Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

radiotv10by radiotv10
26/01/2026
in MU RWANDA
0
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye
Share on FacebookShare on Twitter

Ukoresha izina rya Atanya [Phionah] ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n’impaka, yavuze ko ariya mashusho yayifashe ubwo yari ahagaze nabi ku mufuka ndetse amaze gutekerwa umutwe n’uwari wamwizeje akazi, bikamutera agahinda, akakivura atanga buriya butumwa.

Ku mbuga nkoranyambaga hamaze iminsi hari impaka zazamuwe n’ubutumwa bw’amashusho bw’uyu mukobwa wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rufite ubukene, aho yanitanzeho urugero ko na we yugarijwe n’ubukene, ariko ko uwamubona atabimukekeraho.

Mu butumwa bwe aherutse gutangaza bukanyura kuri TikTok, hari aho agira ati “Mundebe ndasa neza…ndamutse ngiye mu mujyi, abana bo mu mujyi batangira ngo ‘wanteje imbere’. Ariko urabizi se? Kuri MoMo mfiteho 300 Frw…uzi telefone nkoresha, ariko ndakennye.”

Muri ubwo butumwa, uyu mukobwa yasabaga inzego za Leta kugira icyo zikora kuri iki kibazo, aho yagize ati “Ibi ni byo Guverinoma ikwiriye kwitaho kuko turakennye. Ariko ntibabibona. Turakennye, Turakennye ntimukatubone dusa neza turakennye.”

Ni ubutumwa bwazamuye impaka ndende, byumwihariko zazamuwe na bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bibasiye uyu mukobwa, bavuga ko yasebeje urubyiruko rw’u Rwanda, bavuga ko rudakennye ahubwo ko hari bamwe banze gukura amaboko mu mifuka ngo bajye gushakisha imibereho.

Impaka zaje kuba ndende, aho uwitwa Ignatius Kabagambe usanzwe ari Umuvugizi wa Kaminuza y’u Rwanda, uzwiho gukoresha cyane imbuga nkoranyambaga, yanditse ubutumwa kuri X, anenga ibyatangajwe n’uyu mukobwa, agera n’aho amushyira mu gatebo kamwe n’abatifuriza ineza u Rwanda, mu mafoto yashyize kuri uru rubuga nkoranyambaga.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bagaragarije uyu mugabo ko yarengereye, kuko kuba uriya mukobwa yavuze buriya butumwa bitari bikwiye gutuma amugereranya n’abagambirira inabi ku Gihugu cy’u Rwanda.

Byagenze gute ngo uyu mukobwa avuge kuriya

Mu kiganiro yatambukije ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok cyatambukaga imbonankubone (Live), uyu mukobwa yagarutse ku cyamuteye kuvuga buriya butumwa ko “Urubyiruko rw’u Rwanda rukennye.”

Yavuze ko hari umuntu wari wamuhuje n’undi wagombaga kumuha akazi ariko ngo ‘kabi’ [ntiyavuze ako ari ko] ariko akakemera, akajya no gukora ikizamini cyo kubazwa imbonankubone (Interview).

Avuga ko nyuma yo gutsinda icyo kizamini cya Interview, bwacyeye akitegura nk’ugiye gutangira akazi, ahamagara uwo wari wakamuhaye, akamubwira ko kugira ngo agatangire hari amafaranga agomba kubanza kwishyura.

Uwo munsi ibi byabayeho ni nabwo yafashe ariya mashusho yazamuye impaka, ati “Ndamubwira nti ‘none se kugira ngo nze mu kazi ndabanza nkishyura?’ arambwira ngo ‘yego’.”

Avuga ko uwo muntu yari yabanje kumubwira ko azishyura ibihumbi 30 Frw, akamusaba ko yaba akora akazi akazayishyura nyuma, ariko akamuhakanira.

Ati “Arambwira ati ‘icyakora ikintu cyashoboka’ ngo ni uko nabanza nkamwishyura. Bucyeye ndamubwira nti ‘amafaranga ntayo mfite’.”

Ngo muri uko kuganira, uwo wari wamwizeje akazi yaje guhinduka ngo amubwira ko yishyura ibihumbi 15 Frw, ari na ho yahise abona ko ari ubutekamitwe.

Avuga ko ibitekerezo byamubaye byinshi mu mutwe, akagira n’agahinda, kandi ko kugira ngo akivure, ajya kuri TikTok ubundi agatanga ubutyumwa, ari na bwo yahitaga atanga buriya bwarikoroje.

Ati “Ubwo mba nkoze iriya video. Nari mbabaye ariko, ibaze gushaka akazi nta mafaranga ufite […] barakanyima, ndababara, mba depressed, mama wanjye arabibona,…”

Avuga ko ubwo yafataga ariya mashusho, ari bwo ibyo byose byari bimaze kuba, agasigara mu rugo wenyine. Ati “Ndavuga nti se iyi myenda ngiye kuyikuramo, ndavuga nti ‘reka nge kwikorera content’ mba ndaje ndavuga nti ‘turakennye’.”

Uyu mukobwa avuga ko yatunguwe n’uburyo abantu bakiriye buriya butumwa bwe, bakabujyana mu murongo mubi kandi atari cyo yari agamije, ahubwo ko yashakaga kugaragaza ikibazo.

Avuga kandi ko nyuma yuko atangaje buriya butumwa hari inshuti ye yahise imurangira akandi kazi, ndetse ubu akaba ari kugakora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 4 =

Previous Post

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Next Post

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

Related Posts

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

IZIHERUKA

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it
MU RWANDA

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.