Friday, March 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

radiotv10by radiotv10
20/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Umunyarwandakazi Madamu Louise Mushikiwabo; yavuze ko ari “umukandida wishimiye cyane” mu matora azahatanira gukomeza kuyobora uyu Muryango mu yindi manda.

Mushikiwabo yabitangaje mu kiganiro yagiranye na TV 5 Monde, cyari kiyobowe n’Umwanditsi mukuru w’iyi Televiziyo, Patrick Simonin wamubajije niba koko ari Umukandida uzahatana mu matora ataha azabera i Cambodge.

Louise Mushikiwabo, yamusubije agira ati “Yego rwose ndi Umukandida w’uzansimbura, Igihugu cyanjye cyamaze gutanga kandidatire yanjye.”

Avuga ko abizi neza ko hari abandi benshi ku isi bavuga Igifaransa bashobora kuyobora uyu muryango ariko ko ari “umwanya ukomeye cyane, rero twiteguye abandi bazahatana mu matora ataha.”

Yavuze ko hari abandi bakandida bamaze gutangwa n’Ibihugu byabo. Ati “Ndakeka hari nka batatu cyangwa bane, kandidatire zizemezwa tariki 15 Gicurasi uyu mwaka ubwo hazaba habaye Inama y’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, rero nihatabaho impinduka cyangwa amakosa, ndakeka ko tuzaba dufite abakandida benshi.”

Mushikiwabo avuga kandi ko kuba hari benshi bifuza guhatana muri ariya matora, bishimishije kuko bigaragaza gukura k’uyu Muryango. Ati “Rero ndi umukandida kandi wishimye cyane mu guhatanira indi manda.”

Madamu Louise Mushikiwabo atangaje ibi mu gihe muri iki cyumweru, u Rwanda rwatangiye ibikorwa byo kumushakira amajwi, aho bamwe mu bagize Guverinoma yarwo bari kujya mu Bihugu binyuranye bisanzwe ari ibinyamuryango bya OIF, bashyiriye Abakuru babyo ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame bubasaba gushyigikira kandidatire ye.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yerecyeje muri Djibouti, aho yakiriwe na Perezida w’iki Gihugu Ismaïl Omar Guelleh, amushyikiriza ubutumwa bw’Umukuru w’u Rwanda bumusaba gushyigikira kandidatire y’uyu mukandida warwo.

Uwo munsi kandi, Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire na we yari yerecyeje muri Mauritania, aho na we yakiriwe na Perezida w’iki Gihugu, Mohamed Ould Cheikh El Ghazouani, amushyikiriza ubutumwa nka buriya.

Ku wa Gatatu tariki 18 Werurwe kandi, Nelly Mukazayire yerecyeje muri Senegal, yakirwa na Perezida Bassirou Diomaye Faye; na we yashyikirije ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

Next Post

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

Related Posts

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

by radiotv10
20/03/2026
0

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango igaragaza ko uturere twa Gisagara, Nyamagabe na Kamonyi turi ku isonga mu kugira umubare munini w’abana...

What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

by radiotv10
20/03/2026
0

Every month, many girls and women have their period. A period is when blood comes out of the body through...

Washington’s diplomatic drift: power has replaced partnership and realpolitik

Washington’s diplomatic drift: power has replaced partnership and realpolitik

by radiotv10
19/03/2026
0

In the span of just one year, the United States has managed to unsettle allies, escalate conflict in the Middle...

Umupilote wa RwandAir agiye mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka 14 ayikorera

Umupilote wa RwandAir agiye mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka 14 ayikorera

by radiotv10
19/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Sosiyete y’u Rwanda y’Indege RwandAir, burashimira umupilote Tirefort Marcel Gabou wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, nyuma y’imyaka 14 akorera...

BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

by radiotv10
19/03/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yashyize hanze itangazo rihuriweho n’iki Gihugu, u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

IZIHERUKA

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga
AMAHANGA

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

by radiotv10
20/03/2026
0

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

20/03/2026
Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

20/03/2026
What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

20/03/2026
Emelyne wamenyekanye nka ‘Ishanga’ yageneye ubutumwa abakristu bagiye mu gitaramo gikomeje kuvugisha benshi

Emelyne wamenyekanye nka ‘Ishanga’ yageneye ubutumwa abakristu bagiye mu gitaramo gikomeje kuvugisha benshi

19/03/2026
Abanyamakuru ba televiziyo y’Abarusiya barashwe misile n’igisirikare cya Israel ubwo batangazaga amakuru live bararusimbuka

Abanyamakuru ba televiziyo y’Abarusiya barashwe misile n’igisirikare cya Israel ubwo batangazaga amakuru live bararusimbuka

19/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y'Amajyepfo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.