Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

radiotv10by radiotv10
19/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa kaminuza, yasanzwe na we yapfuye.

Inzego z’umutekano muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko umugabo ukekwaho kugira uruhare mu gitero cyo kurasa cyabereye muri Kaminuza ya Brown, cyahitanye abantu babiri kigakomereza abandi icyenda, ndetse no kwica umwarimu wa Kaminuza ya MIT, na we yasanzwe yapfuye.

Uwo mugabo ni Claudio Neves Valente, w’imyaka 48, wahoze ari umunyeshuri muri Kaminuza ya Brown akaba ari Umunya-Portugal. Yasanzwe yapfuye ku mugoroba wo ku wa Kane mu bubiko (storage facility) yakodeshaga muri Leta ya New Hampshire, ngo yirashe, nk’uko byemejwe na Colonel Oscar Perez, umuyobozi wa Polisi ya Providence.

Perez yavuze ko iperereza ry’ibanze ryerekana ko ukekwaho icyaha yagikoze wenyine. Abashinzwe iperereza bavuze ko Neves Valente ari we wagize uruhare mu gitero cyo kurasa cyabereye muri Kaminuza ya Brown ku wa Gatandatu, ndetse no mu rupfu rw’umwarimu wa MIT, Nuno F. G. Loureiro, warasiwe iwe hafi ya Boston ku wa Mbere.

Kuri ubu, iperereza ryakajijwe nyuma y’uko inzego z’umutekano zatangaje ko ziri gusuzuma isano iri hagati y’igitero cyo muri Brown n’urupfu rw’umwarimu wa MIT, mu gihe FBI yo yari yatangaje ko nta sano bifitanye.

Abashinzwe iperereza kandi bamenye ko hari imodoka ucyekwaho, ari we Neves Valente, yakodeshaga i Boston akanayitwara muri Rhode Island, kandi ikaba yaragaragaye hafi ya Kaminuza ya Brown, ndetse ko yari yapfutse pulake y’imodoka yakodeshaga mu rwego rwo guhisha umwirondoro we.

Amashusho ya camera z’umutekano yagaragaje Neves Valente yinjira mu nyubako ituwemo abantu hafi y’aho umwarimu Loureiro wishwe yari atuye, mbere yo kwinjira mu bubiko yasanzwemo yapfuye nyuma y’igihe gito.

Nubwo iperereza rikomeje, abayobozi bavuga ko hakiri ibibazo byinshi bitarasubizwa ku mpamvu nyamukuru z’ibi bitero byabibasiye.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 19 =

Previous Post

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Next Post

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Related Posts

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.