Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

radiotv10by radiotv10
25/12/2025
in MU RWANDA
0
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba cye amanitse mu mugozi yashizemo umwuka nyuma y’igihe gito umugore we yishinganishije  mu nteko y’abaturage ko uyu musaza naramuka apfuye ntacyo bazamubaza.

Byaberereye mu mudugudu wa Runyanzovu ku mugoroba wo ku wa 23 Ukuboza  ubwo umugore w’uyu Stanislas yavaga gutanga ikirego kuri RIB nabwo kubera amakimbirane bari bagiranye ashingiye ku mafaranga, yagera  mu rugo agasanga umugabo we yamaze kwitaba imana.

Umukobwa wa Nyakwigendera witwa Musabyemariya Peragie avuga ko yahamagawe na musaza we kuri terefoni amumenyesha ko ise yapfuye we akemeza ko umubyeyi wabo bivugwa ko atarabanye neza n’abo mu rugo yaba yiyahuye.

Agira ati “Musaza wanjye yarampamagaye ambwira ngo uzi ko papa apfuye?,, mubajije uko bigenze ambwira ko yiyahuye ubwo mama yari yagiye kuri RIB avuga ko agiye gutanga ikibazo cya papa wacu. Yajyaga avuga ngo umunsi nzapfa muzahangayika, ati kandi nimfa niyahuye muzahomba”.

Bamwe mu baturage bashoboye kubona umurambo wa nyakwigendera babwiye Radio&Tv10 ko bashingiye ku byabanjirije uru rupfu ndeste n’uko basanze umurambo umeze basanga yaba atiyahuye.

Umujyanama w’ubuzima witwa Nyirahabimana Thereza ati “Nageze mu cyumba yiyahuriyemo, ariko mu bimenyetso bifatika nabonye, ntabwo ari ukwiyahura . umuntu wishwe n’umugozi apfira mu kirere amanitse hejuru, ariko we amaguru yakoraga hasi kandi yari ahinnye”.

Abarimo inshuti y’umuryango muri uyu mudugudu wa Runyanzovu bavuga ko uru rugo rwahoraga mu makimbirane ashingiye ku mikoreshereze y’umutungo, bamwe bakavuga ko uyu musaza ngo yaba yajyaga akubitwa n’umugore afatanyije n’abana.

Inshuti y’umuryango yitwa Bandeste Emmaneul iti “Ni amakimbirane amaze igihe twahoraga tubunga umugore akagaragaza akarengane n’umugabo akagaragaza ko bamuhohotera. Ariko amakuru tutahita twemeza ni uko hari abari kuvuga ko mu ijoro ryo kwa wa gatandatu yakubiswe n’umugore n’abana ndeste no ku cyumweru.”

Nyirahabimana Thereza nawe ati “Mu minsi ishize mu nteko y’abaturage umugore yaje mu nteko ari ku wa kabiri saa cyanda, aravuga ngo afitanye ibibazo n’umugabo ngo abana nibamwica ntazamubazwe.”

Ubwo Urwego rw’ubugenzacyaha bwageraga muri uru rugo hagakorwa iperereza ry’ibanze, abana bane ba nyakwigendera n’umubyeyi wabo bahise bafatwa kugira ngo bagire ibyo babazwa.

Gusa umuyobozi w’akarere ka Rusizi wihanganishije uyu muryango wabuze umubyeyi yirinze kwemeza ko batawe muri yombi ,icyakora avuga ko hakiri akazi k’iperereza kugira ngo hemezwe n’iba Mushinzimana Stanislas yiyahuye cyangwa yaba yishwe.

Meya ati “ Oya, iyo uvuze guta muri yombi uba uvuze ko umuntu yafunzwe, abantu bikekwa ko baduha amakuru bari kubazwa naho gutabwa muri yombi nta birimo. Icyo dusaba abaturage ni ugukomeza kubana neza birinda amakimbirane, niba hari n’ibyo batumvikaye ho ku mitungo, ntabwo igisubizo ari ukwiyambura ubuzima cyangwa ngo ubwambuye uwo mutumvikana.”

Abahungu babiri ba nyakwigendera n’abakobwa be babiri n’umugore wa Nyakwigendera bari bafashwe mu gihe hakorwaga iperereza ry’ibanze, Radio&Tv10 yaje guhabwa amakuru n’ubuyobozi bw’umurenge wa Nyakarenzo  ko bose baje kujyanwa n’urwego rw’iperereza kuri sitatiyo yarwo ya Nyakarenzo ikorera mu murenge wa Gashonga.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 15 =

Previous Post

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Next Post

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.