Friday, May 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igihugu cya Botswana cyagize ibyago gipfusha uwakibereye Perezida

radiotv10by radiotv10
08/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igihugu cya Botswana cyagize ibyago gipfusha uwakibereye Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Botswana, Duma Boko yatangaje iki Gihugu kinjiye mu cyunamo ku bw’urupfu rwa Festus Mogae na we wabaye Umukuru w’iki Gihugu.

Festus Mogae wahoze ari Perezida wa Botswana, yitabye Imana ku myaka 86, nk’uko byemejwe none ku wa Gatanu tariki 08 Gicurasi 2026.

Perezida wa Botswana Duma Boko, yagize ati “Uyu munsi Botswana iri mu cyunamo ku umunyapolitiki ukomeye kandi ukunda Igihugu cye, ubuzima bwe bwari bushingiye ku gukorera igihugu cye.”

Uyu munyapolitiki wahoze ari Perezida, yayoboye Botswana kuva mu 1998 kugeza mu 2008, yitabye Imana nyuma y’igihe afite uburwayi.

Mu itangazo ryasohotse mu kwezi gushize, Guverinoma yavuze ko yari arimo kuvurirwa mu bitaro byo mu murwa mukuru, Gaborone, gusa ntihatangajwe amakuru arambuye ku burwayi bwe.

Mogae, yabaye Perezida wa gatatu w’iki Gihugu, ashimirwa cyane kuba yarubatse ubukungu bwacyo ndetse no gushyiraho gahunda z’imiyoborere ihamye muri Botswana mu gihe cy’iterambere ryihuse ryatewe n’amafaranga yinjizwaga na diyama yo muri iki Gihugu.

Mbere yo kuba Perezida, Festus Mogae yagize imyanya ikomeye muri Guverinoma ya Botswana, nko kuba yarabaye Minisitiri w’Imari ndetse na Visi Perezida.

Ashimirwa kandi kuba yarayoboye ingamba za Botswana zo kurwanya icyorezo cya SIDA. Icyo gihe, Igihugu cye cyari kimwe mu Bihugu byari bifite abantu benshi ku Isi bafite ubwandu bw’iyi ndwara, ariko gahunda yashyizeho zagize uruhare rukomeye mu kugabanya imibare y’abandura bashya.

Na na nyuma yo kuva ku butegetsi, Festus Mogae yakomeje kugira uruhare mu guhangana n’iyi ndwara ku Mugabane wa Afurika, abinyujije mu bikorwa by’ubuvugizi bwashishikarizaga kubona imiti igabanya ubukana, no gushyiraho ingamba zo kwirinda ubwandu bushya, no kurwanya ko ababyeyi bayirwaye banduza abo babyara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 10 =

Previous Post

Key facts to know about Hantavirus raising global concern

Related Posts

Key facts to know about Hantavirus raising global concern

Key facts to know about Hantavirus raising global concern

by radiotv10
08/05/2026
0

Key facts Hantaviruses are a group of viruses carried by rodents that can cause severe disease in humans. People usually...

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

by radiotv10
08/05/2026
0

Umunyapolitiki Tibor Nagy wahoze ari Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Afurika, yavuze ko yicuza cyane kuba...

Umubyeyi ari mu byishimo nyuma y’imyaka 12 ategereje urubyaro

Umubyeyi ari mu byishimo nyuma y’imyaka 12 ategereje urubyaro

by radiotv10
08/05/2026
0

Umubyeyi wo muri Leta ya Harari muri Ethiopia, yibarutse impanga z’abana batanu icyarimwe, nyuma y’imyaka 12 yarabuze urubyaro, aho avuga...

Former U.S. Official Deeply Regrets Backing Tshisekedi’s First-Term Victory

Former U.S. Official Deeply Regrets Backing Tshisekedi’s First-Term Victory

by radiotv10
08/05/2026
0

Former U.S. Assistant Secretary of State for African Affairs, Tibor Nagy, has said he deeply regrets advocating for the U.S....

Nyuma y’ububiko bw’intwaro bwahiye ikindi gikorwa cyafashwe n’inkongi i Bujumbura mu Burundi

Nyuma y’ububiko bw’intwaro bwahiye ikindi gikorwa cyafashwe n’inkongi i Bujumbura mu Burundi

by radiotv10
07/05/2026
0

Isoko rya Kinama mu mujyi wa Bujumbura riri mu masoko akomeye mu Gihugu cy’u Burundi, ryafashwe n’inkongi y’umuriro, byinshi byarimo...

IZIHERUKA

Igihugu cya Botswana cyagize ibyago gipfusha uwakibereye Perezida
AMAHANGA

Igihugu cya Botswana cyagize ibyago gipfusha uwakibereye Perezida

by radiotv10
08/05/2026
0

Key facts to know about Hantavirus raising global concern

Key facts to know about Hantavirus raising global concern

08/05/2026
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo bashimiwe umuhate n’ubwitange byabaranze

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo bashimiwe umuhate n’ubwitange byabaranze

08/05/2026
Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

08/05/2026
Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

08/05/2026
Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

08/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igihugu cya Botswana cyagize ibyago gipfusha uwakibereye Perezida

Key facts to know about Hantavirus raising global concern

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo bashimiwe umuhate n’ubwitange byabaranze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.