Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Muhanga- Ngororero- Mukamira, utari wongera kuba nyabagendwa, nyuma y’umunsi umwe itangaje ko kubera imvura nyinshi, utari gukoreshwa.
Byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Werurwe 2026.
Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, bwunganira itangazo ryatanzwe na Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Mbere, ACP Rutikanga yagize ati “Kuri iri tangazo, nta kirahinduka. Inama mwagiriwe murasabwa gukomeza kuzikurikiza.”
Itangazo ryari ryatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 23 Werurwe, Polisi y’u Rwanda yari yagize iti “Turabamenyesha ko kubera imvura nyinshi umuhanda RN11, Muhanga – Ngororero – Mukamira ubu udakoreshwa.”
Ryakomezaga rigira riti “Muragirwa inama yo gukoresha umuhanda Mukamira – Musanze – Kigali cyangwa Muhanga – Kigali – Musanze- Mukamira na Muhanga – Rubengera- Rutsiro – Rubavu. Ruti “Abapolisi barahari kugira ngo babayobore”
Ni ku nshuro ya kabiri muri uku kwezi uyu muhanda ugize ikibazo, kuko n’imvura nyinshi yaguye tariki 08 Werurwe 2026, na yo yari yatumye umara umunsi umwe utari nyabagendwa.
RADIOTV10








