Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

radiotv10by radiotv10
06/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro
Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango 214 itishoboye y’abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80, ihene 428, ibiti bivangwa n’imyaka ibihumbi bitatu na magana atanu (3500), insina zivangwa n’ikawa ibihumbi bibiri na magana atanu (2500), bizafasha iyi miryango kwikura mu bukene no guhangana n’ihindagurika ry’ibihe bikunze kubibasira muri ibi bice.

Ni igikorwa cy’Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza gifatanije n’umuryango utegamiye kuri Leta Kula Project Rwanda cyo kurema ba rwiyemezamirimo b’abahinzi ba Kawa.

Nsengiyumva Bosse Fred, ushinzwe ibikorwa muri Kula Project, ati “Imirenge ya Rwinkwavu, Kabarondo na Murama ni akarere gakunda kugaragaramo amapfa kandi igihingwa cya Kawa ni igihingwa gihangara amapfa cyane, ni yo mpamvu tuhashyira ingufu kugira ngo abahinzi babone umusaruro mu gihe ibindi bihingwa biba byapfuye. Mu kwita ku gihingwa cya Kawa, ihene zizabaha ifumbire ndetse zizororoka babone amafaranga abafasha kuvana mu bukene.”

Uwitwa Muhawenimana Jeannette wo mu Murenge wa Rwinkwavu worojwe ihene ebyiri, ati “Zizampa ifumbire nshyira muri Kawa kandi zizamfasha kuva mu bukene.”

Mugenzi we witwa Kwihanagna Sylivestre ati “Nari mfite imborera nke, ubu mbonye izi hene ifumbire iriyongera umusaruro nawo uziyongere.”

Ibi byose bigamije gukora ubuhinzi bwa Kawa bugezweho, bwongera umusaruro n’ubwiza bwayo. Aya matungo magufi bahawe azabafasha kubona ifumbire mborera ituma ubutaka burumbuka.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, yashimiye abafatanyabikorwa Kula Project ku ruhare bagira mu bice bitandukanye by’akarere, by’umwihariko ku bahinzi ba Kawa. Yongeyeho ko hagiye kongerwa ubuso buhingwaho Kawa kuko byagaragaye ko ari igihingwa gishobora kwera no mu bihe by’izuba.

Ati “Twari twakoze igerageza tubona ko aho twari twayihinze ku misozi imwe bikunda, kandi ni na gahunda y’igihugu yo kuzamura umusaruro wa Kawa. Ubu tuzafatanya n’abaturage ndetse n’aba bafatanyabikorwa; turimo turaganira uburyo twongera ubuso buhingwaho Kawa, cyane cyane twibanze kuri iyi misozi kugira ngo tuyibyaze umusaruro dukurikije imihindagurikire y’aha hantu.”

Ibi bikorwa byose biri gukorwa muri aka Karere ka Kayonza bizatwara amafaranga arenga miliyoni 89. Ni mu gihe uyu mushinga wa Kula Project Rwanda ukorera ibikorwa nk’ibi bishamikiye ku bahinzi ba Kawa mu turere twa Kayonza, Nyamasheke na Gakenke.

Bavuga ko aya matungo magufi azanabafasha kwiteza imbere

Umuyobozi w’Akarere yabasabye kubyaza umusaruro amahirwe bafite

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Next Post

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y'amasezerano mu bya gisirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.