Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

radiotv10by radiotv10
25/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, batangiye kwikanga ko bashobora kugarizwa n’amapfa nyuma yuko ibishyimbo bahinze bitewe n’udusimba, none mu gihe cyo kuyanga no kuzana imiteja bikaba byarapfunyaraye.

Aba baturage bo mu Kagari ka Bunyoni, Umurenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko ibishyimbo byabo byari bigeze mu gihe cyo kuzana imiteja, ariko bikaba byaribasiwe n’utu dusimba tw’umweru n’utw’umukara.

Sibomana Juvenal ati “Ubusimba bwajemo burabigundiza ku buryo ahakaje umuteja usanga habaye nk’ahasa n’umukara hakuma.”

Nyirahategekimana Speciose na we ati “Buriya ibishyimbo byarapfuye, uduteja tugira ngo turaje tugapfunyara, noneho hari n’indi ndwara yaje ku buryo uruyange ruza rukaba n’ibirabyo.”

Nizeyimana Emmanuel ati “Bimeze nabi rwose kuko hajemo udusimba tw’umukara, hongera haza utw’umweru, rero n’ubwo ubona bisa neza nta muteja.”

Aba baturage bakomeza bavuga ko hatagize igikorwa ntakabuza ngo imbere yabo haba hari inzara, bityo bagasaba ubutabazi.

Nizeyimana Emmanuel ati “Inzara yo turi kuyibona imbere. None se nk’ubu uyu mubyeyi ntiyari yahinze aha azi ko azahavana udushyimbo twa mbere ku bunani! Nawe urabona ko atazageramo. Rero nimudutabarize tubone imiti wenda ibya nyuma tubirokore.”

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ishami rya Gakuta, buvuga ko akenshi udusimba nk’utu tugaragara muri aka gace duterwa n’imihindagurikire y’ikirere gusa tugateza imyaka amavirusi.

Icyakora ngo imiti irahari ndetse igiye guhita iterwa byihuse muri iyo myaka, nk’uko Kimenyi Martin uyobora RAB ishami rya Gakuta abisobanura.

Kimenyi Martin ati “Utwo dusimba tw’umweru dukunze kuva cyane cyane mu ishyamba. Buriya dushishikariza abaturage ko igihe bakitubona batumenyesha, kuko nk’utwo tw’umukara dukunze kuza igihe imvura ari nkeya. Igikorwa rero kiramenyerewe kandi imiti irahari. Ngiyi kuvugana n’umutekinisiye muri ako gace kuko hari imiti twari twaratanze mu mirenge, bayihutishirizeyo kuko utwo dusimba turangiza.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko udusimba dufatwa nk’icyonnyi mu myaka dusanzwe mu rusobe rw’ibidukikije, ari nayo mpamvu basaba abahinzi gutanga amakuru bakibona udusimba nk’utwo kugira ngo turwanywe hakiri kare.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + one =

Previous Post

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

Next Post

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Related Posts

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, abaturage basanze umurambo w'umugabo mu nzu itabamo abantu, bigaragara ko wari umazemo...

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

by radiotv10
25/11/2025
0

In June 2025, Rwanda took a bold step by introducing visa-free travel for all African Union nationals, a landmark policy...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

IZIHERUKA

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon
FOOTBALL

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

by radiotv10
25/11/2025
0

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.