Abanyekongo b’Abanyamulenge batangiye guhunga n’amatungo yabo bava mu gace ka Ruzizi nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangiye kuva muri aka gace ko muri Kivu y’Epfo, kubera ubwoba ko FARDC n’abambari bayo bahita bakigabiza bakabagirira nabi nk’uko byagenze muri Uvira.
Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda byumwihariko abo mu muryango w’Abanyamulenge, ni bamwe mu bakunze kwibasirwa cyane n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bufatanyije n’imitwe irimo FDLR.
Ni na ko bimeze muri iki gihe, aho ibice bikomeje kumishwamo ibisasu n’indege z’intambara za FARDC, birimo ibituyemo aba Banyekongo, bikanahitana inzirakarengane nyinshi.
Amakuru atangwa n’Umuryango Twirwaneho uharanira uburenganzira bw’aba Banyekongo b’Abanyamulenge, aravuga ko nyuma yuko ihuriro AFC/M23 ryiyemeje kurandura akarengane gakorerwa Abanyekongo, ritangiye gukura abarwanyi baryo mu gace ka Ruzizi, Abanyamulenge bahatuye batangiye gukiza amagara yabo n’ay’amatungo yabo.
Uyu muryango wagize uti “Abanyamulenge, hamwe n’amatungo yabo, barimo guhunga ikibaya cya Ruzizi nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva muri aka gace ko muri Kivu y’Epfo.”
Twirwaneho ikomeza ivuga ko “Igihe cyose AFC/M23 isubiye inyuma inzirakarengane z’Abanyamulenge, zihagirira ibibazo.”
Uyu muryango wakomeje ugaragaza urugero rw’ibyaye muri Uvira, ubwo abarwanyi ba AFC/M23 barekuraga aka gace, kagahita kigabizwa na FARDC, ifatanyije n’abambari bayo barimo umutwe w’iterabwoba wa FDLR, ndetse n’uwa Wazalendo.
Ati “Muri Uvira, inzu amagana y’Abanyamulenge, yarasenywe ndetse n’amashuri, amasoko n’insengezo biratwikwa, uyu munsi mu kibaya cya Ruzizi, amatungo y’Abanyamulenge ntafite aho yerecyeza.”
Uyu muryango wa Twirwaneho ufatanya n’Ihuriro AFC/M23 kurengera ubuzima bw’Abanyamulenge, uvuga ko kuva iyi ntambara iri kuba yatangira, 80% by’ubukungu bw’Abanyamulenge byashegeshwe mu buryo bukomeye.
RADIOTV10











