Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; yatangaje ko azitabira igitaramo ‘The Nu-Year Groove’ kizaririmbamo The Ben na Bruce Melodie bakomeje guterana amagambo.
Iki gitaramo kizaba tariki 01 Mutarama 2026, cyabanjirijwe n’impaka ndende, aho bamwe bakibona nk’icyo kuzahatana hagati y’aba bahanzi, bakunze guhanganishwa n’abakunzi babo, aho buri ruhande ruvuga ko umwe arusha undi, urundi na rwo rukavuga ko umuhanzi wabo ahiga mugenzi we.
Mu cyumweru gishize kandi habaye Ikiganiro n’Itangazamakuru cyahuriyemo aba bahanzi bombi, aho buri umwe yivuze imyato, ko arusha mugenzi we, ariko bakavuga ko impaka zizashyirwaho akadomo n’uko buri umwe azitwara muri kiriya gitaramo.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yavuze ko na we ari umwe mu bazitabira iki gitaramo akajya kwirebera uko aba bahanzi bahacana umucyo. Yagize ati “Aha ni ho nzaba ndi rwose! Muzaze turebe uko amateka yandikwa.”

Ni igitaramo kizaba kibaye ku nshuro ya kabiri, dore ko umuhanzi The Ben yari yakoze ikindi nkacyo tariki 01 Mutarama uyu mwaka, yanamurikiyemo album ye yise ‘Plenty Love’.
The Ben na Bruce Melodie bazahurira muri iki gitaramo cy’amateka, bongeye gusa n’abaterana amagambo mu ijoro ryacyeye, ubwo bitabiraga ibihembo bizwi nka ‘Isango na Muzika Awards’ ndetse bombi begukanyemo igihembo, aho nanone buri umwe yongeye kuvuga ko ari nimero ya mbere muri muzika nyarwanda.



RADIOTV10












