Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Gasogi Utd yabuze ku mukino wari kuyihuza na Rayon hahita hafatwa icyemezo

radiotv10by radiotv10
23/03/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Gasogi Utd yabuze ku mukino wari kuyihuza na Rayon hahita hafatwa icyemezo
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Gasogi United yabuze kuri Sitade mu mukino w’umunsi wa 25 wa Shampiyona wari kuyihuza na Rayon Sports; ihita iterwa mpaga y’ibitego 3-0, inacibwa amande ya 2 000 000 Frw.

Ibi byabaye kuri iki Cyumweru tariki 22 Werurwe 2026 ubwo iyi kipe ya Gasogi United yagombaga guhura na Rayon Sports kuri Sitade Amahoro ku isaha ya saa yine z’ijoro (22:00’).

Kubura kw’iyi kipe byari byatangiye kuvugwa mu masaha ya kare, aho amakuru avuga ko Perezida wayo, Kakoza Nkuriza Charles (KNC) yari yabujije abakinnyi kutitabira uyu mukino.

Uyu mukino wagombaga kubera kuri Sitade ya Kigali i Nyamiramo (Pele Stadium), uza kwimurirwa kuri Sitade Amahoro, aho wagombaga gukinwa nyuma y’umukino wari wabanje wa CAF Champions League wahuje ikipe ya Al-Hilal na RS Berkane.

Uyu mushoramari akaba na nyiri iyi kipe KNC avuga ko itamenyesherejwe ku gihe, bityo ko ari yo mpamvu batagombaga gukina uyu mukino.

Ubwo isaha uyu mukino wagombaga gutangiriraho yageraga, ikarengaho iminota yateganyijwe, iyi kipe ya Gasogi United yatewe mpaga, ndetse ikazanacibwa amande ya miliyoni 2 Frw nk’uko biteganywa n’itegeko.

Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Premier League, Karangwa Jules, mu kiganiro n’itangazamakuru yavuze icyemezo cyo gutera mpaga Gasogi United gishingiye ku mategeko, ashimangira ko iyi kipe yamenyeshejwe iby’uyu mukino mu buryo busanzwe.

Yagize ati “Itegeko riteganya ko ikipe itageze ku kibuga iterwa mpaga, ikanacibwa amande ya miliyoni 2 Frw. Ntabwo tubereyeho kwica amategeko ahubwo tubereyeho kuyubahiriza.”

Mbere yuko uyu mukino uba, KNC yari yatangaje ubutumwa ko bagomba guharanira uburenganzira bwabo kuko batabikoze ntawundi wabibakorera.

Yagize ati “Nudaharanira uburenganzira bwawe, ntawundi uzabuharanira. Hagarara ku ijambo ryawe, kabone nubwo byatuma wibura.”

Na nyuma y’uku guterwa mpaga kw’ikipe ye kandi, KNC na bwo yongeye kugaragaza ko ibya bakoze byari bikwiye, mu butumwa yageneye aakunzi ba Gasogi.

Yagize ati “Uburenganzira bwacu bushingiye ku mategeko, kandi ntihabayeho kurivogera nubwo bakunze kuryirengagiza.”

KNC yakomeje avuga ko bagomba guharanira ko ububasha butandukanywa no kuba ibintu bigomba kunyura mu mucyo.

Ati “Uyu munsi ni intangiriro y’urugendo rwacu mu by’amategeko rwo gukemura akarengane gakorerwa ikipe yacu. Iki gikorwa kirenze umuryango wacu; ni ukwiyemeza gukomeza icyiza.”

KNC yaboneyeho gusaba abakunzi b’iyi kipe ya Gasogi, gukomeza kuba inyuma y’iyi kipe yabo mu rugendo rwo gusaba kurenganurwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 15 =

Previous Post

Urubyiruko rwo mu Muryango FPR-Inkotanyi rwibukijwe ingeso rugomba kugendera kure

Next Post

Umuhanda uhuza Amajyepfo n’Iburengerazuba wongeye kutaba nyabagendwa ku nshuro ya kabiri

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Umuhanda uhuza Amajyepfo n’Iburengerazuba wongeye kutaba nyabagendwa ku nshuro ya kabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.