Umuryango Human Rights Foundation (HRF) uharanira uburenganzira bwa muntu wibanda ku kurwanya ubutegetsi bw’igitugu, watangaje ko uhangayikishijwe n’ibiherutse gutangazwa na Perezida Félix Tshisekedi ko ashaka manda ya gatatu nyamara yaranagiye ku butegetsi habayeho uburiganya mu matora ya manda ya mbere, ukavuga ko aramutse akomeje kuyobora DRC byakomeza guteza akaga igi Gihugu.
Uyu muryango wabitangaje mu itangazo washyize hanze nyuma yuko Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ahamije umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga, kugira ngo akomeze gutegeka iki Gihugu.
Uyu muryango HRF watangaje ko “ihangayikishijwe n’ibyatangajwe y’umuyobozi wa DRC, Félix Tshisekedi, agaragaza ko ashishikajwe no kugumana ubutegetsi kurenza igihe giteganywa n’Itegeko Nshinga, ndetse n’igitekerezo cye cy’uko amatora yo mu 2028 muri icyo Gihugu ashobora gutinda kubera amakimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC.”
Uyu muryango kandi uvuga byaba bibabaje kuba Tshisekedi yaguma ku butegetsi nyamara yaranabugiyeho muri manda ya mbere abanje kwiba amajwi mu matora y’Umukuru w’Igihugu.
Uti “HRF ihangayikishijwe n’uko Tshisekedi wagiye ku butegetsi akabugumahomu matora ya mbere y’uburiganya, ari kuyobora Igihugu akiganira mu bibazo bya politiki, anakomeje gukora uburiganya kugira ngo abugumane mu buryo butemewe n’amategeko.”
Uyu Muryango utangaje ibi nyuma yuko Tibor Nagy wahoze ari Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Afurika, na we agaragaje izi mpungenge.
Mu butumwa yatanze mu cyumweru gishize, uyu munyapolitiki, yavuze ko yicuza cyane kuba yarasabye Igihugu cye gushyigikira Felix Tshisekedi nk’uwatsinze amatora ya 2018, nyamara yari abize neza ko atari yatsinze.
Tibor Nagy wavuze ko yari yizeye ko Tshisekedi azazana itandukaniro mu miyoborere ariko akaza gusanga yaribeshye cyane, yagize ati “Kimwe mu bintu nicuza kurusha ibindi nakoze ubwo nari Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Africa ni ukuba narasabye America ko ishyigikira Tshisekedi nk’uwatsinze amatora ya Congo yo muri 2018.”
Bamwe mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi muri DRC, na bo bahise bamaganira kure umugambi wa Tshisekedi wo guhindura Itegeko Nshinga, bavuga ko ibibazo iki Gihugu kirimo atari umwanya wo kwinjira muri ibi bikorwa.
RADIOTV10










