Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

radiotv10by radiotv10
22/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije
Share on FacebookShare on Twitter

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo abahawe amasomo yo guteka, bavuga ko bajyanye icyizere gihagije ku isoko ry’umurimo.

Kuri uyu wa Gatanu ni bwo Kaminuza ya EAUR yatanze impamyabushobozi 340 ku batetsi (Chef de Cuisine) 228 n’abacunga ububiko (Stock Managers) 112 bigiye ku murimo.

Umuyobozi ushinzwe ubushakashatsi muri EAUR, Dr. Mbonimana Gamariel akaba ari na we wayoboye ibi bikorwa, avuga ko babateguriye ibizamini bitandukanye mu myuga bigiye ku murimo, barabikora barabitsinda niko guhabwa impamyabushobozi (Certificate).

Aragira ati: “Ntabwo twigeze tubigisha, ahubwo twabakoresheje ibizamini duhereye ku bushobozi bagakwiye kuba bafite kuko aba ari abantu bakoze akazi neza, bafite ubushobozi, ubunararibonye ariko nta mpamyabushobozi bagiraga.”

Aba baravuga ko iyi mpamyabushobozi babonye ibongereye kwigirira icyizere no kuba bayerekana aho bayisaba mu gihe bagiye gushaka akazi.

Uwitwa Thicien Mbangukira aragira ati: “Impamyabushobozi nahawe iri ku rwego rwa Kaminuza, bivuze ko ndi kugenda nzamuka kandi izatuma njya gushaka akazi nkakabona kuko mfite iyi mpamyabushobozi kubera ko bazaba bangiriye icyizere.”

Umuyobozi wa Kaminuza ya EAUR, Prof. Kabera Callixte avuga ko aba bahawe impamyabushobozi bari bagowe no kutabona akandi kazi ahandi kuko nta cyangombwa bari bafite.

Aragira ati: “Babaga mu kazi mu buryo busa n’ubutemewe kubera kutagira impamyabushobozi, ariko ni abantu bari basanzwe bazi akazi, bazi gukora neza ariko byabagoraga kuva ahantu hamwe bakajya ahandi kuko nta cyangombwa.”

Gutanga impamyabushobozi ni gahunda ya Leta y’u Rwanda yashyizemo imbaraga kugira ngo abigiye ku murimo nabo bakoreshwe ibizamini, nibatsinda bahabwe impamyabushobozi zizahamya ubushobozi bafite.

Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Amashuri y’Imyuga n’Ubumenyingiro ushinzwe guteza imbere ubumenyingiro, Bwana Eugene Uwimana, avuga ko kuva iyi gahunda yo gutanga izi mpamyabushobozi ibayeho imaze gutanga umusaruro kuko umubare munini wabonye akazi, abandi bakihangira umurimo.

Aragira ati: “Imibare dufite uyu munsi, twagiye tubona abantu banyuze muri izi gahunda ari abigishirijwe ku murimo bahereye kuri zeru nta kintu bazi, nuko byibura 84% babonye akazi harimo 13.7% bashoboye kwihangira umurimo. Biragaragara ko biri gutanga umusaruro.”

Kaminuza ya EAUR irateganya kongera umubare w’abo izaha impamyabushobozi bigiye ku murimo mu bihe biri imbere.

Kuva mu mwaka wa 2017, kuva iyi gahunda yo gutanga impamyabushobozi ku bigiye ku murimo yatangira, hamaze gutangwa impamyabushobozi 23,296. Leta y’u Rwanda ikaba ifite intego yo kongera uyu mubare ukagera ku bihumbi 70 mu mwaka wa 2019.

Abahawe impamyabushobozi bashimye ubumenyi bahawe
Dr.Mbonimana Gamariel
Prof.Kabera Callixte

NTAMBAGA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + thirteen =

Previous Post

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Next Post

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.