Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

radiotv10by radiotv10
27/01/2026
in Uncategorized
0
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari amakuru avuga ko abo baryamanaga yabishyuraga hagati y’ibihugu 40 Frw n’ibihumbi 100 Frw, akanabasaba kumuhuza n’abakobwa bakiri amasugi ngo abasambanye.

Uyu mwarimu witwa Dr Manirakiza Benjamin yamaze gukorerwa dosiye ndetse ishyikirizwa Ubushinjacyaha kugira ngo buzamuregere Urukiko rubifitiye ububasha.

Dr. Manirakiza Benjamin w’imyaka 41 y’amavuko akaba akurikiranyweho ibyaha birimo icyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye abashukisha amafaranga, icyaha cyo gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi, no gucura umugambi wo gukora icyaha.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Ukweli Times, avuga ko uyu mwarimu wo muri kaminuza yishyuraga abana b’abakobwa yabaga amaze gusambanya, amafaranga ari hagati y’ibihumbi 40 Frw n’ibihumbi 100 Frw.

Mu isesengura ryakozwe n’umunyamakuru w’iki kinyamakuru, yavuze ko uyu mwarimu wa kaminuza yajyaga asaba abo amaze gusambanya, kumurangira abandi bana b’abakobwa bakiri amasugi, cyangwa basambanye inshuro imwe, kandi byaba byiza bakaba bafite amabere ataragwa, agishinze.

Abakekwaho kuba barasambanyijwe n’uyu mwarimu, bavutse hagati ya 2005 na 2009 (uwavutse muri 2005, uwo muri 2007, uwo muri 2008 n’uwo muri 2009).

Uyu mwarimu kandi afunganywe n’abandi bantu; Umuhoza Hamida, Ineza Fidella, na Mucyo Vanessa nabo bakurikiranyweho gucura umugambi wo gukora icyaha ndetse no gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi.

Amakuru avuga ko uwitwa Mucyo Vanessa, ubwo yari amaze gukorana imibonano mpuzabitsina n’uriya mwarimu, bumvikanye ko yamurangira umwana w’umukobwa wiga mu mashuri yisumbuye ufite imyaka 16.

Uyu mwana w’umukobwa bivugwa ko yari afite amabere agishinze, yaje gusambanywa n’uriya mwarimu wa Kaminuza akaza kumwishyura ibihumbi 100 Frw.

Naho uwitwa Umuhoza Hamida na we uregwa muri iyi dosiye, na we yumvikanye na Dr. Manirakiza Benjamin kumushakira umwana w’umukobwa w’isugi unafite amabere ashinze, amuhemba ibihumbi bitanu (5 000 Frw), ubundi aza kumuhuza na we.

Uwo mukobwa w’imyaka 18 y’amavuko wahujwe n’uregwa kuri ubu bwumvikane, ngo na we baje kuryamana.

Naho Ineza Fidella na we uregwa muri dosiye imwe n’uriya mwarimu wa Kaminuza, na we bagiranye ubwumvikane ko yamushakira abana b’abakobwa b’amasugi, akabasambanya ubundi akabishyura ibihumbi 100 Frw, na we akajya amuha komisiyo ya 5 000 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 18 =

Previous Post

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

Next Post

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka
AMAHANGA

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.