• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Gasogi Utd yabuze ku mukino wari kuyihuza na Rayon hahita hafatwa icyemezo

radiotv10by radiotv10
23/03/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Gasogi Utd yabuze ku mukino wari kuyihuza na Rayon hahita hafatwa icyemezo
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Gasogi United yabuze kuri Sitade mu mukino w’umunsi wa 25 wa Shampiyona wari kuyihuza na Rayon Sports; ihita iterwa mpaga y’ibitego 3-0, inacibwa amande ya 2 000 000 Frw.

Ibi byabaye kuri iki Cyumweru tariki 22 Werurwe 2026 ubwo iyi kipe ya Gasogi United yagombaga guhura na Rayon Sports kuri Sitade Amahoro ku isaha ya saa yine z’ijoro (22:00’).

Kubura kw’iyi kipe byari byatangiye kuvugwa mu masaha ya kare, aho amakuru avuga ko Perezida wayo, Kakoza Nkuriza Charles (KNC) yari yabujije abakinnyi kutitabira uyu mukino.

Uyu mukino wagombaga kubera kuri Sitade ya Kigali i Nyamiramo (Pele Stadium), uza kwimurirwa kuri Sitade Amahoro, aho wagombaga gukinwa nyuma y’umukino wari wabanje wa CAF Champions League wahuje ikipe ya Al-Hilal na RS Berkane.

Uyu mushoramari akaba na nyiri iyi kipe KNC avuga ko itamenyesherejwe ku gihe, bityo ko ari yo mpamvu batagombaga gukina uyu mukino.

Ubwo isaha uyu mukino wagombaga gutangiriraho yageraga, ikarengaho iminota yateganyijwe, iyi kipe ya Gasogi United yatewe mpaga, ndetse ikazanacibwa amande ya miliyoni 2 Frw nk’uko biteganywa n’itegeko.

Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Premier League, Karangwa Jules, mu kiganiro n’itangazamakuru yavuze icyemezo cyo gutera mpaga Gasogi United gishingiye ku mategeko, ashimangira ko iyi kipe yamenyeshejwe iby’uyu mukino mu buryo busanzwe.

Yagize ati “Itegeko riteganya ko ikipe itageze ku kibuga iterwa mpaga, ikanacibwa amande ya miliyoni 2 Frw. Ntabwo tubereyeho kwica amategeko ahubwo tubereyeho kuyubahiriza.”

Mbere yuko uyu mukino uba, KNC yari yatangaje ubutumwa ko bagomba guharanira uburenganzira bwabo kuko batabikoze ntawundi wabibakorera.

Yagize ati “Nudaharanira uburenganzira bwawe, ntawundi uzabuharanira. Hagarara ku ijambo ryawe, kabone nubwo byatuma wibura.”

Na nyuma y’uku guterwa mpaga kw’ikipe ye kandi, KNC na bwo yongeye kugaragaza ko ibya bakoze byari bikwiye, mu butumwa yageneye aakunzi ba Gasogi.

Yagize ati “Uburenganzira bwacu bushingiye ku mategeko, kandi ntihabayeho kurivogera nubwo bakunze kuryirengagiza.”

KNC yakomeje avuga ko bagomba guharanira ko ububasha butandukanywa no kuba ibintu bigomba kunyura mu mucyo.

Ati “Uyu munsi ni intangiriro y’urugendo rwacu mu by’amategeko rwo gukemura akarengane gakorerwa ikipe yacu. Iki gikorwa kirenze umuryango wacu; ni ukwiyemeza gukomeza icyiza.”

KNC yaboneyeho gusaba abakunzi b’iyi kipe ya Gasogi, gukomeza kuba inyuma y’iyi kipe yabo mu rugendo rwo gusaba kurenganurwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Urubyiruko rwo mu Muryango FPR-Inkotanyi rwibukijwe ingeso rugomba kugendera kure

Next Post

Umuhanda uhuza Amajyepfo n’Iburengerazuba wongeye kutaba nyabagendwa ku nshuro ya kabiri

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Umuhanda uhuza Amajyepfo n’Iburengerazuba wongeye kutaba nyabagendwa ku nshuro ya kabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.