Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

radiotv10by radiotv10
18/12/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa uherutse kugaragara mu myitozo y’iyi kipe, icyakora yemera ko abakinnyi b’iyi kipe bari ku rwego rwo hasi, bityo ko yiteguye kugura abandi.

Ni mu gihe habura iminsi 15 gusa ngo isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi rifungurwe mu Rwanda, aho Gakwaya ahamya ko iyi kipe igomba kujya ku isoko ry’abakinnyi kuko nta bakinnyi ifite muri iki gihe.

Mu magambo ye yagize ati “Tuzagura abakinnyi benshi kuko Rayon Sports nta bakinnyi ifite. Nta bahari rwose; mvuze ko bahari twaba turi kubeshya abantu.”

Gakwaya Olivier yanagarutse ku bakinnyi bamwe bamaze kuvugwa n’abandi baje mu igeragezwa.

Yagize ati “Ntabwo dushaka gushyira imbaraga nyinshi mu gushaka abakinnyi umutoza atabigizemo uruhare. Turifuza ko umutoza agira ijambo rikomeye muri ibyo. Kugeza ubu twamaze kumvikana n’umukinnyi w’Umunya-Congo ukina i Burundi, gusa aracyafite amasezerano ariko afite igihe gito, ku buryo ashobora kugera hano vuba.”

Yakomeje avuga ku bandi bakinnyi bavuzwe, aho yagize ati “Umunya-Misiri mwabonye yasabye gukora imyitozo muri Rayon Sports, ariko nta gahunda dufite yo kumusinyisha. Ku Munya-Uganda ho, turifuza ko umutoza wenyine ari we uzafata icyemezo, n’ubwo bitatubuza gukomeza gushakisha n’ahandi.”

Ku bijyanye n’imyanya Rayon Sports ishaka kongeramo abakinnyi, Gakwaya Olivier yavuze ko umutoza azabigiramo uruhare rukomeye, ariko ko hari aho ubuyobozi bwamaze kubona icyuho.

Yagize ati “Hari uruhare rukomeye rw’umutoza ruzabaho, ariko ku bwacu twasanze tugomba kwinjizamo abamyugariro babiri, umukinnyi ukina mu kibuga hagati yugarira, abasatira baca ku mpande zombi, ndetse na rutahizamu nimero icyenda.”

Yanatangaje kandi ko umutoza mushya wa Rayon Sports, Bruno Ferry, ategerejwe kugera i Kigali mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu, bikaba biteganyijwe ko azahita atangira inshingano zo gufasha ikipe kwitegura neza isoko ry’igura n’igurisha.

Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa yari yagaragaye mu myitozo ya Rayon Sports hirya y’ejo hashize

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − one =

Previous Post

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Next Post

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.