Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Nyusi yasuye ingabo i Cabo Delgado yongera gushimira Kagame n’Abanyarwanda bose

radiotv10by radiotv10
30/12/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Nyusi yasuye ingabo i Cabo Delgado yongera gushimira Kagame n’Abanyarwanda bose
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Mozambique, Philipe Nyusi yasuye ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro mu Karere ka Mueda mu Ntara ya Cabo Delgado, aboneraho kongera gushimira Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame n’Abanyarwanda muri rusange bemeye koherezayo abana babo.

Perezida Philipe Nyusi yakoze uru ruzinduko kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Ukuboza 2021 aherekejwe na Minisitiri w’Umutekano w’iki Gihugu bakaba bakiriwe n’Umuyobozi w’Ingabo za Moambique w’agateganyo, Brig Gen Vidigal.

Nyuma yo kugezwaho uko ibikorwa byo kugarura amahoro i Cabo Delgado, Perezida Philipe Nyusi yahuye n’abayoboye ingabo ziri mu butumwa muri aka gace barimo uyoboye iz’u Rwanda ndetse n’uyoboye iza SADC.

President Nyusi yashimiye ibihugu byose bifite ingabo zaje mu butumwa mu Gihugu cye ku kazi keza ziri gukora ko guhashya ibyihebe ndetse aboneraho kubisaba gukomeza ibikorwa bya Gisirikare mu Turere twa Macomia, Mocimboa da Praia, Nangade Mueda na Ibo island.

Yaboneyeho kongera gushimira Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame n’Abanyarwanda muri rusange kuba baremeye kohereza abana babo mu bikorwa byo kurandura ibyihebe kandi ko ubwitange bwabo buzahora mu mitima y’Abanyagihugu cye.

Mu mpera za Nzeri 2021, Perezida Nyusi na bwo yari yashimiye byimazeyo mugenzi we Paul Kagame wagiriye uruzinduko mu Ntara ya Cabo Delgado bakanaganira n’ingabo z’u Rwanda ziriyo.

Perezida Paul Kagame washimiye uko ingabo z’u Rwanda ziri muri ubu butumwa ziri kwitwara, yaboneyeho kuzibwira ko akazi ari bwo gasa nk’agatangiye kuko uretse kuba barakoze ibikorwa bikomeye byo kwirukana ibyihebe mu birindiro byabyo ariko ko ibikorwa nk’ibi bikomeje kandi ko no gutuma habaho amahoro arambye bigomba kugerwaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 19 =

Previous Post

Imyigishirize n’ubumenyi bukenewe bigomba kujyana n’ibihe tugezemo-Dr Gasingirwa

Next Post

Senderi wavuzweho gutunga imodoka y’irangi ryo mu nzu yaguze inshya y’urwererane

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Senderi wavuzweho gutunga imodoka y’irangi ryo mu nzu yaguze inshya y’urwererane

Senderi wavuzweho gutunga imodoka y’irangi ryo mu nzu yaguze inshya y’urwererane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.