Nyuma y’umunsi umwe Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame agiriye uruzinduko muri Tanzania, Perezida William Ruto wa Kenya na we aratangira urw’iminsi ibiri muri iki Gihugu, ruzarangwa n’ibikorwa binyuranye birimo n’ibiganiro na we azagirana na Madamu Samia Suluhu Hassan.
Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Tanzania, Perezida William Ruto ategerejwe kugera muri Tanzania kuri uyu wa Mbere tariki 04 Gicurasi 2026, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Tanzania, biravuga ko uru ruzinduko rugamije guteza imbere umubano usanzwe uri hagati y’ibi Bihugu by’ibituranyi, binahurira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.
Perezida Ruto aragirana ibiganiro na mugenzi we wa Tanzania, Madamu Samia Suluhu Hassan, bibumburira ibiganiro byo ku rwego rwo hejuru biguza amatsinda y’Ibihugu byombi.
Iri tangazo rigira riti “Ibiganiro biribanda ku gushimangira ubuvandimwe ndetse n’imikoranire y’ingenzi isanzwe hagati ya Tanzania na Kenya.”
Ibi biganiro bihuza impande zombi, biribanda ku guha imbaraga imikoranire n’ubufatanye mu nzego zinyuranye zirimo ubucuruzi, ishoramari, ibikorwa remezo, ndetse n’ubwikorezi.
Abakuru b’Ibihugu byombi kandi barayobora umuhango w’isinywa ry’amasezerano y’imikoranire mashya, ndetse n’andi asanzweho avugururwa, hagamijwe kwagura imikoranire mu by’ubukungu n’imibanire mu bya dipolomasi.
Biteganyijwe kandi ko Perezida Ruto aza kwitabira Ihuriro ry’Ubucuruzi rizahuriza hamwe abashoramari n’abayobozi b’ibikorwa by’ubucuruzi bikomeye muri Tanzania no muri Kenya, bigamije kurebera hamwe amahirwe mashya ari mu bucuruzi.
Nanone kandi kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, Perezida William Ruto azageza ijambo ku bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Tanzania muri Dodoma, mbere yuko asubira mu Gihugu cye cya Kenya.
Ruto agiye muri Tanzania nyuma y’umunsi umwe Perezida Kagame avuyeyo
Uru ruzinduko rwa Perezida William Ruto rubaye nyuma y’umunsi umwe Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame na we asuye Igihugu cya Tanzania, aho yaganiriye na mugenzi we Madamu Samia Suluhu Hassan, ndetse bombi banayobora umuhango w’isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’Ibihugu byombi.
Abasesenguzi mu bya politiki, bemeza ko Tanzania ari Igihugu cy’umufatanyabikorwa mu bukungu n’ubucuruzi mu karere, dore ko uretse kuba gifite isoko ryagutse kubera ubwinshi bw’abagituye, gifite ibyambu byo ku nyanja.
Umusesenguzi Alexis Nizeyimana avuga kandi ko ukurikije uko ibibazo by’ubukungu byifashe ku Isi, Ibihugu byo mu karere bikwiye guhuza imbaraga, kugira ngo byishakemo ibisubizo.
Avuga ko 70% by’ibicuruzwa biva hanze byinjira mu Rwanda n’ibisohoka, binyuzwa ku byambu byo muri Tanzania, ku buryo iki Gihugu ari umufatanyabikorwa ukomeye w’u Rwanda, dore bisanzwe binafitanye umushinga ugitegerejwe w’inzira ya Gari ya moshi.
Ati “Tugeze mu gihe gutwara ibintu byabaye ikibazo kubera intambara tudafitemo uruhare ziri ahaturuka ibikomoka kuri peteroli. Birasaba ko mu buryo bwo gukorana abantu baza no kumva ikihutirwa kuri buri ruhande […] muri ibi bihe noneho si ugutwara ibintu gusa bisanzwe ni n’ibikoreshwa mu kubitwara. Hari ugutwara Peteroli ubwayo, ariko peteroli ni na yo ikoreshwa mu gutwara ibindi bisigaye.”
Uyu musesenguzi agendeye ku ijambo ryavuzwe na Perezida Madamu Samia Suluhu Hassan ko ibicuruzwa bijya mu Rwanda, bigomba kuzajya bihabwa umwihariko, yavuze ko ibi ari umusaruro wa ruriya ruzinduko rw’Umukuru w’u Rwanda.
RADIOTV10










