Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

radiotv10by radiotv10
28/11/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe
Share on FacebookShare on Twitter

Rtd Major Rugamba Robert wemera ko yakoze icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Nyanza, yakuriweho gukomeza gukurikirawa nyuma yo kumvikana n’Ubushinjacyaha agatanga ihazabu ya miliyoni 7 Frw.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru cyitwa Umuseke, Rtd Major Rugamba yari yitabye urukiko rw’ibanze rwa Busasamana ruherereye mu Karere ka Nyanza aje kuburana mu mizi, gusa habayeho kumvikana n’ubushinjacyaha ntihaburanwa imikorere y’icyaha n’uburyo cyakozwemo.

Rtd Major Rugamba n’abunganizi be mu mategeko mbere yuko baza mu cyumba cy’urukiko babanje kujya mu biro by’Ubushinjacyaha.

Umucamanza yabanje kubaza umushinjacyaha ati “Ubushinjacyaha mwaba mwumvikanye, cyangwa ntimwumvikanye?”

Uhagarariye ubushinjacyaha ahagurutse ati “Twumvikanye, ndetse tugirana amasezerano.” Umucamanza ati “Ayo masezerano akubiyemo iki?”

Umushinjacyaha ati “Rtd Major Rugamba Robert tumukurikiranyeho icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro nta ruhushya, kandi aracyemera yemeye gutanga ihazabu ya  miliyoni 7Frw bikarangira.”

Umucamanza ati “Rtd Major Rugamba niko mwemeranyije, cyangwa hari icyo uhinduraho?”

Rtd Major Rugamba na we ati “Niko twemeranyije ntacyo mpinduraho.” Umucamanza ati “Me Kalisa Charles wowe urabivugaho iki?”

Me Kalisa Charles ati “Twabyemeranyije.” Umucamanza ati “Me Karinganire Stiven wowe hari icyo wongeraho?”

Me Karinganire Stiven ati “Icyo nongeraho hari konti za Rtd Major Rugamba Robert zari yarafatiriwe, zirekurwe kandi yari yahawe amabwiriza ko atagomba kurenga imbibi z’u Rwanda na byo bivanweho.”

Umucamanza ati “Niba hari unaniwe yaba yicaye muri iriya ntebe y’ubushinjacyaha nta kibazo.”

Rtd Major Rugamba Robert arakuze kuko afite imyaka 67, gacye gacye yahise ajya kwicara mu ntebe y’ubushinjacyaha.

Izina Rtd Major Rugamba Robert si rishya mu itangazamakuru, ndetse si rishya muri Nyanza mu bijyanye no gucukura amabuye y’agaciro, byabaye bibi kuri we ubwo abantu icyenda batemwaga mu murenge wa Nyagisozi, mu karere ka Nyanza bifitanye isano no gucukura amabuye y’agaciro.

Inzego zibishinzwe zitangira kubikurikirana hafungwa abantu barimo Rtd Major Rugamba Robert na Rtd Captain Jean Paul Munyabarenzi ariko Major Rugamba Robert we yafunzwe igihe gito bigendanye n’uburwayi bukomeye afite.

Igisigaye ni uko urukiko rwemeza ibyo ubushinjacyaha bumvikanye na Rtd Major Rugamba Robert, ariko n’ubundi iki cyaha yaregwaga cyo gucukura amabuye y’agaciro nta ruhushya cyavanweho, mu rukiko ntabwo ubushinjacyaha bwigeze busobanura imikorere y’icyaha Rtd Major Rugamba Robert yaregwaga, cyangwa ngo Rtd Major Rugamba Robert ngo asobanure uburyo yagikozemo.

Ivomo: Umuseke

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 14 =

Previous Post

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

Next Post

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Imibare y'abahitanywe n'inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.