• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

radiotv10by radiotv10
30/01/2026
in MU RWANDA
0
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze ruswa ishingiye ku gitsina kugira ngo babone amanota meza.

Ni ibyavuye mu bushakashatsi bwakozwe n’umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, mu mwaka wa 2025, hagamijwe kureba uko serivisi zitangwa mu nzego zitandukanye, by’umwihariko mu burezi no mu buzima.

Ibyavuye muri ubu bushakashatsi byagaragaje ko mu rwego rw’uburezi hakigaragara ruswa, ahanini yibasira abagore n’abakobwa. Ibi bituma serivisi zitangwa mu burezi zidindira, ndetse n’abazihabwa bakazitakariza ikizere.

Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko mu mashuri makuru na za kaminuza zo mu Rwanda, mu banyeshuri 1,350 babajijwe, abantu 100, ni ukuvuga 8%, bavuze ko batanze ruswa ishingiye ku gitsina kugira ngo babone amanota meza. Abandi 5% bavuze ko batanze ruswa kugira ngo bahindurirwe amasomo bagombaga kwiga. Ni mu gihe ababyeyi n’abanyeshuri bagera kuri 5% bo bavuze ko batanze ruswa kugira ngo bahabwe imyanya mu mashuri runaka.

Bruce Gashema, umushakashatsi muri Transparency International Rwanda, yagize ati “Ibi bigaragara cyane muri kaminuza n’amashuri makuru, aho usanga ruswa ishingiye ku gitsina itangwa kugira ngo abanyeshuri bahabwe amanota meza cyangwa bemererwe kwimuka. Hari n’aho byagaragaye ko basabwa ruswa ishingiye ku gitsina kugira ngo bahabwe amanota meza mu myitozo ngiro (internship), ndetse no kugira ngo bahabwe imyanya muri iyo myitozo.”

Uyu mushakashatsi kandi yavuze ko mu gutanga ruswa hasigaye hifashishwa uburyo bw’ubukomisiyoneri.

Yagize ati “Akenshi utanga serivisi ntaza mu buryo buziguye ngo agusabe ruswa, ahubwo ashaka uwo twakwita umuhuza, utaba muri iyo serivisi. Niba ari nk’umwarimu, uwo mukomisiyoneri aba ari hagati y’usabwa ruswa n’uyitanga. Abiga muri za kaminuza bagiye babigaragaza, aho usanga hari umunyeshuri warangije cyangwa undi muntu wo ku ruhande uza agahuza umunyeshuri n’umwarimu, bakumvikana aho bazahurira n’amanota azatangwa, bityo umwarimu ntagaragare muri icyo gikorwa, ahubwo hagaragara uwo mukomisiyoneri.”

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko iri gushyiraho ingamba zigamije guca ruswa muri ayo mashuri, icyakora igaragaza ko imyumvire y’abantu ari yo ituma ruswa ikomeza kubaho.

Sylvie Uwimbabazi, Umuyobozi muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe porogaramu zihuriweho, yagize ati “Nk’uko mubizi, kurwanya ruswa ni urugendo, si ikintu wavuga ngo ejo mu gitondo ndabikemuye bihite bihagarara. By’umwihariko ruswa ishingiye ku gitsina ni ibanga rikomeye cyane, kandi hari n’aho usanga uwayikorewe agira isoni zo kubivuga. Twebwe nka Minisiteri y’Uburezi, icyo dukora ni ukumenyekanisha ko ruswa ibaho no kugaragaza igikwiye gukorwa kugira ngo bayirinde. Imbogamizi ikomeye ni uko guhindura imyumvire y’abantu bisaba igihe, kuko ari urugendo.”

Ubu bushakashatsi kandi bwagaragaje ko abanyeshuri bafite ubumuga bwo mu mutwe bakunze guhura n’ivangura rishingiye ku myumvire mibi n’akato kava ku bayobozi b’amashuri no mu muryango nyarwanda muri rusange. Bugaragaza ko 46.1% by’abana bafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe basabwa ruswa kugira ngo bemererwe kwiga.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Next Post

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.