Friday, May 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

radiotv10by radiotv10
08/05/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Abana babiri b’abakobwa biga mu Ishuri EAV Gitwe ryo mu Karere ka Ngoma, batawe muri yombi nyuma yo gukubita umukozi ushinzwe imyitwarire y’abakobwa (Animatrice) muri iri shuri, bakamukomeretsa mu mutwe.

Iki gikorwa cy’urugomo gikekwa kuri aba bana, cyabaye mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kane tariki indwi Gicurasi 2026 mu Murenge wa Rukira ahaherereye iri shuri.

Amakuru avuga ko aba bakobwa bombi biga mu mwaka wa gatandatu bakaba bafite imyaka 20, bakubise umukoropesho Animatrice bamuziza ko yabatanzeho amakuru ku babyeyi babo, ko bafite imyitwarire mibi.

Aba bakobwa babiri bafashwe ku bufatanye bw’inzego z’ibanze n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, bakimara gukubita uwo muyobozi, bahise batoroka nk’uko byemezwa n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukira, Buhiga Josue.

Uyu muyobozi avuga ko bakimara kumenya iby’iki kibazo “Twahise tujyayo dusangaga koko Animatrice yakomerekejwe cyane, dusanga abo bana bahise banatoroka muri iryo joro.”

Avuga ko hahise hatangira ibikorwa byo kubashakisha, ndetse baza gufatwa, ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ubu bakaba bafungiye kuri sitasiyo y’uru Rwego ya Rukira. Ati “Twarabashakishije rero dufatanyije na RIB turabafata.”

Buhiga Josue avuga ko ubuyobozi bwahise bunaganiriza abanyeshuri biga muri ririya shuri, bubasaba kurangwa n’imyitwarire iboneye, bunabibutsa ko icyabazanye ari amasomo, atari uguhangana n’abarezi.

Ati “Icyo twavuga ni uko ababyeyi bakwiriye kujya baganiriza abana babo, bakirinda guharira inshingano zo kurera abayobozi b’ikigo. Ubuzima bw’imyigire y’abana bushingiye ku myitwarire myiza kandi ntabwo bureba abayobozi b’ikigo gusa, namwe ababyeyi birabareba dufatanye kurera kuko aba bana nibo bazavamo abayobozi b’ejo hazaza.’’

Aba bana b’abakobwa, bakubise Animatrice nyuma yo guhengera abandi bagiye kuryama, ubundi bo bamusanga aho acumbitse bamukubita umukoropesho mu mutwe baramukomeretsa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

The Truth About “Being Your Own Boss” That No One Tells You

Related Posts

The Truth About “Being Your Own Boss” That No One Tells You

The Truth About “Being Your Own Boss” That No One Tells You

by radiotv10
08/05/2026
0

For many young people today, especially in fast-growing cities like Kigali, “being your own boss” has become more than just...

Minisitiri yagize icyo avuga kuri Gitifu wasize afungiye umusaza n’umukecuru mu Kagari akigira mu nama

Minisitiri yagize icyo avuga kuri Gitifu wasize afungiye umusaza n’umukecuru mu Kagari akigira mu nama

by radiotv10
07/05/2026
0

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dominique Habimana yanenze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Cyandaro mu Karere ka Gicumbi wasize afungiranye mu Kagari umusaza...

Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

by radiotv10
07/05/2026
0

Umunyamategeko Me Murangwa Faustin avuga ko nta mpaka zari zikwiye kuzamurwa n’abavuga ko batumva uburyo Dj Toxxyk yahawe ibihano bitarimo...

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

by radiotv10
07/05/2026
0

Urwego rw'u Rwanda Rushinzwe Igororero (RCS) rwasobanuye birambuye iby’urupfu rwa Karasira Aimable Uzaramba wari umaze imyaka itanu afunze, akaba yitabye...

Polisi yavuze igikekwaho gutera impanuka y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi zagonganye

Polisi yavuze igikekwaho gutera impanuka y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi zagonganye

by radiotv10
07/05/2026
0

Mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, habereye impanuka y’imodoka itwara abagenzi ya minibus yajyaga i Rubavu yagonganye na...

IZIHERUKA

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB
MU RWANDA

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/05/2026
0

The Truth About “Being Your Own Boss” That No One Tells You

The Truth About “Being Your Own Boss” That No One Tells You

08/05/2026
Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

08/05/2026
Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

08/05/2026
Minisitiri yagize icyo avuga kuri Gitifu wasize afungiye umusaza n’umukecuru mu Kagari akigira mu nama

Minisitiri yagize icyo avuga kuri Gitifu wasize afungiye umusaza n’umukecuru mu Kagari akigira mu nama

07/05/2026
Nyuma y’ububiko bw’intwaro bwahiye ikindi gikorwa cyafashwe n’inkongi i Bujumbura mu Burundi

Nyuma y’ububiko bw’intwaro bwahiye ikindi gikorwa cyafashwe n’inkongi i Bujumbura mu Burundi

07/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

The Truth About “Being Your Own Boss” That No One Tells You

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.