Saturday, February 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

radiotv10by radiotv10
07/02/2026
in IMYIDAGADURO
0
Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bamara igihe kinini ku kazi, kenshi kurusha igihe bamara mu rugo. Ibi bituma ibisanzwe ari ubucuti bishobora gukura, rimwe na rimwe bikabyara urukundo. Nubwo urukundo mu kazi ari ngombwa ku bakorana, harigihe birenga urukundo rukenewe bigatera abakoresha kugira  impungenge ku musaruro w’akazi no ku myitwarire iboneye mu kazi.

Si buri gihe , urukundo mu kazi rugira ingaruka mbi. Iyo abantu bishimye, akenshi baba bafite imbaraga, akanyamuneza  kandi bagahorana umutima mwiza. Ibi bishobora gufasha umukozi kwibanda ku nshingano ze no kwishimira akazi. Iyo abantu babiri bari mu rukundo bagashobora kurinda no gucunga amarangamutima yabo, bakibanda kunyungu zibyo bakora, bakuzuza inshingano zabo neza kandi bakubaha amategeko n’amabwiriza y’akazi, urukundo rwabo rushobora kutagira icyo ruhindura ku musaruro wabo.

Ibibazo bishobora kugaragara iyo amarangamutima yihariye atangiye kuvangwa n’umwanya w’akazi. Bamwe mu bakundana bashobora kumara igihe kinini bavugana, bagasangira amakuru cyangwa bagafata umwanya mu nini mu kugenzurana mu gihe cy’akazi. Ibi bishobora gutera kudakurikira neza inshingano bigatuma umwanya w’akazi ugabanuka bikagabanya umusaruro wari witezwe.

Ikindi kibazo ni ukutagira ubutabera mu kazi. Iyo umwe mu bakundana afite ububasha buruta ubwa bandi mu kazi, hashobora kugaragara cyangwa hakabo kwishyira hejuru kuwo bakundana bigatera abandi bakozi  kumva batanyuzwe n’ibyemezo byo mu kazi cyangwa bakabona ko ibyemezo bifatwa bitari ku buryo bungana. Ibi bishobora kwangiza icyizere no gutera umwuka mubi mu bakorana.

Imyitwarire yo mukazi nayo ishobora kugerwaho n’ingaruka iyo imbibi z’urukundo mu kazi  zidacunzwe neza. Kwerekana urukundo imbere y’abandi, kurakara ku kazi cyangwa gusangiza bagenzi bawe amakuru y’urukundo rwanyu bishobora gutera akajagari ku kazi. Iyo urukundo rurangiye nabi, amarangamutima ashobora gukurikira n’inyungu zo mu kazi, bigatera ibihombo inyungu za kazi , kutumvikana kwa bari gukunda bikabangamira imikorere y’abandi.

Kubera izi mpungenge, Abantu bakundana ku kazi bagomba gutandukanya neza ubuzima bwabo bwite n’inshingano zakazi bakora . Ibi bisobanuye ko kwibanda ku kazi mu gihe cy’amasaha y’akazi, kubaha bagenzi babo bakorana bose  no gukurikiza amategeko y’aho bakorera ari ikintu kingenzi gikomba kuranga umubano wabo. Ibigo byinshi bigira amabwiriza agamije gufasha abakozi gucunga urukundo mu kazi mu buryo buboneye.

Urukundo ku kazi si ikibazo buri gihe. Ikibazo nyamukuru ni imyitwarire y’abakozi. Iyo abantu bubahiriza amahame kandi bagakora mu buryo bw’umwuga, urukundo n’akazi bishobora kubana nta nkomyi. Ariko iyo amarangamutima yihariye aganje nyirayo, umusaruro w’akazi n’imyitwarire iboneye ikwiye abakozi bishobora kugabanuka bigatanga umusaruro muke.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 11 =

Previous Post

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

Related Posts

Weekend of events in Rwanda: Here are the events to expect

Weekend of events in Rwanda: Here are the events to expect

by radiotv10
06/02/2026
0

This weekend across Rwanda is packed with a mix of adventure, nature, music, and social events. Whether you love the...

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

by radiotv10
04/02/2026
0

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gusakazwa amashusho agaragaza umuhanzikazi Celine Dion atitira anarira kubera ububabare bw’indwara ya SPS (Stiff-Person Syndrome) amaranye...

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

by radiotv10
04/02/2026
0

“Ugende ukore ibyawe natwe dukore ibyacu, ntahantu tuzongera guhurira.” Ayo ni amagambo Killaman yabwiye Mitsutsu nyuma y’uko amwise indyarya, mu...

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

by radiotv10
04/02/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo icy’ubwicanyi budaturutse ku bushake, wajuririye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo,...

Umunyarwenya 5k Etienne yambitse impeta umukunzi we nyuma y’igihe gito amugaragaje

Umunyarwenya 5k Etienne yambitse impeta umukunzi we nyuma y’igihe gito amugaragaje

by radiotv10
04/02/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye nka 5k Etienne wari uherutse kugaragaza umukunzi we, yamwambitse impeta amusaba ko bazashyingiranwa, arabimwemerera. Iki gikorwa...

IZIHERUKA

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya
IMYIDAGADURO

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

by radiotv10
07/02/2026
0

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

07/02/2026
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

07/02/2026
Ntiharamenyekana abari inyuma y’igitero cyagabwe aho abantu basengeraga muri Pakistan kigahitana benshi

Ntiharamenyekana abari inyuma y’igitero cyagabwe aho abantu basengeraga muri Pakistan kigahitana benshi

07/02/2026
When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

07/02/2026
AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

06/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.