Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

radiotv10by radiotv10
22/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America zitangaje ko zitazitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize G20 bikize kurusha ibindi ku Isi, ibera muri Afurika y’Epfo, Perezida w’iki Gihugu kigiye kuba icya mbere muri Afurika kiyakiriye, yavuze amagambo atashimishije kiriya Gihugu.

Kuri uyu wa Gatandatu, Abakuru b’Ibihugu bikize kurusha ibindi, barateranira i Johannesburg mu nama yiga ku iterambere ry’ubukungu bw’isi. Abakuru b’ibihugu bikomeye ku isi mu bukungu, imiryango y’ibihugu n’abatumirwa muri iyi nama bamaze kugera muri Afurika y’Epfo, ariko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nk’Igihugu cya mbere ku isi mu bukungu, yanze kwitabira iyi nama.

Icyakora Perezida wa Afurika y’Epfo, Bwana Matamela Cyril Ramaphosa, yavuze ko i Washington bamumenyesheje ko bifuza guhindura ibitekerezo.

“Twakiriye ubutumwa buvuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko turacyabiganiraho. Barashaka guhindura ibitekerezo bakitabira iyi nama mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Ibiganiro birakomeje.

Ibi bije mbere y’amasaha make kugira ngo inama itangire. Turacyaganira ngo turebe uko byakorwa. Ibi twabyakiriye neza. Nk’uko nkunda kubivuga; politiki yo kwigumura ntacyo imaze. Ni byiza kwitabira inama aho kwigumura. Ibihugu byose bikomeye mu bukungu biri hano. Leta Zunze Ubumwe za Amerika nk’ikiyoboye ibindi muri urwo rwego, cyakagombye kuba kiri hano.Nishimiye kumva ko hari ibyo bahinduye.

Turacyabiganiraho. Ni ingenzi gusobanukirwa ibishoboka n’ibidashoboka, ukanamenya n’ibigomba guhinduka. Ibihugu byose bigize uyu muryango wa G20 byihariye 85% by’umusaruro mbumbe w’isi yose, byihariye 75% by’ubucuruzi ku isi, kandi bigize 1/3 cy’abatuye isi bose.

Kugira ngo uyu muryango ugere ku ntego zo guteza imbere ubukungu bw’isi no kwimakaza imikoranire mu bukungu, nta gihugu kigomba gukoresha amategeko atanditse kugira ngo gipyinagaze abandi.

Ntabwo aho igihugu giherereye, ubukungu gifite cyangwa ingabo gifite bitanga uburenganzira bwo kugena abafite ijambo n’abagomba gusuzugurwa. Ibyo bivuze ko nta Gihugu kigomba gusuzugura ikindi. Twese turangana.”

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntizahakanye ko zafashe umwanzuro wo kutitabira iyi nama. Ariko igice cya kabiri cy’ayo magambo ya Perezida wa Afurika y’Epfo bagaragaje ko kitabashimishije.

Karoline Leavitt, umuvugizi w’ibiro bya Perezida Trump, yagize ati “Ntabwo twahindutse ku ijambo. Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntabwo iri mu biganiro bigamije kwitabira inama ya G20 muri Afurika y’Epfo.

Nabonye Perezida wa Afurika y’Epfo avuga nabi Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Perezida w’iki gihugu. Irya mvugo ntabwo Perezida n’itsinda rye bayishimiye.

Ariko umuntu uhagarariye ambasade yacu muri Afurika y’Epfo azajya kwakira ubuyobozi bw’iyi nama kugira ngo tuzayakire. Nta biganiro bihari, kabone n’ubwo Perezida wa Afurika y’Epfo avuga amagambo atari yo.”

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigumuye kuri iyi nama igiye kubera ku mugabane wa Afurika ku nshuro ya mbere. Bashinja Afurika y’Epfo ko yananiwe gukemura ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa Abanya-Afurika y’Epfo b’abazungu. Amerika ivuga ko bakorerwa jenoside, ariko Afurika y’Epfo ikabihakana.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 2 =

Previous Post

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Next Post

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.