• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

radiotv10by radiotv10
22/01/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na FARDC mu mujyi wa Uvira.

Ni amakuru ari gutangazwa nyuma yuko muri iki cyumweru ibintu bikomeje kuba bibi mu Mujyi wa Uvira uherutse kurekurwa n’abarwanyi b’Ihuriro rya AFC/M23.

Nyuma yuko uyu mujyi urekuwe na AFC/M23, uruhande bahanganye rugizwe na FARDC ndetse n’abafasha iki gisirikare cya Leta barimo inyeshyamba za Wazalendo, bahise bigabiza uyu mujyi.

Amakuru yatangajwe guhera kuri uyu wa Gatatu kandi avuga ko abarwanyi b’abacancuro b’abanyaburayi, bari no gukorana na FARDC mu bikorwa byo gucunga umutekano muri uyu Mujyi.

Amakuru dukesha urubuga Poliscoop Media, avuga ko aba bacancuro b’abanyaburayi, bari kugenda n’abasirikare ba FARDC mu marondo bari gukorera muri Uvira.

Uru rubuga kandi rwanashyize hanze ifoto igaragaza abo bacancuro bari kumwe n’abasirikare ba FARDC mu modoka y’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Nanone kandi undi ukoresha konti yitwa Kivu Utile kuri X, yanditseho ubutumwa agira ati “abacancuro b’abakoloni n’ababiligi bari muri Uvira.”

Gukoresha abacancuro mu ntambara yo mu burasirazuba bwa DRC, si bishya, dore ko mu ntangiro za 2025 ubwo Umutwe wa M23 wafataga Umujyi wa Goma, bamwe mu bacancuro bafashaga FARDC, bafashwe mpiri n’abarwanyi b’uyu mutwe, ndetse bakaza kunyuzwa mu Rwanda boherezwa mu Gihugu cyabo ku Mugabane w’u Burayi.

Muri Nzeri umwaka ushize kandi, Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jacquemain Shabani Lukoo Bihango, yagaragaje ko iki Gihugu cyakomeje gukoresha abacancuro.

Mu butumwa icyo gihe yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yanditseho “Black Water” izina rimenyerewe ku mutwe w’Abanyamerika w’abarwanyi b’abacancuro.

Icyo gihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungire yanenze uyu munyapolitiki, wagaragaje ko atewe ishema no kuba Igihugu cye gikoresha abacancuro, kandi abizi neza ko binahabanye n’amahame n’amasezerano mpuzamahanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 3 =

Previous Post

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Next Post

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.