Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

radiotv10by radiotv10
22/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Igihugu cya Ukraine cyavuze ko kidashobora kubahiriza amasezerano yateywe na Leta Zunze Ubumwe za America agamije kurangiza intambara kiriya Gihugu gifitanye n’u Burusiya, arimo ingingo isaba Ukraine guha u Burusiya kamwe mu duce twayo.

Ni nyuma yuko itsinda ry’intumwa za Leta Zunze Ubumwe za Amerika rigiye i Kyiv kuganira n’inzego nkuru za Ukraine kuri gahunda yo guhagarika intambara.

Abo bagiyeyo mu gihe hagaragara inyandiko irimo ingingo 28 bivugwa ko ari amasezerano Leta Zunze Ubumwe za Amerika zateguye mu rwego rwo guhagarika iyi ntambara.

Aya masezerano arimo ingingo isaba Ukraine guha u Burusiya igice cy’ubutaka, ikibagirwa inzozi zo kujya muri NATO. Ukraine kandi bayisaba ko itagomba kurenza abasirikare ibihumbi 600 mu Gihugu cyose.

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Bwana Marco Rubio, na we aherutse kugaragaza ko guhagarika iyi ntambara bisaba ko buri ruhande rugira icyo rwigomwa.

Abagize Akanama gashinzwe Umutekano mu Muryango w’Abibumbye bahise bateranira kuri iyo ngingo.

Uhagarariye Ukraine yavugiye imbere ya bagenzi be ko imirongo itukura bashyizeho yose igomba kubanza kubahirizwa.

KHRYSTNA HAYOVYSHYN, yungirije ambasaderi w’icyo Gihugu mu Muryango w’Abibumbye, yagize ati “Nk’uko bisanzwe duhora twiteguye kuganira na Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’abafatanyabikorwa bacu bo ku mugabane w’u Burayi n’isi yose kugira ngo tugere ku mahoro.

Duhora dushaka ko iyi ntambara ihagarara mu buryo bwa nyabwo. Ni muri urwo rwego nshaka kuvuga ibi bikurikira:

Icya mbere: ubwo Ukraine yagaragazaga ubushake bwo kuganira kugeza ku rwego rw’abakuru b’ibihugu, hari imirongo ntarengwa twashyizeho. Ntabwo tuzigera twemera ko ubutaka bwa Ukraine Uburusiya bwigaruriye bubarwa nk’ubwabo. Ntabwo ubutaka bwacu bugurishwa.

Ukraine ntabwo izigera yemera gutegekwa urwego itagomba kurenza mu kwirwanaho, haba ku bikoresho ndetse n’umubare w’ingabo zacu.Ntabwo tuzigera twemera abadutegeka imiryango twemerewe kujyamo.

Abashaka amahoro bagomba kuzirikana uyu murongo ngenderwaho. Nta kintu kivuga kuri Ukraine mu gihe Ukraine itakirimo. Nta kivuga ku Burayi mu gihe budahagarariwe.

Ntabwo tuzigera duhemba abafite umugambi wa jenoside kuko bakomeje kwangiza ibituziranze birimo n’ururimi rwacu.”

Ayo masezerano ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatumye Abanyaburayi bateranira kuri iki kibazo.

Emmanuel Jean-Michel Frédéric Macron uyobora Ubufaransa, Chancelier w’Ubudage Bwana Joachim-Friedrich Martin Josef Merz, Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Sir Keir Rodney Starmer bagiranye ikiganiro kuri telefone na Perezida wa Ukraine, Bwana Volodymyr Olexandrovych Zelenskyy.

Iyi nama ya bane yakozwe mu buryo bw’ikitaraganya yari igamije gusuzuma imiterere y’amasezerano yateguwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Bakimara gusoza iyo nama yabereye kuri telefone, Perezida wa Ukraine yavuze ko basuzumiye hamwe uburyo bwo kurangiza iyi ntambara mu buryo burimo icyubahiro.

Biteganyijwe ko abo Banyaburayi bazateranira muri Afurika y’Epfo ejo ku wa Gatandatu. Ibyo biganiro kuri iyi ngingo bazabijyamo.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + six =

Previous Post

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Next Post

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.