Monday, May 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

radiotv10by radiotv10
11/05/2026
in AMAHANGA
0
Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyekongo b’Abanyamulenge batangiye guhunga n’amatungo yabo bava mu gace ka Ruzizi nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangiye kuva muri aka gace ko muri Kivu y’Epfo, kubera ubwoba ko FARDC n’abambari bayo bahita bakigabiza bakabagirira nabi nk’uko byagenze muri Uvira.

Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda byumwihariko abo mu muryango w’Abanyamulenge, ni bamwe mu bakunze kwibasirwa cyane n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bufatanyije n’imitwe irimo FDLR.

Ni na ko bimeze muri iki gihe, aho ibice bikomeje kumishwamo ibisasu n’indege z’intambara za FARDC, birimo ibituyemo aba Banyekongo, bikanahitana inzirakarengane nyinshi.

Amakuru atangwa n’Umuryango Twirwaneho uharanira uburenganzira bw’aba Banyekongo b’Abanyamulenge, aravuga ko nyuma yuko ihuriro AFC/M23 ryiyemeje kurandura akarengane gakorerwa Abanyekongo, ritangiye gukura abarwanyi baryo mu gace ka Ruzizi, Abanyamulenge bahatuye batangiye gukiza amagara yabo n’ay’amatungo yabo.

Uyu muryango wagize uti “Abanyamulenge, hamwe n’amatungo yabo, barimo guhunga ikibaya cya Ruzizi nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva muri aka gace ko muri Kivu y’Epfo.”

Twirwaneho ikomeza ivuga ko “Igihe cyose AFC/M23 isubiye inyuma inzirakarengane z’Abanyamulenge, zihagirira ibibazo.”

Uyu muryango wakomeje ugaragaza urugero rw’ibyaye muri Uvira, ubwo abarwanyi ba AFC/M23 barekuraga aka gace, kagahita kigabizwa na FARDC, ifatanyije n’abambari bayo barimo umutwe w’iterabwoba wa FDLR, ndetse n’uwa Wazalendo.

Ati “Muri Uvira, inzu amagana y’Abanyamulenge, yarasenywe ndetse n’amashuri, amasoko n’insengezo biratwikwa, uyu munsi mu kibaya cya Ruzizi, amatungo y’Abanyamulenge ntafite aho yerecyeza.”

Uyu muryango wa Twirwaneho ufatanya n’Ihuriro AFC/M23 kurengera ubuzima bw’Abanyamulenge, uvuga ko kuva iyi ntambara iri kuba yatangira, 80% by’ubukungu bw’Abanyamulenge byashegeshwe mu buryo bukomeye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Umunyamategeko Gatete umaze iminsi afunze akekwaho ubwambuzi agarukanye ubutumwa

Related Posts

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

by radiotv10
08/05/2026
0

Umunyapolitiki Tibor Nagy wahoze ari Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Afurika, yavuze ko yicuza cyane kuba...

Igihugu cya Botswana cyagize ibyago gipfusha uwakibereye Perezida

Igihugu cya Botswana cyagize ibyago gipfusha uwakibereye Perezida

by radiotv10
08/05/2026
0

Perezida wa Botswana, Duma Boko yatangaje iki Gihugu kinjiye mu cyunamo ku bw’urupfu rwa Festus Mogae na we wabaye Umukuru...

Umubyeyi ari mu byishimo nyuma y’imyaka 12 ategereje urubyaro

Umubyeyi ari mu byishimo nyuma y’imyaka 12 ategereje urubyaro

by radiotv10
08/05/2026
0

Umubyeyi wo muri Leta ya Harari muri Ethiopia, yibarutse impanga z’abana batanu icyarimwe, nyuma y’imyaka 12 yarabuze urubyaro, aho avuga...

Former U.S. Official Deeply Regrets Backing Tshisekedi’s First-Term Victory

Former U.S. Official Deeply Regrets Backing Tshisekedi’s First-Term Victory

by radiotv10
08/05/2026
0

Former U.S. Assistant Secretary of State for African Affairs, Tibor Nagy, has said he deeply regrets advocating for the U.S....

Key facts to know about Hantavirus raising global concern

Key facts to know about Hantavirus raising global concern

by radiotv10
08/05/2026
1

Key facts Hantaviruses are a group of viruses carried by rodents that can cause severe disease in humans. People usually...

IZIHERUKA

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe
AMAHANGA

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

by radiotv10
11/05/2026
0

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Umunyamategeko Gatete umaze iminsi afunze akekwaho ubwambuzi agarukanye ubutumwa

11/05/2026
Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ko mugambi mubisha Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda

11/05/2026
Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

11/05/2026
Simple Table Manners Everyone Should Have

Simple Table Manners Everyone Should Have

10/05/2026
Amakipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 na 20 avanye ibikombe mu irushanwa ryaberaga Ethiopia

Amakipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 na 20 avanye ibikombe mu irushanwa ryaberaga Ethiopia

09/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

Umunyamategeko Gatete umaze iminsi afunze akekwaho ubwambuzi agarukanye ubutumwa

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ko mugambi mubisha Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.