Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

radiotv10by radiotv10
22/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Igihugu cya Ukraine cyavuze ko kidashobora kubahiriza amasezerano yateywe na Leta Zunze Ubumwe za America agamije kurangiza intambara kiriya Gihugu gifitanye n’u Burusiya, arimo ingingo isaba Ukraine guha u Burusiya kamwe mu duce twayo.

Ni nyuma yuko itsinda ry’intumwa za Leta Zunze Ubumwe za Amerika rigiye i Kyiv kuganira n’inzego nkuru za Ukraine kuri gahunda yo guhagarika intambara.

Abo bagiyeyo mu gihe hagaragara inyandiko irimo ingingo 28 bivugwa ko ari amasezerano Leta Zunze Ubumwe za Amerika zateguye mu rwego rwo guhagarika iyi ntambara.

Aya masezerano arimo ingingo isaba Ukraine guha u Burusiya igice cy’ubutaka, ikibagirwa inzozi zo kujya muri NATO. Ukraine kandi bayisaba ko itagomba kurenza abasirikare ibihumbi 600 mu Gihugu cyose.

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Bwana Marco Rubio, na we aherutse kugaragaza ko guhagarika iyi ntambara bisaba ko buri ruhande rugira icyo rwigomwa.

Abagize Akanama gashinzwe Umutekano mu Muryango w’Abibumbye bahise bateranira kuri iyo ngingo.

Uhagarariye Ukraine yavugiye imbere ya bagenzi be ko imirongo itukura bashyizeho yose igomba kubanza kubahirizwa.

KHRYSTNA HAYOVYSHYN, yungirije ambasaderi w’icyo Gihugu mu Muryango w’Abibumbye, yagize ati “Nk’uko bisanzwe duhora twiteguye kuganira na Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’abafatanyabikorwa bacu bo ku mugabane w’u Burayi n’isi yose kugira ngo tugere ku mahoro.

Duhora dushaka ko iyi ntambara ihagarara mu buryo bwa nyabwo. Ni muri urwo rwego nshaka kuvuga ibi bikurikira:

Icya mbere: ubwo Ukraine yagaragazaga ubushake bwo kuganira kugeza ku rwego rw’abakuru b’ibihugu, hari imirongo ntarengwa twashyizeho. Ntabwo tuzigera twemera ko ubutaka bwa Ukraine Uburusiya bwigaruriye bubarwa nk’ubwabo. Ntabwo ubutaka bwacu bugurishwa.

Ukraine ntabwo izigera yemera gutegekwa urwego itagomba kurenza mu kwirwanaho, haba ku bikoresho ndetse n’umubare w’ingabo zacu.Ntabwo tuzigera twemera abadutegeka imiryango twemerewe kujyamo.

Abashaka amahoro bagomba kuzirikana uyu murongo ngenderwaho. Nta kintu kivuga kuri Ukraine mu gihe Ukraine itakirimo. Nta kivuga ku Burayi mu gihe budahagarariwe.

Ntabwo tuzigera duhemba abafite umugambi wa jenoside kuko bakomeje kwangiza ibituziranze birimo n’ururimi rwacu.”

Ayo masezerano ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatumye Abanyaburayi bateranira kuri iki kibazo.

Emmanuel Jean-Michel Frédéric Macron uyobora Ubufaransa, Chancelier w’Ubudage Bwana Joachim-Friedrich Martin Josef Merz, Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Sir Keir Rodney Starmer bagiranye ikiganiro kuri telefone na Perezida wa Ukraine, Bwana Volodymyr Olexandrovych Zelenskyy.

Iyi nama ya bane yakozwe mu buryo bw’ikitaraganya yari igamije gusuzuma imiterere y’amasezerano yateguwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Bakimara gusoza iyo nama yabereye kuri telefone, Perezida wa Ukraine yavuze ko basuzumiye hamwe uburyo bwo kurangiza iyi ntambara mu buryo burimo icyubahiro.

Biteganyijwe ko abo Banyaburayi bazateranira muri Afurika y’Epfo ejo ku wa Gatandatu. Ibyo biganiro kuri iyi ngingo bazabijyamo.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 6 =

Previous Post

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Next Post

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Related Posts

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.