Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwatesheje agaciro ubujurire bwa Shema Arnaud de Boscher uzwi nka Dj Toxxyk wari wajuririye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.
Ni icyemezo cyatangajwe kuri uyu wa Mbere tariki 09 Gashyantare 2026, n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, nyuma yuko mu cyumweru gishize rwari rwaburanishije ubujurure bwe.
DJ Toxxyk akurikiranyweho ibyaha birimo icy’ubwicanyi budaturutse ku bushake gishingiye ku kuba yaragonze umupolisi agahita ahasiga ubuzima.
Aregwa kandi icyaha cyo guhunga umaze guteza cyangwa se gukora impanuka, icyo gukoresha ibiyobyabwenge cyangwa se urusobe ry’ibiyobyabwenge, ndetse n’icyo kwanga ko bagusuzumisha ibyuma bipima ko wanyoye ibisindisha.
DJ Toxxyk watawe muri yombi tariki ya 21 Ukuboza 2025, nyuma yo kugonga umupolisi wari mu kazi, agahita yitaba Imana, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge tariki 21 Mutarama 2026, ariko nticyamunyura, ahita ajuririra Urwisumbuye.
Urubanza ku bujurire bwari bwatanzwe na Dj Toxxyk bwari bwaburanishijwe ku wa Gatatu w’icyumweru tariki 04 Gashyantare 2026, mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.
Mu iburanisha, uregwa yavuze ko atigeze ananiza ubutabera kuko yemeye bimwe mu byaha aregwa, nk’iki cy’ubwicanyi budaturutse ku bushake.
Uregwa n’umwunganizi we mu mategeko, bavuze ko urupfu rwa nyakwigendera rwaturutse ku mpanuka ikomeye yabayeho.
Umunyamategeko wa Dj Toxxyk yavuze kandi umuryango w’umukiliya we wasuye uwa nyakwigendera ukawusobanurira ibyabaye ko ari impanuka, ndetse ukanasaba imbabazi, kandi wazihawe.
Uregwa kandi yavugaga ko afite umwana muto yitaho uri mu rugo, ndetse n’ababyeyi be bari ku Mugabane w’u Burayi, barwaye, bityo asaba Urukiko kurekurwa.
Urukiko Rwisumbuye rwashingiye ku mpamvu zashingiweho n’Urukiko rwaburanishije mbere uru rubanza ku ifungwa ry’agateganyo, rwavuze ko hari impamvu zikomeye zituma uregwa akekwaho gukora ibyaha akekwaho, birimo nko kuba yaremeye ko yagonze uriya mupolisi, ndetse ibyaha aregwa bikaba bikomeye bihanishwa igifungo kiri hejuru y’imyaka itanu.

RADIOTV10










