Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

radiotv10by radiotv10
26/11/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we amuhoye kumutangaho amakuru ku nkoko yashinjwaga ko yibye abaturanyi, mu gihe we avuga ko yamurembanye mu ijoro, akitaba Imana.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Coko, Robert Niyomwungeri yabwiye RADIOTV10 ko amakuru y’urupfu rw’uyu mwana yamugezeho mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa Kabiri.

Ati “Njyewe ku giti cyanjye nabimenye saa kumi ahagana saa kumi n’igice, mpita njyayo, ngezeyo umubyeyi ndahamusanga koko, ambwira ko umwana we yitabye Imana, ntakindi nahise nkora uretse guhita mpuruza inzego zibishinzwe z’umutekano.”

Izi nzego zirimo urw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB na Polisi, zahise zifata ibimenyetso by’ibanze kugira ngo zitangire gukora iperereza, zihita zinajyana nyakwigendera mu bitaro bya Ruli kugira ngo hakorwe isuzuma ry’icyamuhitanye.

Uyu muyobozi avuga ko amakuru yavuye mu baturanyi b’uyu mubyeyi, avuga ko ari we waba wiyiciye umwana we amuhoye kumutangaho amakuru ko yibye inkoko.

Ati “Icyo abaturage bakitsagaho ko ejo hari bamwe mu baturage bari babuze inkoko yabo ndetse baza aho ku rugo rwe akababwira ko ntayihari, ariko umwana akababwira ati ‘inkoko irahari’.”

Uyu muyobozi avuga ko kandi aba baturage bemeza ko iyo nkoko bayumvaga mu nzu y’uyu mubyeyi ariko ntibabasha kuyinjiramo kuko batemerewe gusaka kuko bifite inzego zibyemerewe.

Ati “Mu gihe bakisuganya ngo bahamagare inzego zibafashe kureba niba iyo nkoko irimo, ntawuzi niba yari irimo cyangwa itari irimo, niba yari irimo akaba yarayishe, ibyo byose biragoye kubimenya, cyane ko na nyiri ubwite atabyemera, ariko mu baturage ni cyo kivugwa.”

Gitifu Niyomwungeri avuga ko uriya mubyeyi we ahakana kwica umwana we, akavuga ko “yamurembanye nijoro, ataka ababara, noneho akabona yitabye Imana.”

Uyu muyobozi avuga ko uyu mubyeyi asanzwe azwiho ingeso yo gukorakora, kuko abaturanyi babimuvugagaho, ariko bari bataramufatira mu cyuho cyangwa ngo bamufatane igihanga.

Uyu mubyeyi yahise atabwa muri yombi, ubu akaba acumbikiwe kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ya Ruli, kugira ngo akorweho iperereza ku rupfu rw’umwana we akekwaho kwica.

Gitifu yaboneyeho gutanga ubutumwa, avuga ko koko nyakwigendera niba yaba yishwe n’uburwayi, nta mubyeyi ukwiye kurangarana umwana we mu gihe yaba amurembanye, ariko nanone mu gihe uriya mubyeyi yaba ari we wiyiciye umwana, agasaba abantu kujya batangira amakuru ku gihe mu gihe babona hari ikibazo gishobora gutuma umuntu yakwambura undi ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 6 =

Previous Post

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Related Posts

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

by radiotv10
25/11/2025
0

A group of former soldiers from the Israel Defense Forces (IDF), including those who were injured in combat, have arrived...

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

by radiotv10
25/11/2025
0

Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Paysannat LE, ryigamo impunzi mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko...

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

IZIHERUKA

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi
MU RWANDA

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

25/11/2025
Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.