Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) bwemeje ko bwamenyeshejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zari zikiri muri ubu butumwa zigiye gucyurwa.
Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na MONUSCO kuri iki Cyumweru tariki 08 Gashyantare 2026, yavuze ko “yamenyeshejwe n’Ubunyamabanga bw’Umuryango w’Abibumbye ko Afurika y’Epfo izacyura ingabo zayo zisigaye muri MONUSCO.”
Ubuyobozi bwa MONUSCO bwaboneyeho gushimira Guverinoma ya Afurika y’Epfo n’abaturage b’iki Gihugu, ku musanzu Ingabo zabo zatanze muri ubu butumwa bumaze imyaka myinshi.
Ubu butumwa bwa Loni buvuga ko Ingabo za Afurika y’Epfo zaranzwe n’ubwitange, ku buryo hari n’izasize ubuzima muri ubu butumwa bwo kubungabunga amahoro, buboneraho no guha icyubahiro abo bitabye Imana bari mu nshingano.
Iri tangazo rigakomeza rigira riti “MONUSCO izakomeza kugirana ibiganiro na Repubulika ya Afurika y’Epfo ku bibazo binini byo kubungabunga amahoro, harimo amasomo yize no gukomeza gushyigikira ibikorwa bigamije guteza imbere amahoro n’ituze.”
Ubuyobozi bw’ingabo ziri muri ubu butumwa, buvuga kandi ko buzakomeza gukorana n’Ubunyamabanga bw’Umuryango w’Abibumbye n’abafatanyabikorwa bireba kugira ngo impinduka nk’iki cyemezo cya Afurika y’Epfo cyo gucyura abasirikare bayo, zitazabangamira ubu butumwa.
Afurika y’Epfo igiye gucyura ingabo zayo zose zari muri MONUSCO, nyuma yuko muri Kamena umwaka ushize, izindi z’iki Gihugu zari mu butumwa bwa SADC (SAMIRDC), zitashye hamwe n’izindi zari muri Congo mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo, zatashye zinyujijwe mu Rwanda.
RADIOTV10











