• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

radiotv10by radiotv10
28/11/2025
in MU RWANDA
0
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza imbere kurusha kujya gusengera mu nsengero, kuko amadini nta ruhare agira mu mibereho y’abantu no mu gukemura ibibazo byugarije abantu.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 27 Ugushyingo 2025 mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, aho yabajijwe ku kibazo cy’insengero zafunzwe kuko hari ibyo zitujuje, zikaba zarabikosoye, none zikaba zigitegereje gufungurirwa.

Bamwe mu bayoboke b’amadini n’amatorero afite izo nsengero zafunzwe ndetse n’abayobozi babo, bakomeje kwibaza igihe zizafungurirwa, ndetse bagasaba ko igenzura ryakwihutishwa kugira ngo bongere baziteraniremo.

Perezida Kagame yavuze ko impaka z’ifungwa cyangwa ifungurwa ryazo, zitari zikwiye kugira umwanya munini mu biganiro by’abantu, ahubwo ko bari bakwiye kwerecyeza ibitekerezo byabo ku byabateza imbere.

Ati “Iyo biba njye nta rusengero na rumwe nafungura […] na zo ziratanga akazi se? Abenshi baba mu kwiba. Njye ibyo mbona huzuyemo ububandi gusa, kurwana n’ababandi buri mu nsengero na byo nta mpuhwe mbifitiye na busa. Ariko mwebwe abakoloni barabarindagije namwe murarindagira.”

Yakomeje agira ati “Ubu twirirwe tuganira ibintu by’insengero, ahubwo mwagiye guhinga, mukorora […] gusenga nushake usengere kuri telefone.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ahubwo hafunguwe insengero nke ugereranyije n’izari zikwiye gufungwa, ariko ko habayemo inyoroshyo kugira ngo abantu babone aho basengera.

Ati “Ahubwo ndetse buriya ni uko dushaka gushyira ibintu mu kuri, tudashaka guhutaza abantu, naho hafunzwe nke.”

Umunyamakuru yakomeje avuga ko hari abakristu bava mu Turere tumwe bakambuka bakajya mu tundi gusengera mu zigifunguye, bigatera umubyigano, Perezida avuga ko ahubwo izo na zo zari zikwiye gufungwa.

Ati “N’aho tuzazifunge ahubwo, aho ziri ubwo tuzazifunga bajye basengera mu rugo rwose, isi senga…Abanyafurika…”

Umukuru w’Igihugu asaba Abanyarwanda gutekereza ibibateza imbere n’Igihugu cyabo, aho guta umwanya wabo batekereza ibyo kujya gusenga, kuko hari ubundi buryo babikora bitabafatiye umwanya muni.

Perezida Kagame kuri uyu wa Kane mu kiganoro n’abanyamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Next Post

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.