Ikipe ya Gasogi United yabuze kuri Sitade mu mukino w’umunsi wa 25 wa Shampiyona wari kuyihuza na Rayon Sports; ihita iterwa mpaga y’ibitego 3-0, inacibwa amande ya 2 000 000 Frw.
Ibi byabaye kuri iki Cyumweru tariki 22 Werurwe 2026 ubwo iyi kipe ya Gasogi United yagombaga guhura na Rayon Sports kuri Sitade Amahoro ku isaha ya saa yine z’ijoro (22:00’).
Kubura kw’iyi kipe byari byatangiye kuvugwa mu masaha ya kare, aho amakuru avuga ko Perezida wayo, Kakoza Nkuriza Charles (KNC) yari yabujije abakinnyi kutitabira uyu mukino.
Uyu mukino wagombaga kubera kuri Sitade ya Kigali i Nyamiramo (Pele Stadium), uza kwimurirwa kuri Sitade Amahoro, aho wagombaga gukinwa nyuma y’umukino wari wabanje wa CAF Champions League wahuje ikipe ya Al-Hilal na RS Berkane.
Uyu mushoramari akaba na nyiri iyi kipe KNC avuga ko itamenyesherejwe ku gihe, bityo ko ari yo mpamvu batagombaga gukina uyu mukino.
Ubwo isaha uyu mukino wagombaga gutangiriraho yageraga, ikarengaho iminota yateganyijwe, iyi kipe ya Gasogi United yatewe mpaga, ndetse ikazanacibwa amande ya miliyoni 2 Frw nk’uko biteganywa n’itegeko.
Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Premier League, Karangwa Jules, mu kiganiro n’itangazamakuru yavuze icyemezo cyo gutera mpaga Gasogi United gishingiye ku mategeko, ashimangira ko iyi kipe yamenyeshejwe iby’uyu mukino mu buryo busanzwe.
Yagize ati “Itegeko riteganya ko ikipe itageze ku kibuga iterwa mpaga, ikanacibwa amande ya miliyoni 2 Frw. Ntabwo tubereyeho kwica amategeko ahubwo tubereyeho kuyubahiriza.”
Mbere yuko uyu mukino uba, KNC yari yatangaje ubutumwa ko bagomba guharanira uburenganzira bwabo kuko batabikoze ntawundi wabibakorera.
Yagize ati “Nudaharanira uburenganzira bwawe, ntawundi uzabuharanira. Hagarara ku ijambo ryawe, kabone nubwo byatuma wibura.”
Na nyuma y’uku guterwa mpaga kw’ikipe ye kandi, KNC na bwo yongeye kugaragaza ko ibya bakoze byari bikwiye, mu butumwa yageneye aakunzi ba Gasogi.
Yagize ati “Uburenganzira bwacu bushingiye ku mategeko, kandi ntihabayeho kurivogera nubwo bakunze kuryirengagiza.”
KNC yakomeje avuga ko bagomba guharanira ko ububasha butandukanywa no kuba ibintu bigomba kunyura mu mucyo.
Ati “Uyu munsi ni intangiriro y’urugendo rwacu mu by’amategeko rwo gukemura akarengane gakorerwa ikipe yacu. Iki gikorwa kirenze umuryango wacu; ni ukwiyemeza gukomeza icyiza.”
KNC yaboneyeho gusaba abakunzi b’iyi kipe ya Gasogi, gukomeza kuba inyuma y’iyi kipe yabo mu rugendo rwo gusaba kurenganurwa.
RADIOTV10










