• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igihugu cya Botswana cyagize ibyago gipfusha uwakibereye Perezida

radiotv10by radiotv10
08/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igihugu cya Botswana cyagize ibyago gipfusha uwakibereye Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Botswana, Duma Boko yatangaje iki Gihugu kinjiye mu cyunamo ku bw’urupfu rwa Festus Mogae na we wabaye Umukuru w’iki Gihugu.

Festus Mogae wahoze ari Perezida wa Botswana, yitabye Imana ku myaka 86, nk’uko byemejwe none ku wa Gatanu tariki 08 Gicurasi 2026.

Perezida wa Botswana Duma Boko, yagize ati “Uyu munsi Botswana iri mu cyunamo ku umunyapolitiki ukomeye kandi ukunda Igihugu cye, ubuzima bwe bwari bushingiye ku gukorera igihugu cye.”

Uyu munyapolitiki wahoze ari Perezida, yayoboye Botswana kuva mu 1998 kugeza mu 2008, yitabye Imana nyuma y’igihe afite uburwayi.

Mu itangazo ryasohotse mu kwezi gushize, Guverinoma yavuze ko yari arimo kuvurirwa mu bitaro byo mu murwa mukuru, Gaborone, gusa ntihatangajwe amakuru arambuye ku burwayi bwe.

Mogae, yabaye Perezida wa gatatu w’iki Gihugu, ashimirwa cyane kuba yarubatse ubukungu bwacyo ndetse no gushyiraho gahunda z’imiyoborere ihamye muri Botswana mu gihe cy’iterambere ryihuse ryatewe n’amafaranga yinjizwaga na diyama yo muri iki Gihugu.

Mbere yo kuba Perezida, Festus Mogae yagize imyanya ikomeye muri Guverinoma ya Botswana, nko kuba yarabaye Minisitiri w’Imari ndetse na Visi Perezida.

Ashimirwa kandi kuba yarayoboye ingamba za Botswana zo kurwanya icyorezo cya SIDA. Icyo gihe, Igihugu cye cyari kimwe mu Bihugu byari bifite abantu benshi ku Isi bafite ubwandu bw’iyi ndwara, ariko gahunda yashyizeho zagize uruhare rukomeye mu kugabanya imibare y’abandura bashya.

Na na nyuma yo kuva ku butegetsi, Festus Mogae yakomeje kugira uruhare mu guhangana n’iyi ndwara ku Mugabane wa Afurika, abinyujije mu bikorwa by’ubuvugizi bwashishikarizaga kubona imiti igabanya ubukana, no gushyiraho ingamba zo kwirinda ubwandu bushya, no kurwanya ko ababyeyi bayirwaye banduza abo babyara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − three =

Previous Post

Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

Next Post

Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima

Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.