• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

radiotv10by radiotv10
08/05/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Abana babiri b’abakobwa biga mu Ishuri EAV Gitwe ryo mu Karere ka Ngoma, batawe muri yombi nyuma yo gukubita umukozi ushinzwe imyitwarire y’abakobwa (Animatrice) muri iri shuri, bakamukomeretsa mu mutwe.

Iki gikorwa cy’urugomo gikekwa kuri aba bana, cyabaye mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kane tariki indwi Gicurasi 2026 mu Murenge wa Rukira ahaherereye iri shuri.

Amakuru avuga ko aba bakobwa bombi biga mu mwaka wa gatandatu bakaba bafite imyaka 20, bakubise umukoropesho Animatrice bamuziza ko yabatanzeho amakuru ku babyeyi babo, ko bafite imyitwarire mibi.

Aba bakobwa babiri bafashwe ku bufatanye bw’inzego z’ibanze n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, bakimara gukubita uwo muyobozi, bahise batoroka nk’uko byemezwa n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukira, Buhiga Josue.

Uyu muyobozi avuga ko bakimara kumenya iby’iki kibazo “Twahise tujyayo dusangaga koko Animatrice yakomerekejwe cyane, dusanga abo bana bahise banatoroka muri iryo joro.”

Avuga ko hahise hatangira ibikorwa byo kubashakisha, ndetse baza gufatwa, ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ubu bakaba bafungiye kuri sitasiyo y’uru Rwego ya Rukira. Ati “Twarabashakishije rero dufatanyije na RIB turabafata.”

Buhiga Josue avuga ko ubuyobozi bwahise bunaganiriza abanyeshuri biga muri ririya shuri, bubasaba kurangwa n’imyitwarire iboneye, bunabibutsa ko icyabazanye ari amasomo, atari uguhangana n’abarezi.

Ati “Icyo twavuga ni uko ababyeyi bakwiriye kujya baganiriza abana babo, bakirinda guharira inshingano zo kurera abayobozi b’ikigo. Ubuzima bw’imyigire y’abana bushingiye ku myitwarire myiza kandi ntabwo bureba abayobozi b’ikigo gusa, namwe ababyeyi birabareba dufatanye kurera kuko aba bana nibo bazavamo abayobozi b’ejo hazaza.’’

Aba bana b’abakobwa, bakubise Animatrice nyuma yo guhengera abandi bagiye kuryama, ubundi bo bamusanga aho acumbitse bamukubita umukoropesho mu mutwe baramukomeretsa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 17 =

Previous Post

Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima

Next Post

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.