Saturday, May 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

radiotv10by radiotv10
09/05/2026
in MU RWANDA
0
Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Rwanza, Umurenge wa Save mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bafite impungenge z’umutekano muke baterwa n’umugabo witwa Nzabirinda Alphonse wo mu Mudugudu wa Karambo, bavuga ko akekwaho ibikorwa by’urugomo, ubujura n’ihohoterwa bikomeje gutera ubwoba abaturage.

Aba baturage bavuga ko mu mpera z’icyumweru gishize, uyu mugabo yatwaye umwana w’umuturanyi we uri mu kigero cy’imyaka 10, akamumarana iminsi abaturage n’inzego z’umutekano bamushakisha. Uwo mwana yaje kuboneka ari muzima nyuma y’ubufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano, gusa uwo bakeka muri icyo gikorwa ntiyahise afatwa.

Umwe mu baturage bo muri aka gace yavuze ko ibikorwa by’uyu mugabo bimaze igihe bivugwa muri aka gace.

Ati: “Hari abo afata akabakubita, akabambura ibyo bafite ndetse akabakomeretsa. Hari n’abo bavuga ko yabasambanyije ku ngufu nyuma yo kubambura.”

Umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 20 wo mu Kagari ka Rwanza, mu Mudugudu wa Karambo, avuga ko yahuye na we ari kumwe n’umuhungu mu masaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, maze uwo Nzabirinda ahita atema ukuboko uwo muhungu bari bari kumwe, ubundi ahita asambanya uwo mukobwa, ndetse ngo anabambura ibyo bari bafite byose.

Undi muturage yavuze ko abaturage batagifite umutekano usesuye kubera ibikorwa bavuga ko bikorwa n’uyu mugabo.

Ati “Twifuza ko yafatwa agashyikirizwa ubutabera kuko ibikorwa bye bikomeje kudutera ubwoba. Iyo bwije abaturage baba bafite impungenge zo gutembera kuko yambura abantu ibyo bafite.”

Undi na we yavuze ko hari amakenga ko uyu mugabo ashobora kuba afite abo bakorana.

Ati “Ntitwumva uburyo umuntu akora ibi bikorwa akabasha kongera kugaruka muri uyu mudugudu ntafashwe. Dukeka ko hari ababa bamufasha cyangwa bakamuhishira.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yavuze ko inzego za Polisi ziri gushakisha uyu Nzabirinda Alphonse kugira ngo afatwe ashyikirizwe ubutabera.

Yagize ati “Uwo muturage ushyirwa mu majwi mu bikorwa binyuranyije n’amategeko, amakuru yatanzwe n’abaturage bavuga ko afite imyitwarire mibi ishingiye ku ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge. Polisi ku bufatanye n’izindi nzego iri kumushakisha kugira ngo afatwe akurikiranwe kuri ibyo bikorwa byose avugwaho.”

Polisi kandi irasaba abaturage gukomeza gutanga amakuru ku gihe ndetse no gukomeza gukorana n’inzego zitandukanye mu gukumira ibyaha.

Abaturage bavuga ko uriya mugabo abarembeje

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Ibaruwa y’umwarimu ushinja Diregiteri w’ishuri kumukubitira imbere ya bagenzi be

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Ibaruwa y’umwarimu ushinja Diregiteri w’ishuri kumukubitira imbere ya bagenzi be

by radiotv10
08/05/2026
0

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri (GS) Gatagara mu Karere ka Nyabihu yatanze ikirego mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, aregamo umuyobozi w’iri...

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/05/2026
0

Abana babiri b’abakobwa biga mu Ishuri EAV Gitwe ryo mu Karere ka Ngoma, batawe muri yombi nyuma yo gukubita umukozi...

Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima

Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima

by radiotv10
08/05/2026
0

Ku musozi uzwi nka Mont Kigali uherereye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, hapfiriye...

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo bashimiwe umuhate n’ubwitange byabaranze

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo bashimiwe umuhate n’ubwitange byabaranze

by radiotv10
08/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu mujyi wa Malakal muri Sudani y’Epfo, bwambitse imidali y’ishimwe Abapolisi b’u Rwanda 160 bagize itsinda...

The Truth About “Being Your Own Boss” That No One Tells You

The Truth About “Being Your Own Boss” That No One Tells You

by radiotv10
08/05/2026
0

For many young people today, especially in fast-growing cities like Kigali, “being your own boss” has become more than just...

IZIHERUKA

Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje
MU RWANDA

Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

by radiotv10
09/05/2026
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Ibaruwa y’umwarimu ushinja Diregiteri w’ishuri kumukubitira imbere ya bagenzi be

08/05/2026
Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Uko Minisitiri Utumatwishima yakiranuye impaka zazamukiye ku mushinga w’umwe mu rubyiruko wagize imbogamizi

08/05/2026
The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

08/05/2026
Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

08/05/2026
Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

08/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

Ibaruwa y’umwarimu ushinja Diregiteri w’ishuri kumukubitira imbere ya bagenzi be

Uko Minisitiri Utumatwishima yakiranuye impaka zazamukiye ku mushinga w’umwe mu rubyiruko wagize imbogamizi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.