Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

radiotv10by radiotv10
18/12/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa uherutse kugaragara mu myitozo y’iyi kipe, icyakora yemera ko abakinnyi b’iyi kipe bari ku rwego rwo hasi, bityo ko yiteguye kugura abandi.

Ni mu gihe habura iminsi 15 gusa ngo isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi rifungurwe mu Rwanda, aho Gakwaya ahamya ko iyi kipe igomba kujya ku isoko ry’abakinnyi kuko nta bakinnyi ifite muri iki gihe.

Mu magambo ye yagize ati “Tuzagura abakinnyi benshi kuko Rayon Sports nta bakinnyi ifite. Nta bahari rwose; mvuze ko bahari twaba turi kubeshya abantu.”

Gakwaya Olivier yanagarutse ku bakinnyi bamwe bamaze kuvugwa n’abandi baje mu igeragezwa.

Yagize ati “Ntabwo dushaka gushyira imbaraga nyinshi mu gushaka abakinnyi umutoza atabigizemo uruhare. Turifuza ko umutoza agira ijambo rikomeye muri ibyo. Kugeza ubu twamaze kumvikana n’umukinnyi w’Umunya-Congo ukina i Burundi, gusa aracyafite amasezerano ariko afite igihe gito, ku buryo ashobora kugera hano vuba.”

Yakomeje avuga ku bandi bakinnyi bavuzwe, aho yagize ati “Umunya-Misiri mwabonye yasabye gukora imyitozo muri Rayon Sports, ariko nta gahunda dufite yo kumusinyisha. Ku Munya-Uganda ho, turifuza ko umutoza wenyine ari we uzafata icyemezo, n’ubwo bitatubuza gukomeza gushakisha n’ahandi.”

Ku bijyanye n’imyanya Rayon Sports ishaka kongeramo abakinnyi, Gakwaya Olivier yavuze ko umutoza azabigiramo uruhare rukomeye, ariko ko hari aho ubuyobozi bwamaze kubona icyuho.

Yagize ati “Hari uruhare rukomeye rw’umutoza ruzabaho, ariko ku bwacu twasanze tugomba kwinjizamo abamyugariro babiri, umukinnyi ukina mu kibuga hagati yugarira, abasatira baca ku mpande zombi, ndetse na rutahizamu nimero icyenda.”

Yanatangaje kandi ko umutoza mushya wa Rayon Sports, Bruno Ferry, ategerejwe kugera i Kigali mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu, bikaba biteganyijwe ko azahita atangira inshingano zo gufasha ikipe kwitegura neza isoko ry’igura n’igurisha.

Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa yari yagaragaye mu myitozo ya Rayon Sports hirya y’ejo hashize

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Next Post

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.