Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

radiotv10by radiotv10
16/12/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
Share on FacebookShare on Twitter

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka muri Egypt, batangiye imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa mbere.

Rayon Sports, ikomeje urugamba rwo gushaka uko yakongera imbaraga mu ikipe isanzwe, nyuma y’aho bigaragaye ko isoko ryo mu mpeshyi ishize ritaremwe neza bityo ikipe ikaba ikeneye abandi bakinnyi.

Kagawa Ssenoga w’imyaka 24, ni Umukinnyi wari ufite amasezerano muri Express azageza mu kwa mbere kwa 2027, gusa ikipe ya Rayon Sports yamutumijeho kugira ngo aze akore imyitozo banaganire, mu gihe bakumvikana igahita igura amasezerano ye.

Uyu Musore ubusanzwe udahamagarwa mu ikipe y’igihugu nkuru ya Uganda Cranes, yari amaze gutsinda ibitego 6 mu mikino 10 ya shampiyona ya Uganda, aho ikipe ye ubu iri ku mwanya wa 9 mu makipe 16 mu mikino 10 ya shampiyona imaze gukinwa.

Muhammad Ssenoga Kagawa ukina imbere ku ruhande rw’ibumoso, amakuru ahari avuga ko ari James Jimmy Kidega wigeze gukinira Rayon Sports wamurangiye ubuyobozi bw’iyi kipe.
Mu gihe bakumvikana, yaba ari umwe mu bakinnyi benshi bakomoka muri Uganda bakiniye Rayon Sports barimo Mussa Esenu, Charles Bbaale, Simon Tamale, Joachiam Ojera, Yassin Mugume, Davis Kasirye, Mike Sserumaga

Undi mukinnyi mushya wagaragaye mu myitozo mu Nzove mu igeragezwa, ni Umunya-Misiri
Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa w’imyaka 26, akaba akinisha ukuguru kw’imoso, aca ku ruhande rw’imbere iburyo aho bakunze kwita kuri 7.

Aba bakinnyi bashya bariyongera kuri Faustin Likau Kitoko Pizarro, Umunye-Congo Kinshasa ukina hagati yugarira, akinira ikipe ya Flambeau du Centre mu gihugu cy’i Burundi anaheruka mu Rwanda kumvikana na Rayon Sports, nta gihindutse akazaza kuyikinira mu kwezi kwa mbere.

Rayon Sports, ubu iri ku mwanya wa 5 n’amanota 17 ku rutonde rwa shampiyona, imaze gukina imikino 11, mu gihe irushwa na Police FC ya mbere amanota 9 gusa yo ikaba imaze gukina imikino 12.

Umunyamisiri Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa yatangiye imyitozo muri Rayon

Umunya-Uganda Muhamed Kagawa Ssenoga na we yatangiye imyitozo

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 3 =

Previous Post

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Next Post

Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.