Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

radiotv10by radiotv10
22/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America zitangaje ko zitazitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize G20 bikize kurusha ibindi ku Isi, ibera muri Afurika y’Epfo, Perezida w’iki Gihugu kigiye kuba icya mbere muri Afurika kiyakiriye, yavuze amagambo atashimishije kiriya Gihugu.

Kuri uyu wa Gatandatu, Abakuru b’Ibihugu bikize kurusha ibindi, barateranira i Johannesburg mu nama yiga ku iterambere ry’ubukungu bw’isi. Abakuru b’ibihugu bikomeye ku isi mu bukungu, imiryango y’ibihugu n’abatumirwa muri iyi nama bamaze kugera muri Afurika y’Epfo, ariko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nk’Igihugu cya mbere ku isi mu bukungu, yanze kwitabira iyi nama.

Icyakora Perezida wa Afurika y’Epfo, Bwana Matamela Cyril Ramaphosa, yavuze ko i Washington bamumenyesheje ko bifuza guhindura ibitekerezo.

“Twakiriye ubutumwa buvuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko turacyabiganiraho. Barashaka guhindura ibitekerezo bakitabira iyi nama mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Ibiganiro birakomeje.

Ibi bije mbere y’amasaha make kugira ngo inama itangire. Turacyaganira ngo turebe uko byakorwa. Ibi twabyakiriye neza. Nk’uko nkunda kubivuga; politiki yo kwigumura ntacyo imaze. Ni byiza kwitabira inama aho kwigumura. Ibihugu byose bikomeye mu bukungu biri hano. Leta Zunze Ubumwe za Amerika nk’ikiyoboye ibindi muri urwo rwego, cyakagombye kuba kiri hano.Nishimiye kumva ko hari ibyo bahinduye.

Turacyabiganiraho. Ni ingenzi gusobanukirwa ibishoboka n’ibidashoboka, ukanamenya n’ibigomba guhinduka. Ibihugu byose bigize uyu muryango wa G20 byihariye 85% by’umusaruro mbumbe w’isi yose, byihariye 75% by’ubucuruzi ku isi, kandi bigize 1/3 cy’abatuye isi bose.

Kugira ngo uyu muryango ugere ku ntego zo guteza imbere ubukungu bw’isi no kwimakaza imikoranire mu bukungu, nta gihugu kigomba gukoresha amategeko atanditse kugira ngo gipyinagaze abandi.

Ntabwo aho igihugu giherereye, ubukungu gifite cyangwa ingabo gifite bitanga uburenganzira bwo kugena abafite ijambo n’abagomba gusuzugurwa. Ibyo bivuze ko nta Gihugu kigomba gusuzugura ikindi. Twese turangana.”

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntizahakanye ko zafashe umwanzuro wo kutitabira iyi nama. Ariko igice cya kabiri cy’ayo magambo ya Perezida wa Afurika y’Epfo bagaragaje ko kitabashimishije.

Karoline Leavitt, umuvugizi w’ibiro bya Perezida Trump, yagize ati “Ntabwo twahindutse ku ijambo. Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntabwo iri mu biganiro bigamije kwitabira inama ya G20 muri Afurika y’Epfo.

Nabonye Perezida wa Afurika y’Epfo avuga nabi Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Perezida w’iki gihugu. Irya mvugo ntabwo Perezida n’itsinda rye bayishimiye.

Ariko umuntu uhagarariye ambasade yacu muri Afurika y’Epfo azajya kwakira ubuyobozi bw’iyi nama kugira ngo tuzayakire. Nta biganiro bihari, kabone n’ubwo Perezida wa Afurika y’Epfo avuga amagambo atari yo.”

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigumuye kuri iyi nama igiye kubera ku mugabane wa Afurika ku nshuro ya mbere. Bashinja Afurika y’Epfo ko yananiwe gukemura ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa Abanya-Afurika y’Epfo b’abazungu. Amerika ivuga ko bakorerwa jenoside, ariko Afurika y’Epfo ikabihakana.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Related Posts

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

by radiotv10
19/11/2025
0

Eswatini yabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye umuti wa Lenacapavir, ukora nk'urukingo rurinda umuntu kwandura Virusi itera SIDA, rutangwa...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

IZIHERUKA

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika
AMAHANGA

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

by radiotv10
22/11/2025
0

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

21/11/2025
Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.