSCM (Joint Security Coordination Mechanism), yari igamije gusuzumira hamwe ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’Amahoro yashyizweho umukono tariki 27 Kamena 2025.

Itangazo rya Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, rivuga ko “Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda biyemeje gutera intambwe mu kubahiriza ingengabihe y’ibikorwa ‘Operations Order’ (OPORD) mu gushyira mu bikorwa umushinga w’ibikorwa (CONOPS) hagamijwe guhuza umugambi mu kurandura FDLR, ndetse no gukuraho ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda.”

Iri tangazo rikomeza rivuga ko “JSCM yasuzumye intambwe z’impande zose mu korohereza gukomeza kwambura intwaro, gucyura no gusubiza mu buzima busanzwe abarwanyi ba FDLR.”

Nanone kandi, abitabiriye iyi nama, banarebeye hamwe ingingo zigaragaza intambwe yatewe mu bikorwa by’icyiciro cya mbere cya OPORD, zirimo gusangizanya amakuru y’ubutasi, ndetse n’amakuru y’ibikorwa byakozwe na DRC birimo ubukangurambaga bwo gushishikariza abaturage kudakorana na FDLR, ndetse no guhamagarira abagize uyu mutwe gushyira hasi intwaro.

Impande zitabiriye iyi nama kandi zanaboneyeho gusasa inzobe ku mbogamizi n’ibyuho bigihari, ndetse n’amahirwe y’ibyakorwa kugira ngo iki cyiciro cya mbere kigere ku ntego.

Uru rwego ruhuriweho kandi rwanaganiriye ku cyiciro cya kabiri cy’ibikorwa bya OPORD, kigizwe no kurandura umutwe wa FDLR ndetse no gukuraho ingamba z’ubwirinzi zashyizweho n’u Rwanda.

Nanone kandi abitabiriye ibi biganiro, banarebeye hamwe mu buryo bwagutse ku nzira z’amahoro, banashimira imbanzirizamushinga y’Amasezerano y’Amahoro aherutse gusinyirwa i Doha muri Qatar hagati ya Guverinoma ya DRC ndetse n’Ihuriro AFC/M23, ku buhuza bwa kiriya Gihugu cya Qatar.

Abagize uru rwego JSCM bashimangiye inyungu yava mu guhuza Amasezerano y’Amahoro y’i Washington ndetse n’ay’i Doha.

Iri tangazo rya Guverinoma ya US, rikagira riti “Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC bashimiye Leta Zunze Ubumwe za America, Qatar na Afurika Yunze Ubumwe ku bw’inkunga bakomeje gutanga muri nzira z’amahoro.”

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America kandi yatangaje ko u Rwanda na DRC bakomeje gushimangira ko bafite umuhate mu kugera ku mahoro arambye n’ituze mu burasirazuba bwa DRC no mu karere k’Ibiyaga Bigari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Next Post

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.