Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abari gusangwamo COVID-19 mu Rwanda abenshi ni abanduye Omicron- Dr Ngamije

radiotv10by radiotv10
30/12/2021
in MU RWANDA
0
Abari gusangwamo COVID-19 mu Rwanda abenshi ni abanduye Omicron- Dr Ngamije
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije yatangaje hagendewe ku bipimo by’abari gusangwamo ubwandu bw’Icyorezo cya COVID-19, abenshi ari abafite ubwoko bwa Virus ya Omicron ikomeje guteza impungenge kubera uburyo ikwirakwira byihuse.

Dr Daniel Ngamije, yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 30 mu kiganiro n’itangazamakuru, kigamije gusobanura uko u Rwanda ruhagaze mu guhanga n’icyorezo cya COVID-19, na gahunda y’ikingira.

Iki kiganiro kibaye mu gihe mu masaha 24 yo kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Ukuboza 2021 mu Rwanda hagaragaye abantu 2 083 bashya banduye COVID-19.

Minisitiri w’ubuzima Dr Ngamije Daniel, yavuze ko hashingiwe ku bipimo birimo bifatwa muri iyi minsi, umubare munini w’abarimo kwandura Coronavirus, bandura iyo mu bwoko bwa Omicron.

Ubu bwoko bushya bwa Omicron bwagaragaye bwa mbere muri Afurika y’Epfo no mu bihugu byo muri ibi bice, buzwiho kuba bukwirakwira mu buryo bwihuse.

Yavuze ko ugereranyije n’umubare w’abanduraga mu kwezi gushize ku mpuzandengo ya 50 n’uyu munsi babarirwa mu bihumbi bibiri, biragaragaza ubwiyongere bukomeye bw’iki cyorezo.

Icyakora hashingiwe ku miterere y’uko abandura bahagaze, ntibiragera ku rwego rwo guteza impungenge kuko abaremba bakiri bacye.

Yaboneyeho gusaba abaturarwanda gukomeza kwitwararika, kuko bitavuze ko n’ubwo waba warahawe urukingo rushimangirautakwandura kandi ukanduza abandi.

Agaruka ku mpamvu z’urukingo rushimangira, Minisitiri Ngamije yavuze ko hashingiwe ku bushakashatsi bwakozwe ku bari barakingiwe mu mezi atatu, baje gusanga ubudahangarwa bw’umubiri wabo bumanuka, bityo bisaba ko urukingo rushimangira, mu rwego rwo kongera kuzamura ubudahangarwa bw’umuntu.

Agaruka ku bwitabire bw’abanyarwanda muri gahunda yo gukingira, Ministri w’ubuzima yavuze ko abantu ibihumbi 150 bamaze guhabwa urukingo rushimangira, bikagaragaza ko u Rwanda ruhagaze ku mwanya mwiza, ugereranyije n’ibindi bihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Kabeza: Akabari kitwa Wakanda kafashwe n’inkongi idasanzwe karashya karakongoka

Next Post

Haravugwa ubwiyunge hagati ya Papa Cyangwe na Rocky baherutse gutandukana

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa ubwiyunge hagati ya Papa Cyangwe na Rocky baherutse gutandukana

Haravugwa ubwiyunge hagati ya Papa Cyangwe na Rocky baherutse gutandukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.